Kwa Rusesabagina bareze abarimo Perezida Kagame muri USA, ngo barifuza indishyi ya Frw miliyari 400
Umuryango wa Paul Rusesabagina ufungiye hano mu Rwanda watangaje ko watanze ikirego cya $ miliyoni 400 (abarirwa muri Frw miliyari 400) mu nkiko zo muri Amerika, uvuga ko uyu mugabo yashimuswe n’u Rwanda akanakorerwa iyicarubozo. Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda ku wa 04 Mata rwashimangiye igifungo cy’imyaka 25 Rusesabagina yari yarakatiwe muri Nzeri 2021 n’Urukiko rukuru […]
Perezida Kagame yavuze ko abakobwa Prince Kid akurikiranweho guhohotera barenga 10
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje kuri Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid ufunzwe akekwaho gusambanya abakobwa bagiye bitabira irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko abo akekwaho guhohotera barenga 10. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu Nama Nkuru y’Umuryango wa FPR Inkotanyi yabereye muri Kigali Arena. Ku wa Mbere tariki ya […]
Ingabo z’u Burusiya zishe ‘Umuzimu wa Kiev’ wari umaze guhanura indege zirenga 40 z’igisirikare cyabwo
Ingabo z’u Burusiya zishe umupilote w’imwe mu ndege z’igisirikare cya Ukraine wamamaye nk’umuzimu wa Ukraine, nyuma y’uko yari amaze guhanura indege zirenga 40 z’igisirikare cy’u Burusiya. Uyu mupilote wiswe ‘Umuzimu wa Kiev’ yatangiye kuvugwa cyane ku munsi wa mbere w’intambara y’u Burusiya na Ukraine, nyuma yo guhanura indege esheshatu z’u Burusiya mu munsi umwe. Ku […]
Sergio Ramos na bagenzi be bakinana muri PSG bari i Kigali (Amafoto)

Myugariro Sergio Ramos na bagenzi be bakinana mu kipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, bamaze kugera i Kigali aho baje gusura u Rwanda. Uyu munya-Espagne yazanye n’umunya-Costa Rica Keylor Navas usanzwe akina mu izamu rya PSG, Umudage ufite inkomoko mu Burundi Thilo Kehler cyo kimwe na rutahizamu w’Umudage Julian Draxler. Ku manywa […]
Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame akaba na Chairman w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda ari ryo FPR-Inkotanyi na Madamu we, Jeannette Kagame bitabiriye Inama Nkuru y’uyu muryango ibera muri Kigali Arena kuri uyu wa Gatandatu ku gicamunsi. Iyi nama kandi yitabiriwe n’abanyamuryango ba FPR ndetse n’abashyitsi baturutse mu yindi mitwe ya politiki. Irasuzumirwamo aho […]
Mino Raiola wari ukirwana n’ubuzima yapfuye
Umutaliyani Mino Raiola wari uhagarariye inyungu z’abakinnyi batandukanye ku Isi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu agejeje ku myaka 54 y’amavuko. Mino Raiola yari ahagarariye abakinnyi batandukanye barimo Zlatan Ibrahimovic, Paul Pogba, Erling Haaland, Marco Veratti, Romelu Lukaku Hernrick Mikhtaryan n’abandi. Ku wa Kane w’iki cyumweru byari byatangajwe ko yitabye Imana, gusa iyo nkuru iza […]
Mouth watering debate as Museveni, Kagame, Suluhu absent at Kibaki funeral
ICT Cabinet Secretary, Joe Mucheru has sparked a mouth waterin debate in Kenya after he stated that there is a protocol dictating how many times heads of state can visit the same country. Mucheru was responding to reports that East African Presidents, Samia Suluhu of Tanzania, Uganda’s Yoweri Museveni and Rwanda’s Paul Kagame did not […]
Nyagatare: Abaturage barasabwa kumenya inshingano z’abajyanama no gutanga ibitekerezo mu bibakorerwa
Mu kiganiro inama njyanama y’akarere ka Nyagatare ifatanyije na komite nyobozi yako bagiranye n’abanyamakuru, abaturage basabwe kumenya inshingano z’abajyanama babahagarariye mu nama njyanama bakanabafasha kwesa imihigo. Ni ikiganiro cyibanze ku cyumweru cy’umujyanama ndetse n’umusaruro witezwe mu bikorwa bizagikorwamo . Abatoni Faith uyobora Komisiyo y’imiyoborere myiza mu nama njyanama y’akarere ka Nyagatare, yavuze ko iki cyumweru […]
Isezerano rya Tshisekedi ku mitwe yitwaje intwaro yemeye ibiganiro na we
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’igihugu cye yemeye kugirana ibiganiro na Guverinoma ye, avuga ko igisubizo cyayo kiza ari icyubahiro kuri RDC. Tshisekedi yabigarutseho ku wa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yagezaga ijambo ku bahagarariye iriya mitwe bari mu biganiro na Guverinoma ya RDC biri […]
Erik ten Hag mbere yo gusinyira Manchester United hahishuwe ikintu gikomeye yayisabye
Umutoza Erik ten Hag wamaze kumvikana na Manchester United kuzayibera umutoza mukuru, yasabye abayobozi b’iyi kipe kutamuhamagara mbere y’amasaha 48 kugira ngo akine buri mukino asigaje muri Ajax kuri ubu atoza. Erik Ten Hag w’imyaka 52, biteganyijwe ko agomba gusimbura Ralf Rangnick watozaga iyi kipe by’agateganyo na we wari wagiye abisikanye na Ole Gunnar Soskjaer. […]
Kenya yahishuye impamvu Perezida Kagame na Museveni batagiye gusezera bwa nyuma kuri Moi Kibaki
Leta ya Kenya yavuze impamvu abakuru b’ibihugu barimo; Paul Kagame w’ u Rwanda, Yoweli Kaguta Museveni Tibuhaburwa wa Uganda, batitabiriye umuhango wateguwe na Leta wo gusezera bwa nyuma kuri Emilio Stanley Mwai Kibaki, witabye Imana, ahubwo bakaba bari bahagarariwe. Uyu muhango wabereye kuri Sitade ya Nyayo kuwa Gatanu ntiwarimo abakuru b’ibihugu bavuzwe haruguru, ingingo yatumye […]
Ba Jenerali ba UPDF batsinzwe n’abadepite mu mukino wo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Uganda batsinze abasirikare bo ku rwego rwa ba Jenerali muri UPDF ibitego 3-1, mu mukino wa gicuti bari bahuriyemo mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ku itariki ya 24 Mata ni bwo Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni ndetse akanaba Umugaba […]
PM E. Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo gusezera kuri Kibaki
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ejo ku wa Gatanu yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Mwai Kibaki wahoze ari Perezida wa Kenya. Ni umuhango wabereye kuri Stade ya Nyayo i Nairobi, witabirwa n’abanya-Kenya ndetse n’incuti zabo babarirwa mu bihumbi. Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente ari mu banyacyubahiro bitabiriye uriya muhango. Mu […]
U Rwanda rugiye kwakira inama y’ihuriro mpuzamahanga rirwanya ruswa
Guhera tariki ya 3 kugeza ku ya 6 Gicurasi 2022, u Rwanda ruzakira inama ya 12 y’ihuriro ry’inzego zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu bya Afurika bigize umuryango Commonwealth. Hagamijwe kumva kimwe ububi bwa ruswa no gufatira hamwe ingamba zo kuyikumira, ubunyamabanga bwa Commonwealth, mu 2011 bwashyizeho ihuriro ry’inzego zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu biwugize, ku […]