Abantu 26 bishwe n’uburozi muri Pakistan

Muri Pakistan abantu 26 baturuka mu miryango itandukanye, 9 bakaba baturuka mu muryango umwe bapfuye, abandi bajyanwa mu bitaro nyuma yo kumenya ko bariye imitsima yashyizwemo uburozi. Nk’uko CNN ibivuga, ngo mu gihe umuryango umwe uhagarariwe na Umer Hayat, ubwo wateguraga ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umwuzukuru (Sajad), ngo yaguze ibiribwa bizwi nka Laddu ngo byifashishwe […]

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Polisi y’ u Rwanda yafashe abapolisi babiri bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, bafatiwe mu cyuho bakira ruswa. Abafashwe ni PC Ntirenganya Jean de Dieu na PC Kayitare Jean Bosco bakaba barafashwe mu ma saa munani y’igitondo cyo ku italiki ya 26 Mata 2016, mu gikorwa cy’ubugenzuzi bwa buri munsi bw’akazi ka Polisi. […]

Muhanga: Abaturage basenyewe n'imvura bararira ayo kwarika- AMAFOTO

Abaturage batuye mu kagali ka Gasharu,umurenge wa Rongi ho mu karere ka Muhanga, bararira ayo kwarika nyuma yo gusigwa iheruheru n’imvura iherutse kuhagwa ikanasenya inzu z’abaturage harimo n’ibiro by’akagali. Nyandwi Samuel ni umusore w’imyaka 20 y’amavuko, n’ubwo bwose atabasha kuvuga neza kubera ikibazo cy’uburwayi, avuga ko ubu yabuze aho yerekeza nyuma y’aho umuvu w’amazi umanukiye […]

Kenya: Umugore wa Perezida Kibaki yitabye Imana

Mu gihugu cya Kenya hatangijwe icyunamo bitewe n’urupfu rwa Lucy Kibaki umugore wa Mwai Kibaki wigeze kuba Umukuru w’igihugu cya Kenya. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Mata 2016, nibwo Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yemeje ko Lucy Kibaki yitabye Imana aguye mu bitaro byo mu Bwongereza “ Cromwell Hospital” mu […]

Rubavu: Polisi yasabye urubyiruko kwicungira umutekano nk'inshingano zabo

Ku wa 24 Mata, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburengerazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bertin Mutezintare yagiranye inama n’abahuzabikorwa b’ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwandan Youth Volunteers in Community Policing Organization- RYVCPO) bo mu mirenge 12 igize akarere ka Rubavu, abasaba kwita ku nshingano zabo barushaho gukangurira abandi kwirinda ibyaha. […]

Uburyo 4 umugore yakoramo imibonano mpuzabitsina ntababare igihe atakaje ubusugi

Mu by’ukuri iyo umunsi wo gushyingiranwa wegereje, abakobwa bakiri amasugi usanga batekereza cyane bakanaterwa ubwoba n’uburibwe buva mu mibonano mpuzabitsina ikozwe bwa mbere ,nyamara ntibamenye ko hari uburyo bushobora gukoreshwa mu gihe umugore ayikoze ntababare. 1.kubanza kwishyiramo ko ugiye gutakaza ubusugi Iyo umugore yamaze kubana n’umugabo we ariko akaba atarakoraho imibonano mpuzabitsina, nibyiza ko mu […]

Udushya 7 tugaragara mu bukwe bwo muri Nigeria

Ubukwe bugenda butandukana bitewe n’umuco w’abene gihugu, muri Nigeria ho biratangaje,Nk’uko bikubiye muri ibi bintu 7 nk’uko ikinyamakuru Africacurture: 1.Kurwanira ibiryo Bitewe n’uburyo abitabiriye ibirori baba bacuranwa batangurwana ibyo kurya ubaye utabizi wagirango bamaze iminsi myinshi batarya ibi bigakorwa ibirori bigeze hagati bagiye kwakira abateraniye aho, Maze si ukurya nk’abari mu marushanwa. 2.Gupakira ibiryo mu […]

Ese Brig Gen Muhoozi yaba arimo gutegurwa ngo azasimbure Museveni?

Ibi byagarutsweho ku italiki 24 Mata 2016 aho Brig Gen Muhoozi Kainerugaba yari yujuje imyaka 42 y’amavuko, hagarukwa ku bumunyi yagiye akura mu mashuri bivugwa ko bishobora kuzatuma asimbura Perezida Museveni ku butegetsi. Nyuma yo kujya mu gisirikare agakomeza n’amashuri ye mu bihugu bikomeye binafite amahugurwa akomeye ku birebana n’imyitozo ya gisirikare,byakomeje bivugwa ko ari […]

Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ni inshingano ya buri muntu wese

Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo bwose, kwirinda guheranwa n’agahinda ku barokotse Jenoside no kwiyubakamo ikizere, ubu ni bumwe mu butumwa bwatanzwe mu gikorwa cyo kwibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi i Mayunzwe mu Kagali ka Mwendo mu Murenge wa Mbuye, igikorwa cyabaye ku cyumweru tariki ya 24 Mata 2016. Avuga ku cyerekezo (Insanganyamatsiko) cyo […]

Rutsiro: Abanyeshuri biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Abiga mu rwunge rw’amashuri rwa Rusororo ruri mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Rutsiro bagaragaje ko basobanukiwe ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge, hanyuma biyemeza kugira uruhare mu kubirwanya. Iki cyemezo bagifatiye mu kiganiro bahawe mu mpera z’icyumweru gishize na Inspector of Police (IP) Jerȏme Nsabuwera, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi […]

Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byeguriwe abikorera

Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo Oshen Health Care Rwanda Ltd gishamikiye kuri Oshen Group yo muri Angola bashyize umukono ku masezerano y’igihe kirekire, aha ububasha icyo kigo gucunga ibitaro byitiriwe Umwami Faisal (KFH), ariko bikazaguma ari ibya leta y’u Rwanda. Nyuma y’amasezerano yashyizweho umukono ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mata 2016, […]

Jay-z arashinjwa guca inyuma umugore we Beyoncé

Bitewe n’amafoto Rita Ora ari kugenda ashyira ku nkuta ze ku mbuga nkoranyambaga, Beyonce aremeza ko uyu muhanzikazi afitanye umubano wihariye n’umugabo we Jay-z. Ubwiza uyu muhanzikazi avugwaho ngo bwaba ari intandaro yo kwigarurira Jay-z, Abakunzi babo bakaba aribo bakomeje kugenda batsa umuriro bahamya ko urukundo hagati yabo rugurumana, ibyo bikaba aribyo bishengura Beyonce. Dailymail […]

Pasteur w’itorero “RĂ©veil” ngo yategetswe n’Umwuka gutera abakobwa inda

Mu mujyi wa Douala uri mu gihugu cya Cemeroun umupasteur ukiri muto uyoboye itorero rizwi ku izina rya “ RĂ©veil” yateye inda abakobwa bagera ku icumi abereye umushumba bivugwako ngo yaba yarabitegetswe na mwuka wera. Ibi bibaye nyuma yaho bamwe mu banyagihugu bo muri Douala bagiriye amakenga menshi bivanye n’imibanire idasanzwe hagati y’abakobwa bo muri […]

Igisirikare cy’u Rwanda RDF kirashaka abasirikare (officers) bashya

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ i ngabo z’u Rwanda (RDF) buramenyesha Abanyarwanda bose bujuje ibisabwa bifuza kwiga mu ishuri rikuru rya gisirikare (Rwanda Military Academy-Gako) ko bakwihutira kwiyandikisha ku turere bakomokamo. Abujuje ibisabwa bazemererwa kwiga muri iryo shuri bazasohoka ari abofisiye kandi bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza. Kanda hano ujye ubona amakuru […]

Uwabyaranye na Danny Nanone yahakanye ko atamufungishije bapfa indezo

Umukobwa wabyaranye na Danny nanone yikomye itangazamakuru rivuga ko Danny afunzwe kubera kudatanga indezo kandi yarinjiye muri Primus Guma Guma Super star (PGGSS6) ku nshuro ya 6. Ibi yabitangaje nyuma yaho bivuzwe ko Danny Nanone afunzwe azira kudatanga indezo ubu uri mu kigero cy’imyaka 3, kandi yarinjiye mu irushanwa rya PGGS aho bivugwa ko avanamo […]

Perezida Nkurunziza yatanze icyumweru cyo kumenya uwishe Gén.Athanase Kararuza

Nyuma y’urupfu rwa Brig.Gen.Athanase Kararuza, Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatangaje ko igihugu cyabuze intwari by’umwihariko akaba yatanze icyumweru kimwe cy’iperereza ngo hamenyekane abihishe inyuma y’uwo mugambi. Nkurunziza yaboneyeho kwihanganisha umuryango wa Athanase Kararuza, igisirikare n’igipolisi ndetse n’abandi bose bakoranye n’uyu mujenerali, abibutsa ko yari umuntu wari ufitiye igihugu akamaro. Ubwo abasirikare n’abapolisi bageragezaga guhirika ubutegetsi […]

Ngororero: Abantu 21 bakurikiranyweho kwangiza ishyamba rya Leta

Abantu 21 bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kavumu mu karere ka Ngororero, aho bakurikiranyweho icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko bakanatema ibiti mu ishyamba rya Leta riri mu kagari ka Rugeshi, mu murenge wa Kavumu. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngororero, Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa, yavuze ko […]