37 bateye i Musanze bakica abantu bagejejwe mu butabera

Sangiza iyi nkuru

Urubanza rw’abantu 37 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba byakorewe mu karere ka Musanze mu 2019, rwatangiye kuburanishwa n’Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwa Nyarugunga.

Abakegwa ni abarwanyi b’imitwe ya RUD-Urunana na P5 ifite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bakurikiranweho kugira uruhare mu bitero bagabye ku baturage bo mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze no mu mirenge ihana imbibi na wo, byatwaye ubuzima bw’abantu 15 abandi 14 barakomereka.

Ni ibitero byagabwe mu ijoro ry’itariki ya 05 Ukwakira 2019.

Bamwe mu barwanyi batangiye kuburanishwa ni abafatiwe mpiri i Musanze, mu gihe abandi bafatiwe mu mashyamba ya Congo mu bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro mbere yo kohererezwa u Rwanda.

Ubwo bagezwaga imbere y’ubutabera, abakekwa bose bari bahari uretse Sergeant Emmanuel Ngirinshuti ugomba kuburanishwa adahari kuko yanze kwitaba ihamagazwa ry’urukiko.

Abakekwa basomewe ibyaha baregwa birimo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, ndetse no gutangiza umutwe w’abagizi ba nabi ugamije gukora ibikorwa by’iterabwoba ndetse no kubijyamo.

Baregwa kandi gutunga ibikoresho byo kwica, ubufatanyacyaha mu bujura bwitwaje intwaro no gusahura, kugirana umubano na guverinoma y’amahanga hagamijwe kurwanya u Rwanda, no kugambanira leta iriho cyangwa gushaka kuyikuraho hakoreshejwe intambara.

Barindwi mu bakekwa ni abo mu mutwe wa RUD-Urunana bari mu bagabye igitero i Musanze mu gihe 29 basigaye ari abo mu mutwe wa P5 ya Kayumba Nyamwasa.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwavuze ko ibitero byagabwe i Musanze byari mu mugambi mugari imitwe irwanya u Rwanda ifite wo kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo gutera abaturage ubwoba.

Ubushinjacyaha bwasanishije biriya bitero n’ibindi nka byo byagabwe mu majyepfo y’u Rwanda hagati ya 2018 na 2019 bikozwe n’umutwe wa FLN.

Umushinjacyaha yavuze ko ubwo i Musanze habwaga ibitero, ababigabye bari bategetswe “Kwica nta mpuhwe uwo ariwe wese babona kandi bagasahura buri kimwe cyose bahura na cyo.

Yunzemo ati: “Abantu 15 b’inzirakarengane baguye muri biriya bitero, abandi 14 barakomereka. Gahunda yari ukwica abaturage. Bariya barokotse byari ku mpuhwe z’Imana zonyine, ariko gahunda yari ukubica bose.”

Umushinjacyaha yakomeje asaba urukiko kutemera ukwiregura kw’abaregwa bashobora kubeshya ko bashyutswe bakisanga mu mitwe yitwaje intwaro kuko abafatwa bose ari byo bitwaza.

Ubushinjacyaha bwavuze ko abaturage b’i Musanze bagizweho ingaruka na biriya bitero bateganya gutanga ikirego baregera indishyi z’akababaro.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *