Gatsibo: Abayobozi bashinjwa kurya imitsi y’abaturage bahagaritswe ku kazi

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba  Mufurukye Fred aratangaza ko atazihanganira umuyobozi udakora neza inshingano ze, akavuga ko mu gihe atabikoze neza agomba gusezererwa ku buyobozi. Ni nyuma yaho afashe icyemezo cyo gusezerera ku mirimo ndetse no gusaba gukurikiranwa n’ubugenzacyaha bamwe mu bayobozi b’utugari two mu Karere ka Gatsibo bagaragayeho kunyereza umutungo w’abaturage ndetse n’indi myitwarire mibi. Ni […]

U Burusiya na Isiraheli ntibivuga rumwe ku ndege yabwo yahanuwe

Nyuma y’iraswa ry’indege y’u Burusiya muri Siriya, abantu 15 bari bayirimo bakahasiga ubuzima, Isiraheli yashinjwaga kubigiramo uruhare irabihakana yivuye inyuma. Indege y’u Burusiya ikusanya amakuru y’urugamba yarashwe yapfiriyemo abakozi babwo 15 bari mu kazi, u Burusiya bwari bwatangaje ko abasirikare ba Siriya bayirashe Isiraheri ibigizemo uruhare. Iyi ndege yarashe ku mugoroba wo ku wa Mbere […]

Dore ibanga abagabo benshi batazi ryo kunyaza umugore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Abagabo benshi bakunda kuvuga ngo hari abagore batanyara kandi atariko bimeze ahubwo akaba ari abagabo batazi gutunganya neza abo bagore. Hifashishijwe abashakashatsi ndetse n’impuguke mu bujyanye n’imibonano mpuzabitsina bavugako hari uburyo umugabo yanyaza umugore we bitamugoye. Umugabo uri kunyaza arinda igitsina cye kugwa, ndetse akamenya neza igihe umugore we arangiriza kuko bifasha kumenya nawe ukuntu […]

Umuhanzi Ben Rutabana ngo yaba yaratembereye muri Uganda arinzwe bikaze

Ben Rutabana ni umuhanzi wamamaye cyane mu Rwanda ubu akaba aba ku mugabane w’u Burayi, aho abarizwa mu ishyaka ry’Abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda rya RNC. Mu rugendo bitangazwa ko yakoreye muri uganga, ngo yari arinzwe mu buryo bukomeye. Mu cyumweru gishize ngo nibwo Ben Rutabana yagiye muri Uganda yakirwa na Col. Kaka Bagyenda […]

Burundi: Inzu ibamo Abahinde yafatiwemo imbunda n’amasasu

Igipolisi cy’u Burundi gitangaza ko cyafashe imbunda n’amasasu byari bihishe mu nzu icumbitsemo abahinde bakaba bahise batabwa muri yombi. Imbunda yafashwe ni imwe yo mu bwoko bwa AK47, magazini z’amasasu esheshatu, imwe irimo amasasu 15, izindi zigiye zirimo isasu rimwe rimwe,bikaba byafatiwe mu gace ka Kabondo, haruguru y’ahitwa Sabemelli. Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi,  Pierre Nkurikiye […]

USA: Umuhanzi Bobi Wine yatangiye kwigenza nta mbago

Umuhanzi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine umaze iminsi 15 yivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda avuga ko ubu yatangiye koroherwa. Robert Ssentamu Kyagulanyi ni Umunyamuziki akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, ku wa 13 Kanama 2018 nibwo yafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda arafungwa nyuma bitangazwa ko […]

Amafoto agaragaza ibihe byiza Diamond yagiranye na Shaddy Boo yasohotse

Diamond Platnumz yashyize hanze amafoto arikumwe n’umugore ukunzwe hano mu Rwanda ndetse no muri Afurika bitewe no gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane uzwi nka Shaddy   Boo bari muri Hotel bigaragara ko bishimanye. Ni nyuma yaho Diamond atumiye Shaddy Boo mu birori  byo gushakisha urusha abandi kubyina neza indirimbo ye nshya aherutse gushyira hanze yitwa Jibebe, […]

Rwamagana: Idindira ry’iyubakwa rya gare ribangamiye abagenzi banyagirirwa aho bategera

Abaturage bo mu mujyi wa Rwamagana n’abatwara abagenzi barasaba ko imirimo yo kubaka Gare ya Rwamagana yakwihutishwa bakava aho banyagirirwa. Kimwe n’abahategera ndetse n’abakora imirimo yo gucuruza amatike y’urugendo, bavuga ko babangamirwa no kutagira aho bugama imvura igihe iguye bitewe n’uko aho gare yashyizwe by’agateganyo ari kure y’umujyi. Gare ya Rwamagana irimo kuvugururwa iri mu […]

Umukobwa wa Chris Brown yasabiwe uburinzi bwo guhangana n'abashaka kwifotozanya na we

Umugore wabyaranye na Chris Brown ari we Nia Guzman yasabye ko  amafaranga yahabwaga yakwiyongera  kugira  ngo habungwabungwe umutekano w’umukobwa we, Royalty wibasiwe n’uruhuri rw’abashaka kwifotozanya na we. Nia Guzman mu nyandiko yashyikirike urukiko nk’uko ikinyamakuru Blast dukesha iyi nkuru kibitangaza, yasabye ko amafaranga yava ku $ 5,000 ni ukuvuga 4,400,000 Frw ku kwezi akagera kuri […]

Abarwanashyaka ba FDU-Inkingi bavuga ko Ingabire Victoire nta mbabazi yasabye Perezida Kagame

Abarwanashyaka b’Ishyaka rya Ingabire Umuhoza Victoire, FDU- Inkingi baba mu mahanga bavuga ko batazi niba koko umuyobozi wabo yaba yarasabye imbabazi Perezida Paul Kagame kugira ngo abe yarafungurwe  kuwa 15 Nzeri 2018 nk’uko byavuzwe mu itangazo ry’inama y’abaminisitiri ryo kuwa 14 Nzeri 2018. Umunyamabanga mukuru w’iri shyaka, Dr. Emmanuel  Mwiseneza mu kiganiro na Radiyo Ijwi […]

CSP Gashagaza Hubert wahoze ari umuvugizi wa Polisi mu Majyepfo yapfuye

Uwahoze ari umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana, ariko icyo yaba yazize ntikiramenyakana. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana mu ijoro ryakeye ryo ku wa Mbere tariki ya 17 Nzeri 2018, asanzwe mu modoka atagihumeka, urupfu rwe rukaba rwafashwe nko kuba yahotowe. Umuvugizi w’Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha RIB, Supt Modeste […]

Igisobanuro cya ‘People Power’ gikomeje kuba ingorabahizi hagati ya  Museveni na  Bobi Wine

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni  avuga ko Depite Robert Kyagulanyi Sentamu uzwi nka Bobi Wine n’abantu bashyigikiye icyitwa ‘People Power’ badasobanukiwe neza ibyo barimo gukora. Mu gihe icyo Bobi Wine yise ‘People Power’ ugenerekereje wavuga ko ari imbaraga za rubanda kigenda gifata indi ntera, Museveni avuga ko nta handi imbaraga za rubanda zagaragarira hatari […]

Umunyeshuri muri kaminuza ya Makerere yapfuye yiyahuye

  Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere (Makerere University), wapfuye yiyahuye.   Umunyeshuri Joshua Ajuna yigaga mu mwaka wa kabiri wa kaminuza, akaba yabaga mu nyubako izwi ku izina rya ‘Nsibirwa’. Ku cyumweru tariki ya 16 Nzeri 2018, nibwo yasanzwe mu cyumba yararagamo yapfuye, amakuru atangazwa n’abanyeshuri bagenzi be. […]

Shaddy Boo yihakanye Diamond, agira icyo avuga kuri Wema Sepetu

Umugore ukunzwe ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo yatangaje ko asanga muri Tanzaniya umukobwa w’intangarugero ari Wema Sepetu. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 17 Nzeri 2018, Shaddy Boo yavuze ko Wema Sepetu ari umukobwa w’intangarugero mu mico no myifatire bitewe. Ati” Ndamukunda Wema Sepetu ni umuntu uciye bugufi, ubona […]

Rusizi: Inyubako bari bitezeho serivisi zabafasha guhahirana n’Abarundi yaradindiye

Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi bw’aka karere n’ubw’ikigo cy’igihugu cy’imiturire kwihutisha inyubako yo ku mupaka ubahuza n’igihugu cy’u Burundi imaze imyaka 2 yose yaradindiye bikaba bituma ibyo bari bayitezeho itangira kubakwa batabibona. Iyi nyubako nk’uko bivugwa na bamwe mu batuye uyu murenge bayegereye,ngo yatangiye kubakwa ku wa 19 […]