Abavuga ko Leta yica abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ntitwabibatumye: Ibuka/Nyamasheke

imibiri_3547_ni_yo_yashyinguwe_mu_cyubahiro.jpg

Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Nyamasheke buvuga ko bwamagana abigize abavugizi b’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoresha imbuga nkoranyambaga bakwirakwiza ko Leta y’uRwanda yica abayirokotse, ko ntawabibatumye kuko inzego zivugira abarokotse Jenoside zubatse neza kuva ku rwego rw’igihugu kugera ku nzego z’ibanze ndetse n’abari mu mahanga bafite uko bavugirwa n’izo nzego, ko abiha kuvuga ibindi […]

Umusaza witwa Kamenyero arashaka kuba ‘Messiya’ wa kabiri

Umusaza w’Umurundi witwa Kamenyero Aloys yigeze kwandikira Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, amusaba ko yamuha uburenganzira, akitwa ‘Messiya wa kabiri’. Messiya nk’uko bigaragara muri Bibiliya, ni umwami akaba n’umukiza, Yesu wacunguye abari mu Isi, ubwo yabambwaga azira ibyaha byabo “kugira ngo batarimbuka, ahubwo bahabwe ubugingo bw’iteka”. Iyi baruwa nk’uko bigaragara, Kamenyero […]

Akon yahamagariye Afurika gukurikira irushanwa rya BAL riri kubera i Kigali

Umuhanzi w’Umunyamerika, Aliaune Damara Badara Thiam uzwi nka Akon, kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021 yahamagariye abo ku mugabane wa Afurika gukurikira umusozo (final) w’irushanwa rya Basketball, BAL, rimaze iminsi ribera i Kigali mu Rwanda. Ni ubutumwa yatanze mu ijwi riri hejuru nk’iry’uwamamaza, nyuma y’aho hari hamaze kumenyekana amakipe agomba guhyrira ku musozo w’iri rushanwa. […]

Perezida Tshisekedi yavuze ko aba yarageze i Goma, yabujijwe n’uko ‘ibibuga by’indege bifunze’

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yaraye atangaje ko we n’ubufasha we, Denise Nyakeru, baba barageze i Goma nyuma y’iruka rya Nyiragongo, gusa bakaba barahuye n’imbogamizi z’uko ibibuga by’indege bifunze. Yabivugiye i Kinshasa mu kiganiro n’itangazamakuru cyarebagana n’iruka ry’iki kirunga n’imitingito ya hato na hato yarikurikiye, igasenya ibikorwa by’abaturage, abenshi bagahunga. Perezida […]

Gen. Kayihura yagarutse i Kisoro nyuma y’igihe kirekire

Gen. Kalekezi Kayihura (Kale Kayihura), umusirikare mukuru wanayoboye polisi ya Uganda, aherutse kugaruka ku ivuko mu Karere ka Kisoro, nyuma y’imyaka ine atahakandagiza ikirenge. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Kisoro, Abel Bizimana tariki ya 27 Gicurasi 2021, Gen. Kayihura yageze ku ivuko, muri gahunda yo gushyingura nyirakuru Ancilla Bucyana wari umaze gupfa. Ifoto dukesha televiziyo ya […]

Abanyamulenge bongeye guterwa, batakira ingabo za Leta ntizatabara

Mu gitondo cy’ejo tariki ya 29 Gicurasi 2021, Abanyamulenge batuye mu biturage bitandukanye muri Gurupoma ya Bijombo ya Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bavuze ko bagabweho igitero na RED Tabara na Mai Mai Ilunga. Murwanashyaka Patrick uyoboye Sosiyete Sivile muri Bijombo yabwiye Radiyo Ijwi rya Amerika […]

Perezida Ndayishimiye yongeye guhura n’intumwa yihariye y’umuyobozi wa UN, nyuma y’amezi make

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yongeye guhura n’intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Huang Xia, nyuma y’amezi atandatu. Nk’uko ibiro by’Umukuru w’u Burundi bibivuga, aba bombi bahuriye muri Gitega kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021, baganiriye ku ngingo zirimo: amahoro, umutekano n’iterambere. Ku kijyanye n’umutekano, bombi baganiriye ku ntambwe […]

CP Kabera avuga ko abantu bamwifurije isabukuru nziza ku munsi utari wo

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasubije abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko ko atari yo tariki yavukiyeho. Ni mu gihe ubutumwa bwinshi bwari bukomeje kwandikwa ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021, bugaragaza ko yaba yaravutse ku munsi nk’uyu. Umunyamakuru Robert McKenna na we ashingiye ku butumwa n’abandi bari banditse, […]