IS ihanganye na RDF irashinjwa kugira uruhare mu gitero cyagabwe i Dar es Salaam
Umutwe wa Islamic State uhanganye n’Ingabo z’u Rwanda mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, urashyirwa mu majwi ushinjwa kugira aho uhurira n’igitero cyaguyemo abantu bane i Dar es Salaam muri Tanzania. Ni igitero cyagabwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, ubwo umugabo wari witwaje intwaro yarasiraga abantu bane barimo abapolisi batatu hafi ya […]
Corps d’un ressortissant rwandais de 24 ans retrouvé par la police Canadienne
Le corps de Steve Nkusi, un ressortissant rwandais qui s’est noyé dans un lac le week-end dernier, a été retrouvé par la police Canadienne le mardi 23 août. Le corps a été retrouvé dans le lac Ontario où le jeune homme de 24 ans se serait noyé alors qu’il célébrait un anniversaire sur un bateau. […]
Nyamagabe: Abahinga mu gishanga cya Kibumba baratabaza leta ngo ibakize Rukarara
Abaturage batuye mu mirenge ya Kaduha na Mbazi mu karere ka Nyamagabe bahinga mu gishanga cya Kibumba, barasaba Leta ubufasha bwo kubatunganyiriza iki gishanga nyuma y’uko cyangijwe n’umugezi wa Rukarara wataye inzira wanyuragamo ukahuka imirima yabo. Mukarurangwa Beatrice wo murenge wa Kaduha uhinga muri iki gishanga, yavuze ko imirima ye myinshi yatwawe n’imyuzure hagasigara udushitu, […]
Mali: Dosiye y’indege y’uwahoze ari perezida n’ibikoresho bya gisirikare yongeye kuburwa
Muri Mali, ikibazo cy’indege ya perezida n’amasezerano y’ibikoresho bya gisirikare, byari byaryamishijwe mu 2018, byongeye kubyutswa. Abaminisitiri, abajyanama ba perezida n’abacuruzi bari mu bari gukurikiranwa. “Iperereza ry’inyongera ryarakozwe, kandi abaminisitiri bagombaga kumvwa barumvishijwe” nk’uko byatangajwe kuri televiziyo y’igihugu n’umushinjacyaha mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Mamadou Timbo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga. Muri iyi dosiye yo […]
Equity Bank yisobanuye kuri miliyari 137 Frw ivugwaho kuguriza ushinjwa iterabwoba
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya Equity Holdings Group PLC bwavuze ko ntaho buhuriye n’umushoramari wo muri Turukiya, Harun Aydin ushinjwa gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba, byavugwaga ko yamuhaye inguzanyo y’amashilingi ya Kenya miliyari 15 (ni miliyari zirenga 137 z’amanyarwanda). Aydin ni umwe mu bagize itsinda ryari riherejeke Visi Perezida William Ruto ubwo yerekezaga muri Uganda tariki ya […]
Tanzania: Igitero hafi ya Ambasade y’u Bufaransa cyahitanye abapolisi batatu

Abantu bane barimo abapolisi batatu, n’umusivili biciwe hafi ya Ambasade y’u Bufaransa mu gihugu cya Tanzania kuri uyu wa Gatatu nk’uko byemejwe n’Igipolisi kivuga ko uwakoze ubwicanyi wari witwaje imbunda nawe yarashwe akicwa. Igipolisi kiravuga ko abandi bantu batandatu bakomeretse muri iki gitero cyagabwe n’umuntu umwe ku muhanda witiriwe Ali Hassan Mwinyi. Aya makuru yemejwe […]
Nta kongera kugurira Simcard mu mitaka -RURA
Urwego ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko guhera tariki 1 Nzeri uyu mwaka, uburyo bwajyaga bukoreshwa mu kubona sim cards kuba agents bo mu mitaka ya MTN, Airtel na Tigo butazongera gukoreshwa. Uru rwego ruvuga ko ahubwo izo Sim Cards zizajya zitangirwa ahantu habugenewe mu rwego rwo guhangana n’uburiganya n’ubutekamutwe bwakorwaga. Ubusanzwe uwifuza Sim Card ntiyabazwaga ibintu […]
Bruce Melodie yasinye amasezerano azamwinjiriza Frw miliyari
Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi mu muziki Nyarwanda nka ‘Bruce Melodie’, kuri uyu wa Gatatu yasinye amasezerano azamwinjiriza miliyari y’amanyarwanda na sosiyete yitwa Food Bundle igurisha ibiribwa kuri murandasi. Ni amafaranga bazamuha cash mu gihe cy’imyaka ibiri. Bruce Melodie azafasha iyi sosiyete mu bukangurambaga bwiswe #morefreshlife bugamije kwigisha abantu gusirimuka bagahindura imyumvire mu buzima bujyanye n’uko […]
Igipolisi cya Canada cyabonye umurambo w’Umunyarwanda
Ku wa Kabiri, Igipolisi cya Canada cyarohoye umurambo w’Umunyarwanda Steve Nkusi, warohamye mu kiyaga muri weekend. Umurambo watoraguwe mu kiyaga cya Ontario aho bivugwa ko uyu musore w’imyaka 24 yarohamye mu gihe bizihiza isabukuru y’amavuko mu bwato nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga. Amakuru aturuka mu muryango we avuga ko nyuma y’uko abapolisi […]
Ruto yasubije Perezida Kenyatta wasabye abatanyuzwe na guverinoma ye kwegura
Visi perezida wa Kenya, William Ruto, kuri uyu wa kabiri yavuze ko adateze kwegura ku mirimo ye nyuma y’amasaha macye Perezida Uhuru Kenyatta asabye abantu bumva batanyuzwe na guverinoma ye kwegura. Ruto yavuze ko yiyemeje kuguma mu butegetsi bwa Jubilee kandi ko atazasubira inyuma cyangwa ngo ayamanike nubwo hari abamuhamagarira kwegura niba atemera gahunda ya […]
Nyagatare: Umuturage yataye ku munigo umu-DASSO
Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umworozi witwa Safari George wo mu Kagari ka Musenyi mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare warwanaga n’umukozi w’urwego rw’umutekano rwunganira Akarere ruzwi nka DASSO, yamutuye hasi ari kumuniga. Gitifu w’Akagari ka Musenyi byabereyemo, Twahirwa Gabriel, yatangarije KT ko ibi byabaye mu byumweru bibiri bishize, ubwo bari mu igenzura […]
Nshimiyimana Imran yatandukanye na Rayon Sports, asinyira ikipe nshya
Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko Nshimiyimana Imran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports ari umukinnyi wayo, nyuma yo kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri. Musanze FC yemeje aya makuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Iti: “Nshimiyimana Imran amaseze gusinya amasezerano y’imyaka 2 muri Musanze FC.” Nshimiyimana Imran ukina hagati mu kibuga afasha ba myugariro, yari […]
Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi

Ku Isi hari ubwoko bugera kuri 27 bwa kajugujugu z’intambara zo kugaba ibitero (Attack helicopters) ariko muri bwo hari ubuhiga ubundi mu mikorere no kwiringirwa ku rugamba. Dore kajugujugu 10 za mbere zo kugaba ibitero ziteye imbere kurusha izindi. 1. AH-64E Apache Guardian (USA) 2. Bell AH-1Z Viper (USA) 3. Kamov Ka-52 Hokum-B (Russia) 4. […]
Uganda yakiriye impunzi za mbere zaturutse muri Afghanistan
Leta ya Uganda mu gitondo cy’uyu wa 25 Kanama 2021 yakiriye impunzi za mbere zaturutse muri Afghanistan, nyuma y’iminsi 9 umutwe witwaje intwaro w’Abatalibani ufashe ubutegetsi. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda yatangaje ko izi mpunzi 51 zagejejwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe, i Kampala, zitwawe n’indege yigenga. Zikigera ku kibuga cy’indege, zabanje gusuzumwa ibimenyetso […]
Real Madrid yashoye akayabo muri PSG ngo bayigurishe Kylian Mbappé
Ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, yahaye PSG akayabo ka miliyoni 160 z’ama-Euro kugira ngo iyigurishe Umufaransa Kylian Mbappé. Ni cyo kiguzi cya mbere cy’amafaranga cya mbere iyi kipe y’i Madrid yemeye gushora kugira ngo ihabwe uriya musore imaze igihe yifuza. Kugeza ubu Mbappé aracyafite umwaka umwe w’amasezerano muri Paris Saint-Germain, gusa […]
Ibihugu bya Algeria na Maroc byacanye umubano
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 24 Kanama mu kiganiro n’itangazamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Algeria, Ramtane Lamamra, yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cye gicanye umubano n’igihugu cy’igituranyi cya Maroc. Ku itariki ya 20 Kanama, Perezidansi ya Algeria yari yatangaje ko iteganya gusubiramo iby’umubano wayo na Maroc, iyishinja kuba yaragize uruhare mu nkongi z’umuriro zibasiye igice […]
Uganda: Urukiko rwategetse Leta guha Abatwa ingurane, kubera kubakura mu mashyamba
Urukiko rusumba izindi rwa Uganda rwategetse Leta guha Abatwa ingurane kubera ko yabakuye mu mashyamba babagamo (bayita ubutaka gakondo) mu bihe bya kera. Nk’uko New Vision yabitangaje, icyemezo cy’urukiko cyashyizweho imikono n’abacamanza barimo Elizabeth Musoke kigaragaza ko Abatwa bakuwe mu mashyamba ya Mgahinga na Bwindi guhera mu myaka y’1920 mu gihe cy’ubukoloni kugeza mu 1991 […]
Umuherwe Lwasa yirukanye umukozi we wasetse ko afite ‘ igitsina kingana n’agafuniko k’ikaramu’
Umuherwe wo mu Mujyi wa Masaka muri Uganda, Lwasa Emmanuel, yirukanye umushoferi we kuko yamunnyeze ubwo Isi yari irimo kumwota ku kuba afite igitsina gito bamwe bagereranyije n’agafuniko k’ikaramu. Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize, hasakaye amashusho ya Lwasa yambaye ubusa, afite telefoni mu ntoki gusa icyagarutsweho cyane ni ingano y’ubugabo bwe yahawe urw’amenyo. Umushoferi wa Lwasa […]
Sandra wakunzwe muri filimi nyarwanda yapfuye
Umumararungu Sandra wakunzwe muri filimi nyarwanda zirimo: Ay’Urukundo, Ruzagayura na Kaliza, yapfuye kuri uyu wa 24 Kanama 2021, azize uburwayi. Amakuru avuga ko Sandra yaguye mu bitaro bya gisirikare bya Kanombe. Uretse gukina filimi, Sandra yamenyekanye cyane ubwo yakundanaga n’umuhanzi Bahati wari mu itsinda rya Just Family. Mu 2015 ni bwo Bahati yahishuye ko batagikundana, […]
Gicumbi: Arashinjwa kwitwikira ijoro akajya mu rugo rw’abandi gusambanya umwana
Umusore wo mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Murambi, Akagari ka Gatwa, ushinjwa kuba yarateraga urugo rw’abandi mu masaha y’ijoro akajya gusambanya umwana w’umukobwa yasabiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Icyo cyaha yagikoze mu bihe bitandukanye ubwo yagiye ajya iwabo w’umwana w’umukobwa agahengera ababyeyi be baryamye umwana akamukingurira akinjira mu nzu akarara amusambanya agataha mu rukerera […]
Perezida Ndayishimiye ‘araririra’ Abarundi kubera imikorere mibi y’abacamanza

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umucamanza w’Ikirenga, Evariste Ndayishimiye yanenze bikomeye abacamanza kuko ngo ni bo batuma Abarundi n’abanyamahanga babagana bahora barira. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa 24 Kanama 2021 ubwo yari ayoboye inama yamuhuje n’abacamanza, yateraniye mu ntara ya Bujumbura. Yagize ati: “Kubona Abarundi bantora, bakanshyira imbere yabo ngo mbayobore, ngasanga […]
Abanyeshuli b’abakobwa 250 bahunze Afghanistan bagiye gukomereza amasomo mu Rwanda
Abanyeshuli 250 b’Abanyafuganisitani bo mu ishuli rukumbi ry’abakobwa b’Abanyafuganistani biga bacumbikirwa mu kigo, hiyongereyeho abarezi n’ababyeyi babo u Rwanda rwemeye kubakira nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’iryo shuli wavuze ko babaye bimuriye amasomo yabo mu Rwanda mu gihe cy’igihembwe kimwe. Abo banyeshuli ni abo mu ishuli ryitwa The School of Leadership Afghanistan SOLA ryigamo abanyeshuli 250 b’abakobwa […]
MTN yizeye ko izakemura ibibazo RURA yagaragaje mbere y’igihe ntarengwa yahawe
Ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwandacell PLC kivuga ko kizakemura ibibazo birimo bitatu urwego rw’igihugu ngenzuramikorere, RURA rwagaragaje, mbere y’igihe ntarengwa cyahawe. Mu itangazo RURA yasohoye kuri uyu wa 23 Kanama 2021, yagaragaje ibibazo MTN yananiwe gukemurira abakiriya bayo birimo: amarezo make, kwikupa k’umurongo w’itumanaho no kuvugana amajwi ntiyumvikane. Uru rwego rwategetse iki kigo kuba cyakemuye […]