Itsinda ry’abacunga abagororwa muri Eswatini ryaje kwigira kuri RCS

U Rwanda nk’igihugu gikomeje gukataza mu iterambere mu nzego zitandukanye, gikomeje kwigirwaho n’amahanga nyuma y’uko asanze haraho rumaze kugera. Ni muri urwo rwego CG Phindile Nomvula Dlamini hamwe n’itsinda ayoboye bari kumwe na Komiseri mukuru w’ungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni basuye Igororero ry’abagore rya Nyamagabe kugirango bahahe ubumenyi bwo kunganira ubwo bari bafite mu […]

Ethiopia:Umubare w’abo inyeshyamba zishe uteye inkeke

Umubare w’abantu bishwe ukomeje guteza ikibazo muri Ethiopia , aho imiryango mpuzamahanga ikomeje gusaba ko impande zishyamiranye zagirana ibiganiro. Komisiyo y’Uburengenzira bwa Muntu muri Ethiopia, yatangaje ko mu kwezi gushize k’Ugushyingo mu gihe cy’iminsi itandatu, abaturage b’abasivili barenga 50 baguye mu bitero byagabwe n’abarwanyi barwanya ubutegetsi. Ibitero byose byahitanye aba bantu, byabaye hagati ya tariki […]

APR FC ntikozwa ibyo kwirukana Thierry Froger utishimiwe n’abafana

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwishimiye Umufaransa Thierry Froger utoza iyi kipe, bityo ko nta gahunda ihari yo kuba yamwirukana. Ni ibyatangajwe na Chairman w’iyi kipe, Lt Col Karasira Richard, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Kane tariki ya 7 Ukuboza 2023. Kuva umutoza Thierry Froger yanganya n’amakipe arimo AS Kigali, Kiyovu Sports na […]

INES-Ruhengeri yizihije imyaka 20 imaze ishinzwe, ishima Perezida Kagame

Kaminuza ya INES-Ruhengeri iherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza yizihije isabukuru y’imyaka 20 imaze itanga amasomo ku rwego rwa Kaminuza. Ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru byabereye ku Cyicaro Gikuru cy’iyi Kaminuza giherereye mu karere ka Musanze, bibimburirwa n’igitambo cya Misa cyatuwe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Mgr […]

Bucyibaruta wari warahamijwe uruhare muri Jenoside yapfuye

Bucyibaruta Laurent wari warahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2023. Inkuru y’urupfu rwe yatangiye kuvugwa mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu. Muri Nyakanga umwaka ushize ni bwo Bucyibaruta w’imyaka 79 y’amavuko yari yakatiwe imyaka 20 y’igifungo n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, nyuma […]

Nyaruguru: Umugabo yishwe azira kwiba urubingo

Umugabo witwaga Ndagijimana Daniel w’imyaka 28, wari utuye mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, birakekwa ko yishwe n’abaturage ubwo bamuvumburaga mu murima w’umuturanyi we yiba ubwatsi bw’amatungo bwo mu bwoko bw’urubingo. Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa 4 rishyira uwa 5 Ukuboza 2023. Nk’uko abaturanyi ba nyakwigendera […]

Mulindwa Prosper atorewe kuba Meya wa Rubavu naho Mukase Valentine atorerwa kuyobora Karongi

Murindwa Prosper yatorewe kuyobora akarere ka Rubavu nyuma y’uko yari asanzwe ari umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro, mu gihe Mukase Valentine wari Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Karongi yatorewe kuba umuyobozi wako. Aka karere ka Karongi kari kamaze iminsi 45 kayobowe by’Agateganyo na Niragire Theophile wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe […]

Lupita nyong’o aravugwa mu rukundo n’undi mugabo yasimbuje umunyamakuru

Umukinnyi w’amafirime wegukanye igihembo cya Oscar, Lupita Nyong’o ,na Joshua Jackson baravugwa mu rukundo nyuma yo kugaragara bari kumwe agatoki ku kandi mu mujyi wa i Los Angeles. Mu ntangiro z’iki cyumweru aba bombi bageze i Erewhon,mu iguriro ry’ibiribwa rya Los Angeles.Mu kugerageza kwirinda ko hari ababashagara , Lupita yagerageje kwima amaso abafotozi ubwo bari […]

M23 yigaruriye Mushaki nyuma y’imirwano yiciwemo Ingabo nyinshi za FARDC

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza, wigaruriye Centre ya Mushaki wo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano ikaze n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imirwano hagati y’impande zombi yari yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu butumwa yanditse kuri Twitter, yavuze ko […]

Itsinda rya Blu*3 rigiye kongera gusubirana nyuma y’imyaka 15 ritandukanye

Abaririmbyikazi batatu bo muri Uganda bibumbiye mu itsinda rizwi nka Blu*3 bagiye kongera kwihuza nyuma y’uko bari bamaze imyaka igera kuri 15 batandukanye. Abahanzikazi bagize itsinda rya Blu*3 ni Lilian Mbabazi, Jackie Chandiru na Cindy Sanyu bakaba bagiye guhirira mu gitaramo bise “The Blu 3 Reunion”. Abakurikira Instagram ya Lilian Mbabazi batunguwe no kubona hasohotse […]

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga iyo bitabiriye gahunda za Leta ntacyo batahana

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barahamya ko bajya bitabira gahunda za Leta baseta ibirenge kuko ngo ibihavugirwa usanga batabisobanukiwe bitewe n’uko nta muntu uba yarateganyijwe ubasobanurira. Bavuga ko inama zibera nko mu mirenge, mu tugali cyangwa mu nteko z’abaturage,usanga hari igihe bazitabira ariko bagataha amara masa ntacyo bumvise.Uretse no kutabona ubasobanurira, ngo […]

Uganda yihenuye kuri Amerika nyuma yo gutangaza ikurwaho rya VIZA ku bayobozi

Uganda yanenze yivuye inyuma merika iherutse gutangaza ikurwaho rya VIZA ku bayobozi bayo,aho ivuga ko Leta ya Washington yagerageje gucengeza gahunda y’Ubutinganyi (LGBT) muri Afurika . Ibi bihano bishya byashyizwe ahagaragara mu ntangiriro ziki cyumweru bireba abantu ba Uganda bagize uruhare mu bikorwa byo gukumira no guhana abakora ubutinganyi.Amerika ishinja Uganda gushyira imbere no guhungabanya […]

Katumbi yandagaje Jean Pierre Bemba wamwise umunya-Zambia

Umunyapolitiki Moà¯se Katumbi Chapwe, yandagaje Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba nyuma yo kumwita umunya-Zambia. Ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza ni bwo Jean Pierre Bemba wari i Kinshasa yagaragaje ko Katumbi uri mu biyamamariza kuyobora RDC adakwiye kuyobora iki gihugu, ngo kuko ashobora kuzakigambanira bijyanye no kuba ari […]

U Bwongereza: Minisitiri w’Abinjira n’abasohoka yeguye kubera amasezerano n’u Rwanda

Robert Jenrick wari Minisitiri Ushinzwe Abinjira n’abasohoka mu Bwongereza, yeguye kuri uwo mwanya avuga ko atemeranya na gahunda ya Guverinoma ya kiriya gihugu yo kohereza abimukira mu Rwanda. Ku wa Kabiri tariki ya 5 Ukuboza ni bwo u Bwongereza n’u Rwanda basinyanye amasezerano mashya yerekeye abimukira. Ni amasezerano yasinywe na Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, James […]

Perezida Kagame yabonanye n’abayobozi ba Global Citizen mbere y’igitaramo kibera muri BK Arena

Perezida Kagame yabonanye n’abayobozi b’Umuryango Global Citizen mbere gato y’igitaramo cyiswe #MoveAfrika Rwanda kibera muri BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu. Umukuru w’Igihugu yabonanye n’abayobozi b’uyu muryango aribo Hugh Evans na Francine Katsoudas habura igihe gito ngo Umuraperi Kendrick Lamar Duckworth wamenyekanye mu muziki nka Kendrick Lamar ataramire Abanyarwanda mu birori biteganyijwe […]

Kim Jong Un yasutse amarira, asaba abagore bo muri Koreya kongera urubyaro

Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru yagaragaye asuka amarira, ubwo yarimo asaba abagore bo mu gihugu cye kongera urubyaro. Hari mu nama y’ababyeyi b’abadamu b’abanya-Koreya yabereye mu murwa mukuru Pyongyang, akaba yagezaga ijambo ku bayitaburiye. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana uyu mutegetsi yafashwe n’imbamutima zatumye asuka amarira; ibyo abantu bafashe nk’ibidasanzwe kuri […]

Rubavu:Abagabo barimo guta ingo bakajya gushaka abandi bagore b’abajejetafaranga

Mu karere ka Rubavu by’umwihariko mu murenge wa Nyundo, hari kuvugwa ikibazo cy’abagabo basigaye bata ingo zabo bakajya gushaka abandi bagore b’abanyamafaranga. Abagore bo muri ibyo bice baravuga ko inzego zibishinzwe zikwiye kubatabara nyuma y’uko ngo abagabo babo babona ubukene bwugarije ingo zabo ntibibabwihanganire bakajya kwishakira abagore bifite bakagira ubushobozi bwo kubatunga. Bamwe mu baturage […]

Kiyovu Sports yajyanye Mvukiyehe Juvenal muri RIB

Umuryango wa Kiyovu Sports wareze mu rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Mvukiyehe Juvenal wahoze ayobora Kiyovu Sports Company, umushinja ibyaha birimo ubujura. Kiyovu Sports yareze Juvenal biciye mu kirego cyatanzwe n’umunyamategeko wawo, Me Mugabe Fidèle. Ibyaha imushinja birimo ubujura, ubuhemu ndetse n’icyo kwihesha ikintu cy’undi [hakoreshejwe uburiganya]. Ku wa 26 Nzeri 2023 ni bwo Mvukiyehe yirukanwe […]

DR Congo:Ingabo za Uganda ziri muri EACRF mu gihirahiro

Ingabo za Uganda ziri mu zibungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba,ziri mu gihirahiro nyuma y’uko ngo zitarabona amabwiriza azemerera kuzinga utwangushye bava muri iki gihugu. Ni nyuma y’uko izi ngabo za EACRF zahawe nyirantarengwa yo kuba uhereye taliki 8 Ukuboza 2023, zizaba zamaze gukura ibirenge byazo muri […]

Zambia:Perezida Hichilema afite icyizere ko abantu 25 bagwiriwe n’ikirombe bazavamo ari bazima

Kuri uyu wa gatatu, ishami rishinzwe ubutabazi ryatangaje ko abashinzwe ubutabazi muri Zambia barokoye umuntu wa mbere warokotse inkangu yo ku ya 1 Ukuboza yarengeye ikirombe gicukurwamo umuringa cyagwiriye abantu 25 bari barimo. Ishami ry’abatabazi ryatangaje ko umwirondoro w’uyu mugabo utaramenyekana nk’uko ishami rishinzwe imicungire y’ibiza no kugabanya ibiza ryabitangaje mu itangazo ryashyizwe ku rubuga […]

Sierra Leone: Abasirikare benshi bafunzwe bazira kugerageza Coup d’état

Guverinoma ya Sierra Leone yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu 57 biganjemo abasirikare, bagakekwaho kugira uruhare mu igerageza ryo guhirika ubutegetsi riheruka kuba muri iki gihugu. Ku wa 26 Ugushyingo ni bwo i Free Town mu murwa mukuru wa Sierra Leone hageragejwe coup d’état, gusa iza gupfuba. Abamaze gutabwa muri yombi barimo 14 (abasirikare […]

Perezida w’ikipe ya Sunrise FC arafunzwe

Urwego rw’Igihugu cy’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rwataye muri yombi, Perezida w’Ikipe ya Sunrise, aho akurikiranyweho kunyereza umutungo wa Koperative ayoboye icuruza amata n’ibiyakomokaho. Hodari Hilary usanzwe ari Perezida wa Sunrise FC, akaba n’umuyobozi wa Koperative y’abacuruzi b’Amata bo mu Karere ka Nyagatare, yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo w’iyi Koperative. Iyi koperative yitwa […]

Nusaba umukobwa urukundo agatinda kugusubiza uzamenye ko arimo guteganya ibi bintu

Gusaba urukundo umukobwa si ibintu byoroshye kuko usanga hari ibintu byinshi ashingiraho kugirango yemera.Akenshi nta mukobwa usabwa urukundo ngo ahite yemera kuko abanza kugira byinshi abanza kunonosora ku musore kugirango amwemerere. Zimwe muri izo mpamvu ni izi zikurikira 1.Kwihagararaho Iyo umukobwa amaze kumenya ko umusore amwemera kandi ko yiteguye kumukorera icyo yashaka cyose kugira ngo […]

Froger wa APR FC yongeye kujya mu mazi abira

Umufaransa Thierry Froger utoza APR FC yongeye kotswa igitutu n’abafana, nyuma y’uko iyi kipe yari imaze kugwa miswi na Gasogi United 0-0. Hari mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona amakipe yombi yahuriyemo kuri Kigali Pele Stadium mu ijoro ryakeye. Kunganya na Gasogi United byatumye APR FC yuzuza imikino itatu imaze kunganya muri ine ya […]

M23 si yo kibazo cyugarije RDC: Gen Kulayigye

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyagaragaje ko kidafata umutwe wa M23 nk’ikibazo, ko ahubwo ibibazo byugarije uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari ibishimgiye kuri Politiki. Uganda ni kimwe mu bihugu bine by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byohereje Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kuhagarura amahoro. Ni nyuma y’uko imirwano ikomeye […]

Hari ibiryo ukwiye kwirinda mu gihe wariye amagi

Nk’uko bisobanurwa kuri urwo rubuga, usanga abantu benshi muri iyi minsi baba bahugiye muri byinshi, bigatuma batita ku byo barya, nyamara hari ibyo umuntu arya yabivanga n’ibindi bitagombye kuvangwa bikamuviramo ibibazo mu nzira z’igogora, kunanirwa bidasanzwe, isesemi n’ibindi. Kimwe mu biribwa abantu bafata uko babonye ni amagi, kandi yuzuyemo intungamubiri, za ‘Proteine’, ‘Vitamine’ ndetse n’ubutare […]

Rwanda: Litiro ya lisansi yagabanutseho Frw 183

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwagabanyije igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli ugereranyije n’ibyari bimaze amezi abiri byubahirizwa uhereye mu Ukwakira uyu mwaka. Itangazo uru rwego rwasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ukuboza, rivuga ko litiro ya lisansi itagomba kurenza Frw 1639 ivuye kuri 1,822. Ibi bivuze ko litiro ya lisansi yagabanutseho Frw 183 ugereranyije n’ibiciro biheruka. […]

Abandi ba Major b’Abarundi bivuganwe na M23

Abasirikare bakuru bo mu ngabo z’u Burundi barimo babiri bo ku rwego rwa ba Major, biciwe mu mirwano y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23. Ni imirwano yabaye ku wa Mbere tariki ya 4 Ukuboza 2023. U Burundi bufite batayo eshatu z’abasirikare bwohereje mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu rwego rwo guha […]

Perezida Museveni yakojeje ibaba muri wino yandikira Perezida wa Amerika Joe Biden

Ku munsi w’ejo, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahuye kandi agirana ibiganiro na Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika (Amerika) muri Uganda, H.E William W. Popp muri Purezidansi. Muri iyo nama, Perezida Museveni na Ambasaderi, Popp baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo n’amategeko nyafurika yo gukura no guha amahirwe (AGOA). H.E Museveni kandi yohereje ubutumwa bwihariye kuri […]

Umukerarugendo w’umunyamerika yishwe n’igifi kinini kizwi nka Shark

Polisi yo mu gihugu mu birwa bya Caraibe yavuze ko umukerarugendo w’umunyamerika wasuye Bahamas yishwe n’igifi kinini ubwo yari agiye mu nyanja. Uyu mukecuru w’imyaka 44 utaravuzwe izina, ukomoka mu mujyi wa Boston nk’uko amakuru yatangajwe n’abapolisi ba Royal Bahamas abitangaza, ngo uyu mugore wari wazanye n’umuvandimwe w’umugabo we yari yabanje kujya ku nkombe z’inyanja […]

CECAFA: Uganda yatsinze Amavubi U-18, igera ku mukino wa nyuma

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 18 y’amavuko yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA, nyuma yo gutsinda u Rwanda igitego 1-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye kuri uyu wa Kabiri. Igitego cyo ku munota wa 57 w’umukino cya Abubakar Mayanja ni cyo cyafashije Abagande gusezerera u Rwanda.

Sena yagaragaje icyo u Rwanda rwungukira ku badiyasipora

Sena y’u Rwanda igaragaza ko Abanyarwanda baba mu mahanga bakwiye kwitabwaho bakongera ubushobozi kuri serivisi ziborohereza kuko bagira uruhare rukomeye mu kazumura ubukungu bw’Igihugu. Raporo yasohotse hanze usanga igaragaza ko umusaruro uturuka ku badiyasipora,wariyongereye ariko ngo byaba byiza inzengo zitandukanye zigiye zirushaho gukorana nabo. Amafaranga Abanyarwanda baba mu mahanga bohereza mu gihugu yavuye kuri miliyoni […]

Abasirikare b’u Burundi bari muri EACRF na bo binjiye mu ntambara na M23

Umutwe wa M23 urashinja Ingabo z’u Burundi zoherejwe mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo kugarura amahoro muri Congo (EACRF) kwinjira mu ntambara uhanganyemo n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya RDC. U Burundi busanzwe bufite izindi ngabo muri RDC bwahohereje gufasha iz’iki gihugu guhangana na M23, binyuze mu masezerano ibihugu byombi byasinyanye mu minsi yashize. Imirwano […]

Umusore n’inkumi bagaragaye basambanira ahazwi nko ku Kinamba bafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze umusore n’inkumi bagaragaye mu mashusho basambana mu ruhame. Amakuru avugwa n’uko ngo aba bombi bategewe amafaranga kugirango basambane ubwo bari ahazwi nko ku Kinamba mu mujyi wa Kigali. Ibi babikoze ku wa Gatandatu tariki 2 Ukuboza 2023, babikorera ahitwa ku Kinamba mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kacyiru, Akagari […]

Uburusiya bwemeye kubakira Niger igisirikare gikomeye

Abayobozi b’Abarusiya basuye Niger kugira ngo bashimangire umubano wa gisirikare. Uru nirwo ruzinduko rwa mbere rw’umunyamuryango wa guverinoma y’Uburusiya muri iki gihugu kuva ku ya 26 Nyakanga hahirikwa ubutegetsi bwa perezida Bazoum. Iri hirikwa ryahungabanije umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Niger n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga by’umwihariko Ubufaransa.Ingabo z’iki gihugu zarahambirijwe. Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri w’ingabo wungirije […]

Perezida Kagame yagenewe impano na Ronaldinho

Rurangiranwa Ronaldinho Gaàºcho wamamaye mu makipe arimo FC Barcelona n’Ikipe y’Igihugu ya Brésil, yageneye Perezida Paul Kagame impano y’umwambaro w’Ikipe y’Igihugu cye. Ronaldinho aheruka gutangaza ko mu mwaka utaha wa 2024 azaza mu Rwanda, aho azaba yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago. Abanyabigigwi babarirwa muri 30 barimo kandi umunya-Caméroun Roger Milla ni bo bimaze kumenyekana […]

Twagiramungu yatumye dutinyuka ingoma y’igitugu ya MRND: Senateri (Rtd) Iyamuremye

Senateri (Rtd) Iyamuremye Augustin wahoze ari Perezida wa Sena y’u Rwanda, yihanganishije umuryango wa Faustin Twagiramungu, amucyeza ku kuba yaratumye abantu batinyuka ‘ingoma y’igitugu’ yari iyobowe n’ishyaka MRND. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yapfuye azize urupfu rutunguranye. Uyu mukambwe wari ufite imyaka 78 y’amavuko yaguye i […]

Thierry Froger yasobanuye impamvu 2 atagikinisha Shiboub

Umutoza Thierry Froger wa APR FC, yatangaje impamvu atagikinisha umunya-Sudani, Sharaf Eldin Shiboub Ali Abdelrahman; zirimo umubare w’abanyamahanga. Kuva APR FC yasezererwa na Pyramids FC yo mu Misiri Shiboub yahise atakaza burundu umwanya wo gukina. Babanje kuvugwa ko impamvu uyu mukinnyi atagikinishwa ari ukubera uburwayi, gusa nyuma haza amakuru avuga ko yaba yaragiranye ibibazo n’umutoza […]

Menya imboga warya utiriwe uziteka ukarushaho kugira ubuzima bwiza

Hari abantu batekereza ko kurya imboga bigoye, kuko bibasaba umwanya munini wo kuzitegura, ariko ni byiza kurya imboga kandi zitunganyije neza nubwo byasaba umwanya wo kuzitegura. Hari imboga ziribwa zitetse, ariko hari n’imboga umuntu arya ari mbisi kugira ngo ashobore kubona intungamubiri nyinshi, kuko hari izangirika mu gihe zitetswe. Imboga zifasha abantu bifuza gutakaza ibiro, […]

Israel vs Hamas:Inkomere zatangiye guhungishirizwa muri Tunisia

Tuniziya ivuga ko yakiriye kandi ikavura bamwe mu bakomeretse baturutse i Gaza aho imirwano hagati ya Hamas n’ingabo za Isiraheli wasubukuwe nyuma y’iminsi 7 y’agahenge kari katanzwe. Abanyapalestine bakomeretse, hamwe n’imiryango 21, binjiye mu ndege ya gisirikare ya Tuniziya ku cyumweru nimugoroba.Bibaye mu gihe impungenge mpuzamahanga ziyongereye ku mpfu z’abasivili n’imvune ku munsi wa gatatu […]

Musanze:Igiciro cy’ibirayi cyatangiye kungana n’icy’icyayi cya mukaru

Nyuma gato y’intangiro z’uyu mwaka wa 2023, mu Rwanda hagiye hagaragara itumbagira ry’ibiciro ku bicuruzwa bimwe na bimwe by’umwihariko ku bijyanye n’ibiribwa birangajwe imbere n’ibirayi. Nta watinya kuvuga ko byagiye byikuba kabiri ahandi gatatu bijyanye n’isoko umuguzi yabiguriyemo.Ni ibintu byatunguye benshi kuko kumwero wabyo hari abari bamenyereye kubigura ku giciro gito.Ni ukuvuga hagati y’amafaranga 150 […]

Bite bya Eric Semuhungu? Arabarizwahe nyuma yo kuvugwaho gufata ku ngufu?

Hashize igihe gikabakaba amezi atandatu Semuhungu Eric atagaragara ku mbuga Nkoranyambaga nk’uko byari bisanzwe bimenyerewe n’abamukurikira. Ibi bikaba bikurikira amakuru aherutse gutangazwa ku miyoboro itandukanye ya You Tube mu mezi ashize, avuga ko yaba afunzwe nyuma yo kuvugwaho ko yaba yarafashe kungufu ingimbi itaruzuza imyaka 18. Icyo gihe byavuzwe ko uwo yafashe kungufu yabanje kumusindisha […]

Ikibazo cy’abakomisiyoneri gikomeje kujegeza intara y’Amajyaruguru

Bamwe mu baturage batuye mu ntara y’Amajyaruguru baravuga ko barembejwe n’abahuza mu kugura no kugurisha bazwi nk’aba komisiyoneri. Abaherutse kuganirana RBA bavuze ko aba bakomisiyoneri bitwikira ko babahuza n’abaguzi maze bakabarya utwabo. Umwe mu bakorewe ubwo butekamutwe yavuze ko hari isambu yagurishije miliyoni 2 bigizwemo uruhare n’umukomisiyoneri ariko akimara gusinya uwaguze amubwira ko amafaranga atuzuye […]

Amajyepfo: Abagore b’abarwanashyaka ba DGPR bungutse ababahagarariye

a47a0011.jpg

Ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda, ryatoye abagore bahagarariye abandi ku rwego rw’Intara y’amajyepfo. Ni igikorwa cyabereye mu karere ka Huye, ku Cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2023. Mu batowe harimo Mutuyimana Louise watorewe kuyobora abagore b’abarwanashyaka ba Green Party ku rwego rw’intara, Tuyishime Jacqueline watorewe kuba Visi-Perezida cyo kimwe […]

Ibisasu byatezwe Col Ruhinda wari ukuriye abakomando ba FDLR byamuhitanye

Col Ruvugayimikore Protogène Alias Ruhinda wari ukuriye umutwe w’Ingabo zidasanzwe za FDLR yishwe n’ibisasu yatezwe ku buriri. Amakuru avuga ko Col Ruhinda yapfuye saa munani z’ijoro ryakeye kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2023 , mu bitaro by’i Goma, Nyuma yuko yakomerekejwe cyane nibi bisasu bya gerinade byamuturikanye mu buriri bwe yagiyemo avuye gutanga […]

RDC: Ingabo za EAC zatangiye kuzinga utwangushye

Ingabo Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wari warohereje mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri iki cyumweru zatangiye gutaha. Ingabo za Kenya ni zo zabimburiye izindi, mbere y’iminsi itanu ugereranyije n’igihe izi ngabo cyo kuva mu burasirazuba bwa RDC. Kenya ni na yo yari yarohereje Ingabo zayo muri RDC mbere y’ibindi […]

Rubavu: Abaturage bicishije amabuye umugore bashinja kuba umurozi

Umugore witwa Mukarukundo Elina wo mu murenge wa Cyanzarwe w’akarere ka Rubavu, yicishijwe amabuye n’abaturage bamushinjaga kuba umurozi. Byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 2 Ukuboza 2023, bibera mu mudugudu wa Makurizo, akagari ka Makurizo ho mu murenge wa Cyanzarwe. Amakuru BWIZA yamenye ni uko Mukarukundo w’imyaka 55 y’amavuko mbere yo kwicwa […]

Putin yategetse ko Igisirikare cy’u Burusiya cyongerwamo abasirikare bashya 170,000

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yategetse ko Igisirikare cy’igihugu cye cyongerwamo abasirikare bashya 170,000; mu gihe iki gihugu gikomeje intambara na Ukraine. Ku wa Gatanu tariki ya 1 Ukuboza ni bwo Perezida Putin yaciye ririya teka ryasohowe n’ibiro bye, mbere yo gutangira guhita rishyirwa mu bikorwa. Nyuma y’iri teka bisobanuye ko u Burusiya bugomba kugira […]

UR yiyamye abakomeje gucira urubanza umunyeshuri wayo wafunzwe akekwaho gukuramo inda

Kaminuza y’u Rwanda (UR) yasabye Abanyarwanda kureka gukomeza gucira urubanza umunyeshuri wayo watawe muri yombi acyekwaho gukuramo inda y’amezi umunani. Ku wa Gatanu tariki ya 1 Ukuboza ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uyu mukobwa wigaga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye. Yatawe muri yombi nyuma y’aho ahajugunywa imyanda muri Kaminuza […]

Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yapfuye

Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Ukuboza 2023. Twagiramungu wari ufite imyaka 78 y’amavuko, yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva ku wa 19 Nyakanga 1994 kugeza ku wa 31 Kanama 1995 ubwo yeguraga kuri uwo mwanya. Play free slots online https://slots-online-canada.ca/free-slots/ at the fairest Casino […]

Njya nitwa umusazi n’ikigoryi: Umutoza wa Rayon Sports

Umunya-Maurtanie Mohamed Wade utoza Rayon Sports, yatangaje ko hari abantu bo muri iyi kipe basigaye bamwita umusazi cyangwa ikirimarima kubera ibyemezo asigaye afata, gusa avuga ko kuri we ntacyo yumva bimutwaye. Uyu mutoza yabibwiye itangazamakuru nyuma y’umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona Rayon yari imaze gutsindamo Bugesera FC igitego 1-0. Igitego cyo ku munota wa […]

Kilorirwe yaramukiye mu mabombe ya FARDC n’amasasu ya M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, baramukiye mu mirwano kuri uyu wa Gatandatu. Ni imirwano yaramukiye mu gace ka Kilorirwe ho muri Teritwari ya Masisi. Umuvugizi w’Igisirikare cya M23, Major Willy Ngoma na Lawrence Kanyuka uvugira ishami ryacyo rya Politiki, banditse ku rubuga rwa X ko Ihuriro ry’Ingabo […]

Rema yahagaritse ibitaramo byose yagombaga gukora muri uku kwezi

Umuhanzi Rema yahagaritse ibitaramo bye byose yari kuzakora mu Kuboza kugira ngo ashyire imbere ubuzima bwe “yirengagije” kubera ibitaramo bye bitabarika yakoze mu bihe byashize. Ati: “Biranshengura umutima kuvuga ko ntazaririmbira ahantu hose muri uku kwezi Nirengagije ubuzima bwanjye kandi nkeneye igihe cyo kwisubiraho. 2024 niteguye kuyitwaramo neza “. Ni nyuma y’uko indirimbo ye Calm […]

Zelensky yemeje ko ibitero bya Ukraine bisubiza Ingabo z’u Burusiya nta cyo byagezeho

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yemeje ko ibitero Ingabo z’igihugu cye zimaze igihe zigaba mu rwego rwo gusubiza u Burusiya bitigeze bigera ku ntego yabyo. Zelensky yabitangaje ku wa Gatanu, ubwo yaganiriraga n’itangazamakuru i Kiev. Ingabo za Ukraine zimaze igihe zigaba ibitero ku z’u Burusiya mu rwego rwo kuzihimuraho, gusa kuva mu byumweru bishize ibyo […]

Bishop Rwagasana wa ADEPR yakatiwe gufungwa imyaka 7

Urukiko Rukuru Ku wa Kane rwakatiye igifungo cy’imyaka irindwi Bishop Rwagasana Thomas wahoze ari Umuvugizi wungirije wa ADEPR, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza umutungo w’iri torero. Bishop Rwagasana yanahanishijwe gutanga ihazabu ya Frw miliyoni 50. Uyu mugabo ari mu bantu 12 biganjemo abahoze ari abayobozi bakuru muri ADEPR bashinjwa kunyereza umutungo wayo no gukoresha […]

Ba Pasiteri 2 ba ADEPR batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu bane, barimo ba Pasiteri Karamuka Frodouard wahoze akuriye Komisiyo ishinzwe imiyoborere myiza muri ADEPR na mugenzi we Mazimpaka Janvier. Uru rwego rwemeje itabwa muri yombi ry’aba bantu mu butumwa rwanyujije ku rubuga rwarwo rwa X. Abatawe muri yombi nk’uko yabisobanuye, bakurikiranweho icyaha cyo “gukora no gukoresha inyandiko […]

Yago agiye kujyana muri RIB abanyamakuru bakoresheje umukobwa umushinja kumutera inda

Mu kwezi gushize ku Ugushyingo nibwo ku muyoboro umwe wa You Tube hagaragaye umukobwa wumvikanye ashinja Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago amushinja ko yamuteye inda nyuma y’uko amwimye amafaranga yo kugura ikinini kica intanga ze. Uyu mukobwa yavuze ko ngo yaryamanye na Yago hanyuma ngo amusaba amafaranga ibihumbi bitanu byo kugura ikinini cyo kwica intanga […]

CECAFA: Amavubi U-18 yandagaje Sudani, agera muri ½

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 18 yageze muri ½ cy’irangiza cya CECAFA, nyuma yo kunyagira Sudani ibitego 3-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kisumu muri Kenya. Byasabye umunota wa 36 w’umukino ngo abasore b’umutoza Kayiranga Baptiste bafungure amazamu, ku gitego cyatsinzwe na Ndayishimiye Didier. Amavubi yatsinze igitego […]

Master Fire yarangije Kaminuza yari amazemo imyaka 18

Hakizimana Innocent wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Master Fire, yasoje Kaminuza nyuma y’imyaka 18 yari amaze ayiga. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zirimo iyitwa mtoto wa kijiji, ari mu banyeshuri 788 kuri uyu wa Gatanu bahawe impamyabumenyi, nyuma yo gusoza amasomo muri Kaminuza ya UTAB. Umuhango wo guha impamyabumenyi aba banyeshuri wabereye ku cyicaro cy’iriya […]

3% by’abatuye u Rwanda bari hagati y’imyaka 15-19 bafite virusi itera SIDA.

Ubushakashatsi bugaragaza ko umubare munini w’ubwandu bushya ugera kuri 3% by’abatuye u Rwanda bari hagati y’imyaka 15-19 bafite virusi itera SIDA. Abafite virusi itera SIDA baravuga ko ingamba zafashwe mu kwita ku banduye Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya Sida UNAIDS, igaragaza ko bitewe n’ingamba zafashwe n’abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ko kutagakwirakwiza bizatuma mu 2030 […]