Ubuhamya bw’Umurusiyakazi wabonye umusore w’Umwirabura bwa mbere afite imyaka 27

Umurusiyakazi w’imyaka 27 y’amavuko wavukiye akanakurira ahitwa KrasnoĂ ÂŻarsk, ubwo yageraga mu murwa mukuru i Moscou, nibwo yabashije kuba yabona isura y’umwirabura imbonankubona,ubwoba buramutaha. Anzhelika Viktoriya w’imyaka 27 y’amavuko ntabwo yari yarigeze abona umusore w’umwirabura kuva yavuka, avuga ko umutima we wari ugiye guhagarara ubwo Umunyamerika w’umwirabura witwa Jakson Lewis w’imyaka 30, yamwegeraga bahuriye mu kabyiniro. […]

Gatsibo: Umugabo akurikiranyweho kwiyicira umugore akiregura avuga ko ari amadayimoni yamwishe

Mu  Kagari ka Mamfu , Umurenge wa Muhura ho mu  Karere ka Gatsibo haravugwa inkuru y’umugabo witwa   Ndahayo Philibert ukekwaho n’ Ubushinjacyaha icyaha cyo kwica umugore  we witwaga  Uwamariya Delphine  wahengereye baryamye, amunigisha umusego, kugeza ashizemo umwuka. Ibyo bikaba byarakozwe mu ijoro ryo ku itariki 10 Mata 2018. Mu myiregurire ye  Ndahayo Philibert avuga ko […]

Centrafrika: Abantu 16 biciwe mu Kiliziya n'umusigiti

Ubwicanyi bwabaye ku wa Kabiri itariki ya 1 Gicurasi 2018, bwahitanye ubuzima bw’abantu 16 bari mu Kiliziya n’ Umusigiti biherereye mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrika. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umuryango w’abaganga batagira umupaka (Medecins Sans Frontieres), ngo abantu bari bafite za gerenade baziteye mu kiliziya ” Ă©glise Notre-Dame de Fatima” aho abantu banshi […]

Intare yamushinze umukaka ku gikanu, atabarwa itaramuhorahoza-AMAFOTO

Umugabo ukomoka mu gihugu cy’u Bwongereza witwa Mike Hodge yariwe n’intare nyuma yo kwinjira aho iba akagerageza gukina nayo. Mu mashusho ikinyamakuru The Sun kigaragaza, bigaragara KO uyu mugabo ari kugenda muri pariki ari kumwe n’ushinzwe gutembereza ba mukerarugendo basura pariki, gusa nyuma yo kumara igihe yirebera intare ndetse ayigenda inyuma, byaje kurangira imwigaranzuye iramwirukankana […]

Seninga yabonye indi kipe atoza nyuma yo gusezera muri Police Fc

Uwahoze ari umutoza mukuru w’ikipe ya Police Fc, Seninga Innocent yamaze gusinya amasezerano mashya yo gutoza ikipe ya Musanze FC. Nyuma y’uko byavuzwe ko Seninga ashobora kugirwa umutoza wungirije muri Rayon Sports si ko byagenze kuko kuri uyu wa 2 Gicurasi 2018, yasinye mu ikipe ya Musanze Fc akaba agiye gukomezanya nayo imikino isigaye ya […]

Urotonde rw’abakobwa 17 barimo guhatanira ikamba rya nyampinga (Miss Burundi 2018)

Akanama gashinzwe gutegura igikorwa cyo gutora Nyampinga w’u Burundi, karatangaza ko abakobwa 17 ari bo bari mu irushanwa, intara ya Kayanza niyo ifitemo benshi. Intara 10 nizo zabonye abakobwa baziserukira, iya Kayanza ifitemo abakobwa batatu muri 17. Intara ya Bubanza ihagarariwe n’abakobwa babiri, Bujumbura ni umwe, Bururi ni babiri, Gitega ni babiri, Kayanza ni batatu, […]

Min. Rwanyindo arasaba Abanyarwanda kurushaho kugura ibikorerwa iwabo

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA), Fanfan  Rwanyindo, arasaba ko hongerwa ubumenyi n’ikoranabuhanga kugira ngo ibikorerwa mu Rwanda birusheho guhangana ku isoko, anasaba Abanyarwanda kurushaho kugura ibikorerwa iwabo. Min.Fanfan Rwanyindo yabitangarije mu karere ka Rubavu gaherereye mu Ntara y’Uburengerezuba ubwo yitabiraga umunsi mpuzamahanga w’umurimo, uyu munsi itariki ya 1 Gicurasi 2018. Min. Rwanyindo yagize ati “ Twongere […]

Diamond na Mobetto bashyize hanze ibyari bimaze iminsi bihishe- AMAFOTO

Umuhanzi Diamond Platnumz yafashe icyemezo cyo gusohokana Hamisa Mobetto nyuma y’igihe gito baciye amarenga y’uko bashobora kuba bari mu rukundo ruvuguruye ibi byose bikaba bikaze amaze gutandukana na Zari Hassan babanaga mu nzu. Diamond Platnumz na Hamisa Mobetto bagaragaye bishimanye aho bagiriye ikiruhuko muri hoteli yakataraboneka izwi nka ‘Slipway Hotel’ iherereye mu bilometero 7 uvuye […]

Umujyanama wa Perezida yakoze ikosa aho kwandika 'Six' yandika 'sex'

Hon. Tut Gatluak Manime, Umujyanama wa Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo,  ku bijyanye n’umutekano, yasezeye ku kazi nyuma yaho yibeshye mu myandikire akandika ijambo ritajyanye n’ibyo yandikaga. Aya makosa yakozwe ubwo Hon. Tut Gatluak Manime yandikaga ibaruwa isaba guhabwa amafaranga yo kwishyura ibiribwa byazanwe n’ikompanyi yari yaratsindiye isoko ryo kubigemura mu bice bitandukanye by’igihugu. […]

Virunga: Igitero cyagabwe na FDLR cyahitanye ubuzima bw’abantu benshi

Bitangazwa ko abarwanyi batanu bikekwa ko ari aba FDLR, abasirikare bane n’abandi bantu batanu basize ubuzima mu gitero bikekwa ko cyagabwe n’inyeshyamba za FDLR, ariko iyi mibare ikaba itavugwaho rumwe. Ni igitero cyagabwe ku wa 1 Gicurasi 2018, muri Pariki ya Virunga iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo […]

Ndi umukobwa w’imyaka 38 , nari mfite umukunzi anyita ‘Ikimuga’ turashwana, ubu yangarukiye ngo dusubukure urukundo- NKORE IKI?

Muraho, amakuru? Nitwa Josiane ( izina ryahinduwe ) mbonye nimero yanyu kuri Bwiza.com numva ndasubijwe, ndanezerewe guhura namwe merci! Nanjye nifuzaga inama nkuko nabikubwiye nitwa Josiane, ndi umunyeshuri KHI ndi gusoza, ndi umukobwa w’imyaka 38 nkaba ndi umwe mu babana n’ubumuga bw’ingingo ku maguru. muri 2015 mu kwa 10 nakundanye n’umusore, turakundana pe karahava noneho […]

Karongi: Impunzi zo mu nkambi ya Kiziba zateye amabuye n’ibyuma abapolisi

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yataye muri yombi abantu 23 nyuma yaho abapolisi bari ku irondo batewe amabuye n’ibyuma n’abo mu nkambi ya Kiziba  biganjemo abasore. Ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter kuri uyu wa Gatatu itariki ya 2 Gicurasi 2018, Polisi y’igihugu irasaba impunzi zo muri iyi nkambi ya Kiziba kubaho mu ituze zinubahiriza […]

Nyanza: Hateguwe umuhango wo kwibuka abishwe muri jenoside bajugunywe mu Kanyaru

Dukundane Family, ku bufatanye n’akarere ka Nyanza gaherereye mu Ntara y’Amajyepfo, bateguye igikorwa cyo kwibuka abishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi, bajugunywe mu ruzi rw’Akanyaru. Iki gikorwa ngarukamwaka, kizaba ku wa Gatandatu, itariki ya 5 Gicurasi 2018, hakazashyirwa indabo mu mazi y’Akanyaru, hibukwa abahiciwe banasubizwa icyubahiro bambuwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umuhuzabikorwa w’iki gikorwa […]

Amerika ifite impungenge z’amatora ya kamarampaka ateganywa kuba mu Burundi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaza ko zitewe impungenge n’amatora ya Kamarampaka ateganyijwe kuba ku wa 17 Gicurasi 2018, mu Burundi, ko agamije kugumisha Perezida Nkurunziza ku butegetsi. Mu itangazo Amerika yasohoye kuri uyu wa Kabiri itariki ya 1 Gicurasi 2018, itangaza ko mu gihe Itegeko Nshinga ryaba ryahinduwe hakongerwa igihe cya manda z’umukuru w’igihugu […]