Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batanu

img-20200428-wa0085.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abarwayi batanu ba Coronavirus mu bipimo 1505 byafashwe. Abakize nabo biyongereyeho babiri, muri rusange baba 95. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo bose hamwe ni 212. Abakirwaye ni 117.

Nanga gushaka kuko n’ubundi sinamarayo kabiri- umukobwa ufite umwana umwe

Umukobwa uvuga ko atuye mu Mujyi wa Kigali akaba afite umwana umwe avuga ko atashaka umugabo kuko n’ubundi asanga badateze kurambana. Uyu yanditse akoresheje urubuga info@bwiza.com, avuga ko kuba afite umwana umwe bimuhagije kandi ko byamurinda kuba inganzwa y’umugabo yazaba ashatse. Uyu utaratangaje amazina ye, ati ” Ndi fiye mere [fille mere] w’umwana umwe. Nanga […]

Amerika: Bwa mbere hagaragaye imbwa yanduye Covid-19

Imbwa yo muri Leta ya Carolina y’Amajyaruguru iri mu zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika, yasanzwemo Covid-19 iba iya mbere imenyekanye muri iki gihugu yanduye iki cyorezo. Iyi mbwa yitwa Winston, yagaragaye muri Kaminuza ya Duke ahari umuryango wa McLean wo mu gace ka Chapel Hill abenshi mu bawugize bose banduye Covid-19, ukaba uri gukorwaho ubushakashatsi. […]

Bosco Ntaganda: Umujenerali udasanzwe i La Haye

Uyu mu Jenerali ntabwo ari i La Haye mu Buholandi ayoboye ingabo kuko icyo gihugu gifite ingabo zacyo ziyobowe n’abasirikari bakuru. Gen. Ntaganda ari muri uwo mujyi muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, kuva tariki ya 7 Ugushyingo 2019 aho afungkwe ibyaha yarezwe ubwo yari mu mitwe itandukanye y’inyeshyamba zarwanyanga ubutegetsi muri Repubulika ya Demukarasi ya […]

Kwibuka 26: Hari abagifite ingengabitekerezo ya jenoside yo ku ishyiga

Itegeko no 59/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano na yo ribisobanura mu ngingo yaryo ya kane ko, ingengabitekerezo ya Jenoside ni igikorwa gikozwe mu ruhame, byaba mu magambo, mu nyandiko, mu mashusho cyangwa ku bundi buryo kigaragaza imitekererereze yimakaza cyangwa ishyigikira kurimbura abantu bose cyangwa bamwe muri […]

28/04/1994: Amerika yasabye Bagosora guhagarika ubwicanyi yari ayoboye arabyanga

Ku itariki nk’iyi ya 28 Mata mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje, Leta ya Amerika binyuze muri Prudence Bushnell wari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Minisiteri y’ubuganyi n’amahanga ya kiriya gihugu, yandikiye Col Theoneste Bagosora wari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda amusaba guhagarika ubwicanyi yari ayoboye, undi arabyanga. Inyandiko ya Komisiyo y’Igihugu yo […]

Zari yababajwe n’ubufasha Diamond yemereye abapangayi bo muri Tanzania

zari-and-diamond-e1462187329747-e8d92.jpg

Umugandekazi Zari Hassan yababajwe n’ubufasha umuhanzi Diamond Platinumz wari umugabo we aherutse kwemerera abapangayi bo muri Tanzania bitewe n’ibihe bikomeye barimo kubera icyorezo cya Coronavirus (Covid-19). Aka gahinda uyu mubyeyi ufitiye abana babiri Diamond ( Tiffah na Nillan Dangote) akagaragaje nyuma y’aho uyu muhanzi atangarije ko agiye kwishyurira ubukode imiryango 500 y’abapangayi bo muri Tanzaniya […]

Abakinnyi bashobora kuzajya bahanirwa gucira mu kibuga

Umwe mu bagize inama y’ubutegetsi mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, yatangaje ko ubwo imikino izaba yasubukuwe abakinnyi bashobora kuzajya berekwa amakarita y’umuhondo bazira gucira mu kibuga. Magingo aya mu bihugu bitandukanye, hari kurebwa uko imikino yasubitswe kubera Covid-19 yasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko hagashyirwaho ingamba zikarishye mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya […]

Libya yabaye urubuga rwo kugeragerezaho intwaro nshya-LONI

stephanie-williams-munich-2020-600x330.jpg

Umuryango w’Abibumbye utangaza ko Libya yabaye isibaniro ry’imirwano kuva mu 2011 kuri ubu yahindutse ikibuga cyo gusuzumiraho no kugerageza intwaro nshya ku bihugu bitandukanye ku Isi. Intumwa idasanzwe ya LONI muri Libya, Stephanie Turco Williams, kuwa Kane w’icyumweru gishize yatangarije abanyamakuru ko Libya yabaye iseta yo kugerageza intwaro nshyashya. Ati ” Libya yabaye urubuga rwo […]

Uganda: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yapfuye urw’amayobera

Barbara Allimadi wari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka Alliance for National Transformation (ANT) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasanzwe yapfiriye mu rugo rwe ruherereye ahitwa Kiwatule mu mujyi wa Kampala. Amakuru y’urupfu rw’amayobera rwa Barbara, yemejwe na Alice Alaso uri mu bayobozi bakuru b’ishyaka ANT, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yagize ati”Inkuru ibabaje, […]

Gasabo: Abaturage bagera ku 5,000 baratabaza Perezida Kagame

bfa92a87-57be-4435-81f0-c76ff79f36d1.jpg

Abaturage bagera ku bihumbi bitanu bashoye imari mu mushinga wa Kompanyi yitwa Unlimited Wealth Network (UWN) yororera inkoko ahitwa ku Gasima mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, baratabaza Umukuru w’Igihugu bavuga ko bashobora kuba barakorewe ubwambuzi bw’amafaranga bashoye ndetse ubu bakaba basaba nibura guhabwa inyungu z’amezi abiri ngo bifashishe mu bihe bya Coronavirus […]

Indishyi: Rusizi na Kabarondo bararira nk’uko byagenze muri Cadi

Kubona indishyi, nk’agaciro k’igihombo uwahohotewe aterwa n’icyaha yakorewe, ni urugamba rw’abahohotewe b’i Rusizi n’i Kabarondo mu Rwanda, rusa n’urw’ababuriye ababo mu gihugu cya Cadi. Itandukaniro ni uko abo muri Cadi babuze izo ndishyi barazitsindiye ubwo ubutabera muri Senegal bwakatiraga burundu Hissene Habre wabahohoteye. Ni mu gihe ku bo mu Rwanda, ubutabera bwa Suwedi n’ubw’u Bufaransa […]

Rusizi/ Bugarama: Abantu 13 bafatiwe mu kabari banywa banarya akabenzi

Bamwe mu baturage bafashwe ubwo abandi bikangaga abayobozi n'inzego z'umutekano bakiruka.

Mu ma saa moya n’igice z’umugoroba zo ku wa 26 Mata, ni bwo ubuyobozi bw’umurenge wa Bugarama n’inzego z’umutekano zahawe amakuru ko umugabo witwa Ntigurirwa Joseph usanzwe afite akabari mu mudugudu wa Misufe, akagari ka Nyange mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi afite abantu benshi muri ako kabari ke bari kuhanywera no kuharira […]

COVID-19: Perezida Kagame yavuze ko hazasuzumwa niba hakiri igihe cyo kuguma mu rugo

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko inama y’abaminisitiri iteganyijwe muri iki cyumweru izafatirwamo umwanzuro niba gahunda ya Guma mu rugo izongerwa cyangwa habaho gufungura bimwe mu bikorwa. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuwa 27 Mata 2020. Ubwo yasubizaga umunyamakuru wari umubajije niba u Rwanda ruteganya gufungura bimwe mu bikorwa […]

Abamaze kugaragaraho Covid-19 ku Isi bamaze kurenga miliyoni eshatu

Abandura indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) ku Isi bakomeje kwiyongera bikabije, kuri uyu wa 27 Mata 2020 bakaba bamaze kurenga miliyoni eshatu. Iyi mibare yazamuwe cyane n’ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva mu mpera za Werurwe 2020, ubu zikaba zimaze kugaragaramo abanduye Covid-19 barenga miliyoni imwe uyu munsi. Hagiye hagaragara imibare iri hejuru y’abanduye […]