Le commerce numĂ©rique renforcera la coopĂ©ration Afrique-Chine – Ambassadeur Kimonyo
“Le commerce numĂ©rique a renforcĂ© les liens Ă©conomiques entre le Rwanda et la Chine et stimulera la coopĂ©ration Afrique-Chine au-delĂ de notre imagination”, a dĂ©clarĂ© l’ambassadeur du Rwanda en Chine, James Kimonyo. Pour le moment, “nous bĂ©nĂ©ficions du meilleur Ă©quilibre de coopĂ©ration avec la Chine de notre histoire”, a dĂ©clarĂ© Kimonyo Ă Xinhua lors d’une […]
Goma: Abantu bitwaje intwaro bishe umupolisi n’abasirikare babiri
Abantu bane, barimo umupolisi 1 n’abasirikare babiri ba FARDC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Nzeri 2020 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye ahitwa i Rwasama, ku muhanda wa Kasavubu mu gace ka Ndosho, mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Élisabeth Ayubusa, umuyobozi w’agace (quartier) ka […]
Riyadh: Ubutabera bwatesheje agaciro igihano cy’urupfu ku bishe umunyamakuru Khashoggi
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 7 Nzeri, hatanzwe imyanzuro ya nyuma y’urubanza rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi, aho Urukiko rwo muri Arabiya Sawudite rwatesheje agaciro igihano cy’urupfu cyahawe batanu mu bantu 8 bahamijwe icyaha cyo kumwica, rukabakatira igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza kuri makumyabiri nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru byaho, SPA. Jamal Khashoggi wari umunyamakuru ukorana […]
Rusesabagina yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite, ati reka njye kurwiyoborera
Paul Rusesabagina ngo yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite aravuga ati reka njye kurwiyoborera nyuma y’ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko Perezida Kagame atakiri ku Isi y’abazima nk’uko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi utavuzwe amazina yabitangaje. Ibi turabikesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, mu nkuru yayo ivuga ko abanyamategeko bashinzwe kuzunganira Rusesabagina bavuga ko […]
Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi ya notariya uko yishakiye
Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi za notariya uko yishakiye nk’uko byari bisanzwe kuko uzajya ujya kuzisaba atahawe gahunda ntazo azajya abona nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubutabera kuri uyu wa Mbere, Itariki 07 Nzeri. Minisiteri y’ubutabera ivuga ko ibi bigamije gukomeza ingamba zo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Muri […]
Kigali: Imiryango isaga 400 imaze amezi 5 yimuwe mu manegeka iri mu gihirahiro
Imiryango isaga 400 yo mu turere twa Gasabo na Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yimuwe mu manegeka imyinshi muri yo imaze amezi atanu igicumbikiwe mu bigo by’amashuri indi ikodesherezwa aho icumbitse, ikaba ikomeje kubaho mu gihirahiro. Aba ni abimuwe muri Mata 2020 aho bari batuye mu duce twibasiwe n’ibiza, kuri ubu basaba ko bakwitabwaho bakabona […]
Kylian Mbappe yiyongereye mu bakinnyi ba PSG bamaze kwandura Covid-19

Umukinnyi Kylian Mbappe ntaza kuboneka mu mukino uhuza u Bufaransa na Croatia kuri uyu wa Kabiri, ndetse ntazakinira Paris Saint-Germain mu mukino wo gufungura shampiyona nyuma yo kumupima bakamusangamo coronavirus. Mbappe yiyongereye ku bakinnyi barindwi ba PSG, barimo Neymar bapimwe mu cyumweru gishize, bagasangwamo ubwandu bwa Covid-19. Ku wa Gatandatu, Mbappe yatsinze igitego mu mukino […]
Inkiko z’u Rwanda zihanganye n’ibirarane by’imanza zenda kungana n’izaburanishijwe
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Faustin Ntezilyayo, yahishuye ko inkiko zirimo guhangana n’ibirarane by’imanza 52.950, mu gihe mu mwaka w’ubucamanza 2019/2020, imanza zirenga 76.300 zaburanishijwe, zikaba zariyongereyeho 5% ugereranije n’umwaka wabanje. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 7 Nzeri, ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza 2020/2021. Muri izo manza zararanye, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko izirenga 25.350 zatanzwe […]
Nyuma y’imyaka 23 apfuye, umurambo wa Mobutu n’ubu uracyari muri Maroc
Ku itariki nkiyi ya 07 Nzeri mu 1997, nibwo Mobutu Sese Seko wategetse Zaire (RDC y’ubu) yapfuye aguye i Rabat mu gihugu cya Maroc, none nyuma y’imyaka 23 umurambo we uracyari muri iki gihugu. Mobutu yari yahungiye muri Maroc aturutse i Kinshasa nyuma yo kotswa igitutu n’inyeshyamba za AFDL. Umurambo we kugeza ubu nturacyurwa ngo […]
Idjwi: Umupolisi wasinze yarashe mugenzi we bakorana n’umusirikare arabica
Kuri iki cyumweru, itariki ya 06 Nzeri 2020, umupolisi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wari wasinze yarashe mugenzi we ndetse arasa n’umusirikare arabica, mu Gasantere ka Kashara, Teritwari ya Idjwi, muri Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi w’Agateganyo wa Sheferi ya Ntambuka, CĂ©lestin Mugabo, yabitangarije urubuga 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere, tariki ya 07 Nzeri 2020. Uyu […]