Tshisekedi aravuga ko yiteguye kwinjira mu gisirikare 

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yiteguye kuba umusirikare mu gihe ari byo igihugu cye cyasaba kugira ngo kibone amahoro. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, aho aheruka kugirira uruzinduko. Ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba mu Misiri barimo abanyeshuri bagiye kuhiga, abacuruzi, abahakorera indi mirimo ndetse n’abasirikare bagiye mu myitozo, […]

Perezida Kagame yongeye kuganira na Emir wa Qatar

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Ugushyingo, Perezida Paul Kagame yabonanye anagirana ibiganiro n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani. Umukuru w’Igihugu ari i Doha muri Qatar kuva ku wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo, aho yitabiriye Inama ya kabiri Mpuzamahanga ku Iterambere ry’Abaturage ku Isi izwi nka […]

Dick Cheney wabaye Visi Perezida wa Amerika yapfuye ku myaka 84

Dick Cheney wahoze ari Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yapfuye afite imyaka 84, nk’uko byatangajwe n’umuryango we. Umuryango we wavuze ko Cheney yapfuye azize indwara z’umusonga n’indwara z’umutima ndetse n’amaraso. Yagiye ahangayikishwa cyane n’ubuzima bwe kubera ibibazo by’umutima, nyuma yo gufatwa bwa mbere n’ikibazo cy’umutima afite imyaka 37. Byabaye ngombwa ko aterwamo […]

RDC yahagaritse abakinnyi n’abatoza bitabiriye Giants of Africa i Kigali

Ishyirahamwe rya Basketball muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FEBACO) ryafatiye ibihano bikomeye abakinnyi n’abatoza bagaragaye mu iserukiramuco rya Giants of Africa 2025 ryabereye i Kigali, ku mpamvu z’uko bahagarariye igihugu batabifitiye uburenganzira. Iri serukiramuco, ryabaye kuva tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama 2025, ryahuje urubyiruko n’abatoza bo mu bihugu bitandukanye bya […]

Musanze: Umugore w’imyaka 45 akurikiranweho kwica mugenzi we wari utabaye

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugore uri mu kigero cy’imyaka 45 wishe umugore mugenzi we amuteye icyuma mu ijosi. Musanze: Icyaha akurikiranweho bivugwa ko cyabaye ku itariki ya 26 Ukwakira 2025 mu Mudugudu wa Gatorwa, Akagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, mu Karere ka Musanze. Nkuko byemezwa n’abaturage ndetse n’Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze, uyu […]

Gabon: Perezida Oligui yasabye abaminisitiri banatorewe kuba abadepite kwegura muri guverinoma

Nyuma y’amatora y’abadepite yo ku itariki ya 27 Ukwakira, Perezida Brice Clotaire Oligui Nguema yategetse abaminisitiri be bose batowe nk’abagize inteko ishinga amategeko kwegura, hashingiwe ku ngingo ya 73 y’itegeko nshinga, ivuga ko “imirimo y’umwe mu bagize guverinoma idashobora gukomatanywa n’imirimo ya manda y’inteko ishinga amategeko.” Iki cyemezo cyatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa […]

Trump aravuga ko nihadatorwa meya ashaka ingengo y’imari igenewe New York izagabanywa

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yashyigikiye Andrew Cuomo mu guhatanira ubuyobozi bw’umujyi wa New York, asaba abatora kudatora mugenzi we bahanganye Zohran Mamdani, bitaba ibyo akazagabanya ingengo y’imari igenewe uyu mujyi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 3 Ugushyingo 2025, Perezida Trump yanditse ati: “Waba ukunda ku giti cyawe […]

Gen Mamady Doumbouya ntakozwa ibyo guha ubutegetsi abasivile

Umuyobozi w’Inzibacyuho wa GuinĂ©e, Jenerali Mamady Doumbouya, yongeye kugaragaza ko adateganya gusubiza ubutegetsi abasivile nk’uko yari yarabisezeranyije ubwo yafata ubutegetsi mu 2021. Ahubwo, kuri ubu, yiyamamaje ku mugaragaro mu matora ya Perezida ateganyijwe kuba ku wa 28 Ukuboza 2025, yemeza ko ashaka gukomeza kuyobora igihugu “mu izina ryo kuvugurura igihugu”. Ku wa Mbere, Doumbouya yageze […]

Perezida Ibrahim Traoré yakiriye Jacob Zuma baganira ku kubohora Afurika

Perezida wa Burkina Faso, Kapiteni Ibrahim TraorĂ©, yakiriye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, mu biro bye biherereye i Koulouba, i Ouagadougou. Uwo muhuro wateguwe ku bufatanye na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina Faso, wari ugamije kuganira ku ngamba z’ubwigenge n’ukwigenga kwa Afurika, nk’uko […]

Jenerali wo muri Uganda yasabye TPDF gukorera Samia Suluhu ‘coup d’Ă©tat’

Gen (Rtd) David Sejusa wahoze ari umukuru w’ubutasi bwa Uganda ndetse n’umwe mu basirikare bakomeye b’iki gihugu, yasabye Ingabo za Tanzania (TPDF) gutabara zigafata ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan, mu rwego rwo guhagarika icyo yise ubwicanyi no gusenya ibintu byabereye mu gihugu. Sejusa yatanze ubu butumwa mu cyumweru gishize, ubwo muri Tanzania harimo habera […]

Rutshuru: Inyeshyamba za CMC-FDP zakozanyijeho n’abarwanyi ba AFC/M23 muri Bwito

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko imirwano ikaze yadutse ku wa Mbere, itariki 3 Ugushyingo 2025, hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP n’abarwanyi ba AFC/M23. Biravugwa ko iyo mirwano yabereye mu midugudu myinshi ya Gurupoma ya Bukombo, Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru, ho mu […]

Peru yacanye umubano na Mexico kubera Betssy Chávez

Igihugu cya Peru cyatangaje ko cyahagaritse umubano ushingiye kuri dipolomasi na Mexico nyuma y’uko guverinoma yayo yemeye guha ubuhungiro uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Peru ukurikiranweho icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi mu 2022. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Peru, Hugo de Zela, yatangaje ko “yatunguwe kandi yababaye cyane” nyuma yo kumenya ko Betssy Chávez yahawe ubuhungiro […]

Muhanga: Umusore w’imyaka 20 akurikiranweho kwica umuvandimwe wamurushaga imyaka 2

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore w’imyaka 20 y’amavuko wishe umuvandimwe we bavukana w’imyaka 22 y’amavuko.  Icyaha akurikiranweho yagikoze ku itariki ya 17/10/2025 saa 22h00 z’ijoro mu Mudugudu wa Kajeje, mu Kagari ka Kigarama,Umurenge wa Cyeza, mu Karere ka Muhanga nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru. Bivugwa ko uyu musore yahengereye umuvandimwe we aryamye mu […]