Kwita Izina 2018: Minisitiri w’Intebe yasabye abashoramari kurushaho gushora mu bukerarugendo

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 07 Nzeri 2018, mu Kinigi mu Karere ka Musanze habereye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23, aho umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aho yasabye abashoramari kurushaho gushora mu bukerarugendo bikazatuma abasura u Rwanda bahamara igihe kirekire. […]

Rihanna  yagaragaje amarangamutima afitiye Chris Brown uri mu nkundura n’uwo babyaranye

Muri iki gihe umuhanzi Chris Brown ahanganye n’uwo babyaranye , Nia  Guzman bapfa indezo y’umwana,Umuhanzi Rihanna yatangaje ko azi neza ko Chris Brown azakemura ibi bibazo ku buryo bukwiriye nk’umubyeyi. Imwe mu nshuti za hafi za Rihanna nk’uko Hollywoodlife ibitangaza, yavuze ko  Rihanna yifatanyije n’uwahoze ari umukunzi we muri ibi bihe yajyanywe mu nkiko na […]

Brazil: Uhabwa amahirwe yo gutsinda amatora ya perezida yatewe icyuma ari kwiyamamaza

Umwe mu biyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu unahabwa amahirwe yo gutsinda amatora mu gihugu cya Brazil, Jair Bolsonaro, kuri uyu wa Kane, itariki 06 Nzeri, yatewe icyuma ari mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyari cyitabiriwe n’imbaga y’abantu. Uyu munyapolitiki uzwiho kwamagana cyane amacakubiri ashingiye ku ruhu, niwe uhabwa na benshi amahirwe yo kuzegukana aya matora yo muri […]

Gen Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri mu Rwanda usibye ibihuha

Inzego zishinzwe umutekano mu burengerazuba bushyira amajyepfo mu bice byegereye umupaka w’u Burundi zirahumuriza abaturage bahatuye ko nta kibazo cy’umutekano gihari. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 05 Nzeri, nibwo abayobozi b’ingabo n’ab’intara y’Uburengerazuba bagiranye ibiganiro n’abaturage nyuma yo kubonana n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rusizi mu masaha ya mbere ya saa […]

Ubwiganze bw’abagore mu nteko ishinga amategeko ntibuzagera kuri 67% nk’uko byari byatangajwe

Ubwiganze bw’abagore mu nteko ishingamategeko ntibuzagera ku rugero rwa 67 % nk’uko byari byavuzwe hagitangazwa amajwi y’agateganyo nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora. Nk’ ishyaka FPR komisiyo ivuga ko ryavanye ku rutonde rwaryo bamwe mu bo ryamamazaga kandi bari kuba abadepite hashingiwe ku rutonde rwa mbere. Mu mpera z’icyumweru ngo ni bwo bamwe mu bari […]

Umunyamakuru wa RTBF yashyize ku karubanda ivanguraruhu amaze igihe akorerwa – Video

Umunyamakuru (presenter) akaba n’umunyarwenya, Cecile Djunga, ukorera Radio na televiziyo by’u Bubiligi (RTBF) kwihangana byamunaniye ashyira ahagaragara ivanguraruhu akomeje gukorerwa kuva yatangira akazi ko gutangaza iteganyagihe muri video yanyujije ku rukuta rwe rwa facebook. Aragira ati: “ Ntabwo bihagarara. Hagiye kumara umwaka nkora aka kazi kandi ndambiwe kwakira amatoni y’ubutumwa bw’ivanguraruhu, ubutumwa buntuka ,” Mu […]

Diamond aravugwaho kuba ari mu rukundo na Oprah

Umuhanzi Diamond Platnumz aravugwaho ko ashobora kuba ari mu rukundo n’umukinnyi wa filimi muri Tanzaniya, Irene Uwoya uzwi nka Oprah wahoze ari umugore wa Katauti. Ibi bitangiye guhwihwiswa nyuma yaho Diamond ashyiriye hanze ifoto ya Irene  Uwoya ku rukuta rwe rwa Instagram gusa ntiyagira ubutumwa ayandikaho (caption). Nk’uko ifoto ivuga byinshi, benshi  mu bakurikira  uyu […]

Uwunganira Bobi Wine mu by’amategeko arasaba Amerika guhagarika inkunga igenera Uganda mu bya gisirikare

Umunyamategeko Robert Amsterdam, wunganira Depite Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine mu by’amategeko arasaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhagarika imfashanyo yageneraga Uganda biturutse ku iyicarubozo avuga ko ryakorewe umukiriya we.   Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] asanzwe ari umudepite mu nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ahagarariye agace ka Kyadondo y’Iburasirazuba, akaba yaratawe muri […]

Zari yakebuye mukeba we ushaka kwigarurira umutima wa Diamond yifashishije amarozi

Nyuma y’inkuru yakwirakwiye mu binyamakuru ko Hamisa Mobetto wabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania yashakishaga amarozi yamufasha kwigarurira umutima w’uyu mugabo, mukesha we, Zari Hassan yamugiriye inama yo kumureka. Nk’uko byagiye bitangazwa mu binyamakuru bitandukanye, Hamisa na nyina bavugwaho gushaka amarozi mu bapfumu, yagombaga gufasha uyu mugore wabyaranye na Diamond, kwigarurira umutima we bakazabana […]

Burundi: Komanda wa polisi ku Musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Komanda w’ibirindiro bya polisi ku Musozi wa Kivumu, Komini Mugamba, Intara ya Bururi mu gihugu cy’u Burundi, yishwe arashwe n’abasirikare mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 05 Nzeri 2018. BPC1 Hakizimana Raymond akaba yahitanywe n’amasasu yumvikanye muri iyi komini nka saa tatu n’igice z’ijoro (21h30). Amakuru aturuka muri Komini Mugamba avuga ko […]

Gatsibo: Polisi yasubije abaturage ihene 23 zari zaribwe

Polisi y ‘u Rwanda mu karere ka Gatsibo yafashe ihene zigera kuri 23 zari zaribwe mu miryango itandukanye yo mu karere ka Nyagatare Izi hene zibwe mu ijoro ryo kuwa 4 Nzeri, mu murenge wa Karangazi akagari ka Musenyi. Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire umuvugizi wa Polisi muntara y’ Uburasirazuba avuga ko izi […]

Perezida wa Ghana uri mu Rwanda yabonanye n’Abaturage b’igihugu cye baba mu Rwanda

Perezida wa Ghana wageze I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Kane akanabonana n’Abanya-Ghana baba mu Rwanda barimo abakora imirimo itandukanye n’abanyeshuri. Perezida Nana Addo Akufo, ari i Kigali aho yitabiriye inama nyafurika yiga ku buhinzi izwi nka African Green Revolution Forum (AGRF) . Umukuru w’igihugu cya Ghana yagiranye ibiganiro n’abaturage b’iki gihugu bakora muri […]