Kirehe: Impunzi y’Umurundi yasanzwe aho yararaga yarapfuye
Impunzi y’Umurundi yitwa Ndayishimiye Lazare yabaga mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, yasanzwe mu cyumba yabagamo yarapfuye. Umurambo w’uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko wari warahungiye i Mahama muri 2015, wabonetse nyuma y’uko bagenzi be babaga hafi y’aho arara bumvise umunuko udasanzwe. Byabaye ngombwa ko bahita batabaza Polisi ndetse n’inzego z’ubuyobozi. Iperereza ry’ibanze ryerekana […]
Tshisekedi yirukanye Tshibangu wari intumwa ye yihariye mu bibazo bya RDC n’u Rwanda
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye yirukanye ku mirimo Serge Kabeya Tshibangu wari intumwa ye yihariye ishinzwe gukurikirana ibiganiro bya Nairobi na Luanda. Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salaam ni we watangaje ko Tshibangu yirukanwe, asimburwa na Sumbu Sita Mambu. Amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yirukanwe azira amajwi yafashwe mu […]
Icyorezo cy’ubushita bw’inkende gishobora kuba cyahagaritswe mu mezi atandatu ari imbere- OMS
Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima ku isi (OMS),Tedros Adhanom, avuga ko icyorezo cy’ubushita bw’inkende Mpox gikomeje kwibasira Afurika gishobora kuba cyahagaritswe mu mezi atandatu ari imbere. OMS itangaza ibi ishingiye ku nkingo zizoherezwa muri Afurika. Kugeza ubu zimwe zamaze kuhagera igihugu cya Mbere cyazakiriye akaba aricyo Nigeria aho kugeza ubu imaze kwakira izisaga ibihumbi […]
Colonel Karasira uyobora APR FC muri ba Ofisiye bakuru ba RDF bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Colonel Richard Karasira uyobora APR FC, ari mu basirikare bo mu ngabo z’u Rwanda bo ku rwego rwa ba Ofisiye bakuru bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Mu ijoro ryacyeye ni bwo Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruho cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000, hanaba umuhango wo kubasezera mu cyubahiro. Mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo batanu bo ku […]
Abanyamakuru 2 bakomeye basezeye kuri RBA
Anita Pendo na Gerard Mbabazi bakoraga mu myidagaduro mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), basezeye nyuma y’imyaka 10 ari abakozi bacyo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 Kanama ni bwo bombi basezeye. Anita Pendo wabanje gusezera amakuru avuga ko agomba kwerekeza kuri Kiss FM aho agomba gusimbura Sandrine Isheja Butera uheruka kugirwa Umuyobozi Mukuru wungirije wa […]
Ukraine yategeye Putin ku ruzinduko agiye kugirira muri Mongoliya
Ukraine yasabye Mongoliya guta muri yombi Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin mu ruzinduko rwe azagirira muri iki gihugu mu cyumweru gitaha. Putin ni ubwa Mbere agiye gukorera uruzinduko mu gihugu kinyamuryango cy’u rukiko mpanabyaha ICC kuva yashyirwaho impapuro zimuta muri yombi ari nayo mpamvu Ukraine yasabye ko Iki gihugu cyamuta muri yombi. Urukiko rwa ICC ruvuga […]
PM. Dr Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda rishinzwe uburezi mu muryango wa OECD
Kuri uyu wa Gatanu taliki 30 Kanama 2024, nibwo Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente yakiriye itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD). Ni ibiganiro byibanze ahanini ku iterambere ry’Uburezi mu Rwanda. Ni itsinda riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango wa OECD. Kimwe mubyo baganiriye n’iri tsinda ari ukurebera hamwe […]
Abasirikare 100 b’u Burusiya bari muri Burkina Faso bahamagajwe igitaraganya kubera Ukraine
Uburusiya bwakuye abasirikare bigenga 100 muri Burkinafaso kugira ngo bafashe bagenzi babo mu ntambara yo muri Ukraine. Bari mu basirikare bagera kuri 300 bo muri Brigade ya Bear – isosiyete yigenga y’abasirikare y’Uburusiya. Aba basirikare bageze muri Burkinafaso mu kwezi kwa Gicurasi kugira ngo bashyigikire igisirikare cy’igihugu. Ku muyoboro wacyo wa Telegram, uyu mutwe wavuze […]
P. Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000 barimo Gen Kazura
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000 barimo Gen Jean Bosco Kazura wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Gen Kazura yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda hagati y’Ugushyingo 2019 na Kamena 2023. Mbere y’aho yari yaragiye akora indi mirimo irimo kuba Umuyobozi w’Ishuri Rikuru […]
RDC: Ubutasi bwa Gisirikare bwafunze Umuganga bumuziza kuvura Abanyamulenge
Umuganga witwa Alexis Ndakize afungiye muri gereza y’ubutasi ya gisirikare ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa DRC kuva ku Cyumweru tariki ya 25 Kanama 2024. Akurikiranyweho gutwara imiti mu midugudu ituwe ahanini n’abanyamuryango b’Abanyamulenge. Muganga Alexis Ndakize asanzwe ari umuyobozi w’Ibitaro bya Nyakirango mu itsinda rya Bijombo mu ifasi ya Uvira […]
RDF yasobanuye icyatumye Maj Gen Nzaramba yirukanwa
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba wirukanwe mu ngabo z’u Rwanda yazize ibyaha bya ruswa ndetse no gukoresha nabi amafaranga yari agenewe kwita ku basirikare. Mu gucuku cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama ni bwo RDF yasohoye itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akanaba Umugaba w’Ikirenga […]
Umubare w’Abapolisikazi bari muri Polisi y’u Rwanda uri hafi kugera kuri 24%
Umubare w’abapolisikazi bari mu gipolisi cy’u Rwanda umaze kugera hafi 24 % ariko intego akaba ari ukugera kuri 30%. CG Namuhoranye yavuze ko mu rwego rwo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, polisi y’urwanda igeze kure mu kongera umubare w’awapolisikazi kugeza ku ntego nibura ya 30% . Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, ubwo […]
U Rwanda rwashyizeho inoti nshya ya 5.000Frw n’iya 2.000Frw
Mu minsi mike mu Rwanda, haratangira kugaragara inoti nshya za 5000frw na 2000Frw zizaba zifite ibirango bitari ibyari bisanzwe ku note zari zisanzwe. Bimwe mu bizaba biranga inoti nshya ya 5000Frw harimo inyubako ya Kigali Convention Center, mu gihe mu bizaba biranga inoti nshya ya 2000Frw, harimo igishushanyo kigaragara imwe mu misozi myiza itatse U […]
UPDF yatangaje umubare w’imbohe imaze kubohoza muri ‘Operasiyo Shujaa’
Igisirikare cya Uganda UPDF cyatangaje ko binyuze mu gikorwa cyiswe ‘Operasiyo Shujaa’ ifatanyijemo n’igisirikare cya Congo (FARDC), bamaze kugaruza imbohe zirenga 100 zari zarigaruriwe n’inyeshyamba za ADF. Ni Operasiyo imaze hafi imyaka itatu ingabo izi ngabo z’impande zombi zitangije ibi bikorwa bya gisirikare bihuriweho mu kurwanya uyu mutwe witwaje intwaro. Uyu mutwe wa ADF usanzwe […]
Djihad yavuze ku mashusho ye yashyizwe hanze akinisha agapipi ke

Uzabakiriho Cyprien uzwi mu myidagaduro nyarwanda nka Djihad, yemeje ko amashusho akomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza yikinisha ari aye. Kuva ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 29 Kanama ni bwo amashusho ya Djihad yatangiye guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga. Ni amashusho bikekwa ko yaba yashyizwe ku karubanda na Nyarwaya Innocent ‘Yago’ umaze igihe […]
Indege ya Ukraine yashwanyagujwe na Missile y’u Burusiya
Indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yahawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare w’Uburayi n’Amerika (OTAN), yashwanyagujwe n’igitero cya Missile y’u Burusiya. Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi. Ni igitero cyaguyemo n’umupilote wari uyitwaye. Igisirikare cya Ukraine kivuga ko […]
RED-Tabara yateguje gukubita ahababaza Ingabo z’u Burundi na Wazalendo
Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi watanze impuruza y’uko ingabo z’iki gihugu zifatanyije na Wazalendo ndetse n’indi mitwe ya Mai-Mai bari kwitegura kuwugabaho ibitero karahabutaka, uteguza kwirwanaho. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye wavuze ko ufite amakuru yizewe y’uko ingabo z’u Burundi n’abafatanyabikorwa bazo bamaze iminsi bisuganyiriza mu duce twa Masango, Mugunda na Itombwe two […]
Yago yahungiye muri Uganda
Nyarwaya Innocent wamenyekanye mu myidagaduro nyarwanda nka Yago, yatangaje ko yahungiye muri Uganda kubera agatsiko k’abantu avuga ko bashatse kumwica mu myaka ine ishize. Uyu musore wamenyekanye nk’umunyamakuru ndetse n’umuhanzi yemeje ko yahunze abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yanditse ati: “Rwanda nkunda nguhunze ntakwanga, ahubwo mpunze agatsiko k’abashatse kunyica mumyaka ine ishize, nkataka ariko nta […]
Perezida Kagame yirukanye ba Ofisiye barimo Maj Gen Nzaramba muri RDF
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazirukanyemo ba Ofisiye babarirwa muri 20 barimo Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba. Maj Gen (Rtd) Nzaramba yahoze ari Umuyobozi w’Ishuri rya Nasho. Muri Kanama umwaka ushize ari muri ba Ofisiye barimo n’abo ku rwego rwa ba Jenerali Umukuru w’Igihugu yari yohereje mu kiruhuko cy’izabukuru. Itangazo […]
Umutoza w’Amavubi ntakozwa kongera umubare w’abanyamahanga muri Shampiyona
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Frank Splitter Torsten, yamaganiye kure ibyo kuba umubare w’abanyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda wakongerwa, agaragaza ko byaba ari ubusazi. Uyu mutoza yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yaganiraga n’itangazamakuru. Mu busanzwe muri shampiyona abakinnyi b’abanyamahanga batandatu ni bo bemerewe kugaragara mu mukino, gusa amakipe yo mu cyiciro cya mbere amaze […]
Bane bashinjwa gucura ibyemezo by’ishyingirwa birenga 2000 bakatiwe n’urukiko
Abanya Nijeriya bane bakatiwe n’urukiko mu Bwongereza nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guhimba ibyemezo by’abashyingiranywe (Marriage Certificates) birenga 2000 kugira ngo bafashe abinjira mu mahanga mu buryo butemewe. Abafashwe ni Abraham Alade Olarotimi Onifade w’imyaka 41, Abayomi Aderinsoye Shodipo (38), Nosimot Mojisola Gbadamosi (31), na Adekunle Kabir (54), bakatiwe mu rukiko rwa Crown ya Woolwich […]
Umukinnyi w’Amavubi mu muryango winjira muri Red Star FC
Hakim Sahabo ukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, ari mu muryango winjira mu kipe ya Red Star FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa. Nta gihindutse Sahabo azerekeza muri iyi kipe mbere y’uko isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi rifunga umuryango ku wa 31 Kanama. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga mu mwaka ushize w’imikino yakiriye […]
Mpox: Doze Miliyoni hafi enye z’inkingo zigiye koherezwa muri Afurika mu minsi ya vuba
Kuva Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS ryavuga ko ubushita bw’inkende buhangayikishije Afurika, Ibihugu bimwe byatangiye gutangaza ko bigiye kohereza doze z’inkiko mu rwego rwo kugoboka Afurika yibasiwe n’iyi ndwara. Ni mu gihe iri shami, ryatangaje ko nibura hakenewe miliyoni zirenga 10 z’inkingo kugirango habe hizewe neza ko afurika yaba itekanye. Inkunga nk’izo zigamije […]
Burundi: Imbonerakure ziri gukomanga urugo ku rundi zaka umusanzu wo gushyigikira CNDD-FDD ku ngufu
Abaturage bo mu ntara ya Kayanza iri mu majyaruguru y’u Burundi ntibatekanye nyuma y’uko bakomeje guhatirwa gutanga umusanzu mu gikorwa cyo gukusanya inkunga y’ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Evaliste Ndayishimiye. Ni amafaranga yakwa abo baturage kugirango azifashishwe mu matora y’abadepite ateganijwe mu 2025. Buri rugo rugomba nibura gutanga amafaranga ari hagati ya 2000 na 5000 naho […]
Uganda: Polisi yatahuye uduhanga 24 ku wiyita umukozi w’Imana
Mu rusengero rw’umugabo witwa Godfrey wo mu gihugu cya Uganda hatahuwe uduhanga tw’abantu 24 bicyekwa ko uyu mugabo yakoreshaga atamba ibitambo. Byatangajwe na Polisi mu kiganiro na BBC, aho yavuze ko uyu mugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe ibihanga 24 by’abantu ashobora kuba yabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu. Polisi itangaza ko ashobora gukatirwa igifungo cya burundu mu gihe […]
Umunyarwanda Dr Mihigo yatsinzwe amatora y’umuyobozi wa OMS muri Afurika
Umunya-Tanzania, Dr Faustine Engelbert Ndugulile, ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama yatorewe kuba Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango ryita ku buzima muri Afurika. Ndugulile wigeze kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatorewe i Brazzaville, aba umuntu wa mbere ukomoka muri Afurika y’Iburasirazuba wegukanye uriya mwanya. Yatsinze abarimo Dr Mihigo Richard wari watanzweho umukandida n’u Rwanda. Abandi […]
MINEDUC yasobanuye impamvu hari abanyeshuri bahawe kwiga amashami arimo amasomo babonyemo zeru
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kuri uyu wa Gatatu yatanze umucyo ku mpamvu yatumye hari abanyeshuri bahawe kujya kwiga icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, ariko bagahabwa amashami arimo amasomo batsinzwe cyane. Ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama ni bwo iyi Minisiteri yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza ndetse n’igisoza ay’icyiciro […]
Odinga yashimiye abarimo Perezida Kagame na Ndayishimiye
Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, yashimiye abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (batarimo Félix Tshisekedi wa RDC) ku bwo gushyigikira kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama ni bwo i Nairobi habereye igikorwa cyo gutangaza iriya kandidatire cyayobowe […]
RIB yiyemeje gukurikirana Umwarimu ukekwaho kwirirwa asambanya abanyeshuri be
Ababyeyi barerera ku rwunge rw’amashuri rwa Murira rwo mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi, bagaragaje ko hari umwarimu wigisha kuri iri shuri umaze igihe asambanya abanyeshuri yigisha nyamara hakaba harabuze gukurikiranwa. Ikibazo cy’uyu mwarimu witwa Bukuru Aaron cyagaragajwe ku wa Mbere tariki ya 26 Kanama, ubwo Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari mu karere […]
U Rwanda rwahaye ibihugu 4 byo muri Amerika yo hagati imfashanyo y’arenga Frw miliyari 1.5
U Rwanda ibihugu bine byo mu birwa bya Carraïbes imfashanyo ingana na $ miliyoni 1.2 (arenga Frw miliyari 1.5), nk’imfashanyo yo kubigoboka kubera imvura y’amahindu idasanzwe yiswe Beryl yabyibasiye mu kwezi gushize. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane yatangaje ko buri gihugu muri ibi bine byahawe imfashanyo ya $300,000. Birimo Grenada, Jamaica, Barbados na St. Vincent […]
Ujya wumva ibyimbye inda nyuma yo kurya? Dore zimwe mu mpamvu zishobora kubitera
Kumara kurya ukumva ubyimbiwe inda ntabwo ari ikimenyetso kigaragaza ko urwaye igifu n’ubwo nabyo bishobora kubitera, ahubwo hari zimwe mu zindi mpamvu zishobora kubitera ari nazo tugiye kurebera hamwe. Urubuga Medisite rutangaza ko impamvu zikurikira arizo zishobora gutuma uhora ugira ikibazo cyo kubyimba igifu igihe umaze kurya: Kwangizwa n’udukoko two mu bwoko bwa ‘Bactéries’ Kubyimba […]
FDLR na Jambo ASBL ni nk’ibivumvuri: Col Bora wahoze ari intasi nkuru ya FDLR
Colonel Nshimiyimana Augustin Alias Bola Manassé, yagereranyije umutwe wa FDLR yahozemo n’itsinda rya Jambo ASBL n’ibivumvuri bihora mu ndirimbo imwe, bijyanye no kuba ibinyoma birirwa bakwiza ku Rwanda bitajya bihinduka. Colonel Nshimiyimana ni umwe mu bantu bahoze bakomeye muri FDLR kuko yari umuyobozi ushinzwe ubutasi bwo hanze, aho yakoreshaga amazina ya Colonel Bora Manassé. Yatawe […]
Congo yakumiriye ifu y’ibigori iherutse kwica imbwa 400 muri Zambia
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), ibinyujije kuri Minisitiri w’Ubucuruzi, Julien Paluku Kahongya, yakumiriye ubwoko umunani bw’ifu y’ibigori yaturukaga mu gihugu cya Zambia nyuma y’uko bigaragaye ko irimo uburozi. Ubwoko bw’ifu bwahagaritswe ni ubufite ibirango bya ‘Africa Milling, Roller Meal and Breakfast, Farm Feed Super Dog Meal, Continental Milling, Shabco Milling, Girad Milling, […]
Rubavu: Abuzukuru ba Shitani bari barayogoje umujyi wa Gisenyi buburiye umutwe mu murenge wa Cyanzarwe
Mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Cyanzarwe, hari abaturage barimo gutabaza inzego zibishinzwe basaba ko babakiza insoresore ziyise abuzukuru ba shitani zibazengereje . Bavuga ko nyuma y’uko izi nsoresore ziciwe mu mujyi wa Gisenyi no mu nkengero zawo, zahise zihindura umuvuno ziyoboka mu bice by’ibyaro by’umwihariko mu murenge wa Cyanzarwe. Bamwe mu baganiriye na […]
Minisitiri Utumatwishima yanenze abata insengero zabo nziza bakajya gushakira Imana mu Buvumo
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yanenze bamwe mu bakirisitu bata insengero zabo nziza ugasanga bagiye gushakira Imana mu buvumo cyangwa mu mashyamba. Ni ubutumwa yatanze ubwo hasozwaga ihuriro ry’urubyiruko gatolika rurenga 4000 ryaberaga muri Diyosezi ya Ruhengeri kuri iki Cyumweru taliki 25 Kanama 2024. Minisitiri Abdallah yagaye bamwe bafite imyumvire idahwitse bajya gusengera […]
Kenya yohereje itsinda ry’ingabo zijya gufasha MONUSCO muri DR.Congo
Kenya yohereje ku mugaragaro itsinda ry’ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) kugira ngo zunganire iz’umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Congo (MONUSCO). Ni umuhango wabereye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta (JKIA) i Nairobi mu mpera z’icyumweru dusoje ukaba wari uyobowe n’umuyobozi w’ikigo cy’indege cya Embakasi, Stephen Kapkory. Urubuga 24 sur 24cd, […]
FARDC yahakanye kuvogera ikirere cya M23
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko nta ndege yacyo yigeze ivogera ikirere cy’uduce M23 igenzura; bitandukanye n’ibivugwa n’uyu mutwe. M23 mu itangazo yasohoye ku Cyumweru yavuze ko “indege y’ubutegetsi bwa Kinshasa yavogereye ikirere cyacu muri iki gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 25 Kanama 2024”, ivuga ko ibyabaye bigize “kwica agahenge […]
Kubura amarozi mu byaba byaratumye Rayon Sports ihagamwa n’Amagaju
Ikipe ya Rayon Sports biravugwa ko mbere y’uko ihura n’Amagaju yabuze uko ikoresha amarozi, bituma ibura amanota atatu muri uwo mukino. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Rayon Sports yari yakiriye Amagaju FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda. Ni umukino warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2, bituma Murera […]
Ethiopia : Abantu 10 bahitanywe n’inkangu; ubuyobozi buteguza umwuzure udasanzwe
Nk’uko ibitangazamakuru bya Leta bibitangaza, abantu icumi bahitanywe n’inkangu mu Majyaruguru ya Etiyopiya mu karere ka Amhara mu mpanuka y’inkangu ziherutse kwibasira iki gihugu. Mu mpera z’icyumweru dusoje, Amhara Media Corporation (AMC), yavuze ko nibura abantu 10 bapfuye bazize ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye muri ibi bihe. AMC yavuze ko abantu umunani aribo bakomeretse […]
M23 yashinje indege ya FARDC kuvogera ikirere cyayo
Umutwe wa M23 ku Cyumweru washinje Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kuvogera ikirere cy’uduce ugenzura cyifashishije indege yacyo y’intambara. M23 yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wayo ari na we uvugira ihuriro Alliance Fleuve Congo. Yavuze ko “turamenyesha rubanda ko indege y’ubutegetsi bwa Kinshasa yavogereye ikirere cyacu muri iki gitondo cyo […]
Sudan: Ingabo za RSF zateguje gushinga Guverinoma i Khartoum
Mu mpera z,icyumweru gishize, ingabo z’abakomando bo muri Sudani (RSF) zatangaje ko zizatangiza guverinoma mu murwa mukuru Khartoum niba ingabo za Leta zikomeje kwanga imishyikirano yo guhagarika Intambara imaze amezi 16. RSF iyobowe na Jenerali Mohamed Hamdan Daglo, yavuze ko igikorwa nk’iki kigamije kurinda abaturage no guha uburenganzira umuyobozi mukuru w’ingabo, Jenerali Abdel Fattah al-Burhan […]
Nigeria: Polisi yagaruje abanyeshuri 20 inyeshyamba zari zarashimuse
Polisi ya Nigeria, yavuze ko abanyeshuri 20 bari barashimuswe berekeza mu ihuriro ryabo bararekuwe nyuma yicyumweru kimwe bashimuswe. Ku ya 15 Kanama, abantu bitwaje imbunda bafashe aba banyeshuri ubwo bari bagiye mu nama yabereye muri Leta ya Benue, rwagati. Ubwo bari mu muhanda muri convoy ya bisi ebyiri hafi y’umujyi wa Otukpo, nko mu birometero […]
Bobi Wine atewe impungenge no kuba Perezida Museveni yariyegereje Eddy Kenzo
Bobi Wine yavuze ko ashimira umubano wateye imbere cyane hagati ya guverinoma n’Abahanzi bo muri Uganda ashingiye kuri Eddy Kenzo uherutse kugirwa umujyanama wa perezida Museveni mu by’ubugeni n’ubuhanzi, ariko nanone agaragaza ingaruka bishobora guteza. Ati: “ Ibyo byeretse abayobozi ko uruhare rw’abacuranzi atari kuririmba no kubyina gusa, ahubwo ko nabo bafite ubumenyi buri hejuru.” […]
Alpha Rwirangira ntazongera kuririmba indirimbo zitari izaririmbiwe Imana
Umuhanzi Alpha Rwirangira wamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye mu muziki nyarwanda, atangaza ko atazongera kuririmba indirimbo zitari izo kuramya no guhimbaza Imana ‘gospel’. Yavuze ko bijyanye n’amahitamo ye, yahisemo gukorera Imana mu buryo bwo kuyiririmbira bityo yemeza ko atazongera kuririmba indirimbo z’urukundo cyangwa ubundi butumwa buhabanye na Gospel. Alpha Rwirangira yamenyekanye cyane ubwo yatwaraga irushanwa rya […]
Riderman na Bulldog bagaragaje umwihariko mu gitaramo kimurika album yabo ‘Icyumba cy’amategeko’

Bulldog na Riderman bakoze umwihariko wo guhuza abaraperi bo mukiragano cyo hambere n’icyubu mu gitaramo cyabo cyo kumurika album yabo yaraye imurikiwe muri Camp Kigali. Abafana babaye benshi mu birori byo kumurika Album y’abaraperi ‘Bulldog na Riderman bise ‘Icyumba cy’Amategeko, aho abakunda injyana ya Hip Hop bongeye kubona Rap y’umwimerere baherukaga mu myaka ishize. Ni […]
CAF Champions league: APR FC yisasiye Azam, isanga Pyramids FC mu ijonjora rya kabiri
Ikipe ya APR FC yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Azam FC yo muri Tanzania ibitego 2-0 ikayisezerera ku bitego 2-1. Ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Azam kuri Stade Amahoro, mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Gatandatu. Ni nyuma y’ubanza abanya-Tanzania bari batsinzemo igitego 1-0 ku Cyumweru […]
Guverinoma ya Kenya yakumiriye isukari ituruka muri EAC
Guverinoma ya Kenya yategetse ko nta sukari yemerewe kongera kwinjizwa mu gihugu yaba iturutse mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ndetse no hanze yaho. Iki cyemezo Leta ya Kenya yagifashe nyuma yo kubona ko ngo yihagije mu bicuruzwa bimwe na bimwe birimo n’isukari. Ni nyuma y’uko umunyamabanga mukuru wa minisiteri y’Ubuhinzi muri Kenya, Kipronoh […]
ICC yasabye ko impapuro zo guta muri yombi abayobozi ba Israel na Hamas zakwihutishwa
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Karim Khan, avuga ko urukiko rufite ububasha bwo gutanga impapuro zirega Minisitiri w’Intebe Netanyahu n’ Ubuyobozi bwa Hamas kubera gushoza intambara muri Gaza. Khan yahamagariye abacamanza gufata icyemezo cyihutirwa ku cyifuzo cye cyo gusaba impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu n’abandi bafitanye isano n’intambara […]
Yishe umugore we amucyekaho gusambana n’umuturanyi, nawe yiha uburozi atabarwa na polisi
Umugabo w’imyaka 30 yanize umugore we kugeza apfuye nyuma yo kumukeka ko yaba yararyamanye n’umuturanyi . Ibi byabereye mu gace ka Ndiwa mu ntara ya Kericho mu gihugu cya Kenya. Umwe mu baturanyi b’uyu mugabo bavuga ko yakoze ibi, acyeka ko igihe cyose yaba adahari, umugore we yajyaga yinjira mu rugo rw’umuturanyi kugira ngo baryamane. […]
Zimbabwe yavuze ku byo kuba yaba yaraburijemo umugambi wa Tshisekedi wo kwivugana Kabila
Leta ya Zimbabwe yahakanye amakuru yavuzwe mu cyumweru gishize y’uko yaba yaraburijemo umugambi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wo kwivugana Joseph Kabila wahoze ayobora icyo gihugu. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo i Harare muri Zimbabwe haberaga inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC, havuzwe amakuru y’uko Leta ya RDC yaba yari yoherejeyo abakozi […]
Tanzania: Ishyaka ‘ Chadema’ rirashinja Leta kunyereza abayoboke baryo barenga 200
Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya, Chadema, ryasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bayoboke baryo barenga 200 rivuga ko bashimuswe. Ikindi kandi risaba Leta ko yakongera umutekano ubwicanyi bwibasiye igihugu bugahagarara. Perezida w’iri shyaka Freeman Mbowe mu kiganiro n’abanyamakuru ku ya 22 Kanama 2024, yavuze ko iki kibazo gikwiye gukemurwa byihutirwa kuko bitabaye ibyo, igihugu […]
AFC- M23 yungutse izindi mbaraga
Tikaïleli Baundjwa, wahoze ari umuyobozi ukomeye mu ishyaka rya politiki riyobowe na Guy Loando Mboyo, aherutse kwinjira mu mutwe wa Politiki ‘Alliance Fleuve Congo ,(AFC), uyobowe na Corneille Nangaa Yobeluo, wifatanije n’abarwanyi ba M23. Ibi byamenyekanye nyuma y’inyandiko zasohowe n’ishyaka rya AREP risanzwe ribarizwa mu ihuriro rya UNION SACREE ya perezida Félix Tshisekedi. Izi nyandiko […]
Amasezerano yo kwakira impunzi n’abimukira bava muri Libya yavuguruwe
Nyuma y’uko abasaga 1800 mu mpunzi zaturutse muri Libya zinyuze mu Rwanda zabonye ibihugu, kuri ubu amasezerano yo kwakira abandi baturutse muri iki gihugu yavuguruwe. Guverinoma y’u Rwanda, Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), byasinyanye amasezerano yo gukomeza ubufatanye ku kwita ku bimukira bari mu Nkambi y’Agateganyo ya […]
Putin yahaye UPDF imfashanyo ya za miliyari
Guverinoma y’u Burusiya ku wa Gatanu yahaye Igisirikare cya Uganda imfashanyo ya $ miliyoni 100 (Frw miliyari 133), ku mabwiriza ya Perezida Vladimir Putin. Iyi mfashanyo ikurikiye ibiganiro ba Perezida Putin na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda bagiriye i Saint Petersburg mu mwaka ushize. Amakuru avuga ko u Burusiya bwahaye Uganda aya mafaranga nyuma yo […]
RDC: Depite Bitakwira yongeye gushishikariza Mai Mai kuva mu bihuru bakaza kwica Abanyamurenge
Mu gace ka Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, umutwe wa Maï Maï Yakutumba ukorera muri kariya gace, ukomeje kubangamira ituze ry’abaturage by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abanyamurenge. Nk’uko aba baturage babivuga, uyu mutwe witwaje intwaro washyizeho bariyeri ku mihanda ubabuza gutambuka kugirango habeho kugenzura neza utambuka uwariwe. […]
Isomo Gen Muhoozi avuga ko yigiye kuri Maj Gen Fred Rwigema
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yigiye kuri nyakwigendera Maj Gen Fred Rwigema isomo ry’uko agomba kubohora umugabane wa Afurika wose. Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabigarutseho mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatandatu. Amateka agaragaza ko mbere y’uko Maj Gen Fred […]
Burundi: Ingendo z’impunzi z’Abanye Congo zerekeza Amerika na Canada zahagaritswe
Impunzi z’Abanye Congo ziba mu Burundi zakumiriwe kwerekeza muri Canada na Amerika nyuma y’icyorezo cy’ubushita bw’inkende ( monkeypox) gikomeje kuvuza ubuhuha mu Burundi. Impunzi z’Abanyekongo babarirwa mu magana, bari ku rutonde rwa IOM (International Organization for Migration) bari bategereje kwimurirwa muri Kanada no muri Amerika ariko biza gutangazwa ko ingendo zabo zahagaritswe mu gihe cy’iminsi […]
Isheja Sandrine yagizwe Umuyobozi muri RBA, Niyonkuru Zéphanie arirukanwa

Umunyamakuru Isheja Butera Sandrine wari umaze igihe kirekire akorera Radio Kiss FM, yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Kanama ni yo yamuhaye izo nshingano. Ni inshingano agomba kungirizaho Cléophas Barore uyobora iki kigo mu Ukuboza 2023. Abandi bahawe imirimo barimo Munezero Clarisse wagizwe […]
Nigeria: Abahinzi 13 bishwe n’abashumba bazira gutanga amakuru
Abahinzi 13 bishwe n’abantu bataramenyeka bitwaje intwaro mu gitero cyagabwe mu Majyaruguru ya Nijeriya,nta tsinda ryahise rivuga ko ariryo nyirabayazana w’ubwo bwicanyi bwabaye ku wa Gatatu muri leta ya Nigeriya. Ni mu gihe mu Majyaruguru ya Nijeriya hakomeje kurangwa n’imirwano ishingiye ku butaka no ku mazi hagati y’abashumba n’abahinzi bo mu cyaro. Ikindi gitera ubwumvikane […]
Ibipimo by’imvura y’umuhindo ntibinyuranye n’iby’iyaguye mu myaka 30 ishize- Meteo Rwanda
Imvura y’umuhindo iteganyijwe mu Rwanda, ni ukuvuga mu mezi atatu ari imbere, ntihabanye n’iyaguye mu myaka 30 ishize nk’uko ibipimo bitangwa n’ Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda bibigaragaza. “ Meteo Rwanda, itangaza ko imvura iteganyijwe mu Muhindo wa 2024, izaterwa n’ubushyuhe bw’inyanja ya Atlantika n’u Buhinde. Ubwo iki kigo cy’amurikaga uko ibi […]