Inzobere z’abaganga b’Abanyamerika zigiye kumara iminsi 10 mu Rwanda zivura umwingo n’ibibari

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018, nibwo inzobere z’abaganga b’Abanyamerika basesekaye ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe, bakaba bazamara iminsi 10 mu Rwanda bavura umwingo n’ibibari. Aba baganga bazaba bavurira mu bitaro bya Gitwe biherereye mu karere ka Ruhango, ubuyobozi bwabyo bukavuga ko bizeye ko hari umubare munini w’abarwayi […]

Nyamasheke: Mu mirenge ya Kanjongo na Bushekeri hatoraguwe imbunda abaturage bahinga

Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko mu mirenge ya Kanjongo na Bushekeri mu karere ka Nyamasheke  gutoraguwe imbunda abaturage bahinga, ngo bikaba bigaragara ko aho zakuwe zahatabwe mu myaka ishize binagendanye n’ibihe igihugu cyanyuzemo, zikaba zitoraguwe hashize iminsi mike cyane no mu murenge wa Bushenge muri aka karere hatoraguwe gerenade mu gitsinsi cy’insina ubwo nanone […]

Bidasubirwaho, perezida Trump agiye guhura na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru

Perezida w’Amerika Donald Trump yatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Kamena aba yabonanye na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un bakaganira amaso ku maso ibyerekeye ibitwaro bya kirimbuzi. Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, perezida Donald Trump yagize ati “Niduhura bizaba ari ibihe bidasanzwe kuko tuzaganira ibintu bifitiye isi umumaro bigamije kuyigarurira amahoro.” Perezida […]

Kanyinya: Bifuza kubona imibiri y’ababo bishwe muri jenoside bakabashyingura mu cyubahiro

Ubwo abaturage bo mu murenge wa Kanyinya wo mu karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali, bibukaga ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, basabye ko bafashwa kubona imibiri y’ababo bishwe muri jenoside bagashyingura mu cyubahiro. Umuhango wo kwibuka wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, utangizwa n’urugendo rwo kwibuka nyuma haba ibiganiro n’ubuhamya bwatanzwe n’abaturage bari batuye […]

Umuhanzi Davido mu nzira zihagarika umuziki burundu

David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido akomoka mu gihugu cya Nigeriya yatangaje ko agiye guhagarika umuziki akareba ibindi yerekezamo mu gihe cya vuba. Ubwo yaganiraga n’itangzamakuru umuhanzi Davido wavutse 21 Ugushyingo 1992 kuri ubu ufite imyaka 25 yatangaje ko niyuzuza imyaka 30 azahita ahagarika umuziki burundu bivuzeko  yihaye igihe kingana n’imyaka 5 akora umuziki Yagize […]

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Rayon Sports yahagurutse hano mu Rwanda i saa tanu n’igice z’igicuku yerekeza i Dar Es Salam ho muri Tanzaniya kuri uyu wa 14 Gicurasi 2018 aho yahagurukanye abakinnyi 18 bazakurwamo abazakina na Young Africans mu marushanwa ya CAF Confederation cup ndetse abakinnyi bose bakaba bamaze kuhagera  Ni nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports inganyirije i […]

Umugore wa perezida Trump, Melania ari mu bitaro

Umugore wa perezida w’Amerika, Melania Trump ari mu bitaro aho agomba kumara iminsi 7 akurikiranwa n’abaganga ku ndwara y’impyiko. Melania w’imyaka 48 yoherejwe mu bitaro bya Walter Reed medical center biherereye mu mujyi wa Bethesda guhera kuwa mbere w’iki cyumweru, nyuma yo kubona ko impyiko ze zitameze neza, ubu akaba ari kugurikiranwa n’abaganga b’inzobere. Ikinyamakuru […]

Rubavu: Abayobozi bavuga ko hakiri aboshya abaturage kubyara bagamije kuzuza isi

Nyuma y’uko bigaragaye ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bikirangwamo ibibazo by’imirire mibi, abayobozi batandukanye bahagurukiye iki kibazo ndetse banashakisha uburyo cyacika burundu. Ni muri urwo rwego mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana mu Rwanda abaminisitiri barimo uw’ubuzima, Diane Gashumba ndetse na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Nyirasafari Esperance basuye abaturage ba […]

Burundi: Loni ibabajwe n’ubwicanyi bwahitanye abantu 26 mu Ntara ya Cibitoke

Intumwa idasanzwe mu Burundi y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Michel Kafando, atangaza ko bababajwe kandi banenga ubwicanyi bwakorewe abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke bugahitana abuzima bw’abantu 26. Ni ubwicanyi bwakozwe ku wa 11 Gicurasi 2018, abantu 26 bicishwa ibyuma n’amasasu, abandi benshi barakomereka. Mu itangazo iyi ntumwa ya Loni mu Burundi, yasohoye ku wa 12 […]

Nabyaranye na musaza wanjye, tubimenya nyuma ko tuva inda imwe kubera amakosa yakozwe n’ababyeyi bacu

Muraho neza, dushimishwa n’inama mutugira umunsi ku munsi, ni nayo mpamvu na njye nifuza ko munsangiza kuri ibyo bitekerezo by’isanamitima dore ko abenshi tuba twarumiwe. Nitwa Nikuze, iwacu ni mu karere ka Kicukiro, nashatse umugabo mu mwaka wa 2016, tubana ariko tudasezeranye, ubu mfite umwana w’imyaka ibiri ariko naje gutungurwa n’uko nabyaranye na musaza wanjye. […]

Meya wa Rusizi yeguye ‘gisukuti’, nyobozi y’udushya i Nyabihu irarembereye

Ku Cyumweru tariki ya 13 Gicurasi 2018, nibwo humvikanye iyegura rya Meya wa Rusizi, Harerimana Frederic, ariko yabyitwayemo gisukuti kuko atabihishe cyangwa ngo bimutere ipfunwe nk’abandi. Hari hashize kandi igihe gito, nyobozi yose ya Nyabihu na Gitifu wayo bakuyemo akabo karenge, nabo bakaba barakunze kurangwa n’udushya ab’ubu bita ‘kwinyuramo’. Harerimana Frederic yakuriye mu gisukuti. Yawubereye […]

Polisi igiye guha abaturage amashanyarazi inubake ibiro by’imidugudu mu cyumweru cyayihariwe

Uyu mwaka, icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kiratangira ku itariki ya 15 Gicurasi kizagere kuwa 16 Kamena, ubwo Polisi y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 18 imaze ishinzwe, uku kwezi kwahariwe ibikorwa byayo, guha abaturage amashanyari batishoboye kubaka ibiro by’imidugudu nibindi, kukaba gufite insanganyamatsiko igira iti”Imyaka 18 y’ubufatanye mu kubungabunga umutekano: Duture mu mudugudu utarangwamo icyaha.” […]