Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 2 n’abakize 10

img-20200524-wa0030.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 2 banduye Covid-19 mu bipimo 1400 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 237 barimo 10 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 327 barimo 90 bakirwaye.

Rusizi: Ukwezi kose kurashize Gare ya Rusizi yibera mu kizima

Iyi nyubako imwe rukumbi Agence zose zibyiganiramo,ngo za biro zimwe ntizicaniye

Abagana Gare ya Rusizi cyane cyane mu masaha y’ijoro, ba nyiri Agences zitwara abagenzi zihakorera ,abakorera muri za biro zaho n’abaharindira umutekano barinubira kuba ukwezi kose gushize iyi Gare yibera mu kizima,bakibaza niba ubuyobozi bw’Akarere n’izindi nzego bireba batahagera ngo bakemure iki kibazo n’ibindi giteza. Mu kiganiro na Bwiza.com, umwe mu bagenzi yavuze ko bibabaje […]

Tanzania: Iperereza ryagaragaje ko imashini yifashishwaga mu gupima Covid-19 ifite ikibazo

Minisiteri y’ubuzima mu gihugu cya Tanzania, yatangaje ko iperereza Guverinoma y’iki gihugu yakoreye muri Laboratwari y’igihugu ryagaragaje ko imashini yifashishwaga mu gupima Coronavirus ifite ikibazo. Minisitiri w’Ubuzima muri iki gihugu, Dr Ummy Mwalimu, yatangaje ko iperereza ryakozwe nyuma y’aho Perezida John Pombe Magufuli agize amakenga ku mikorere y’imashini zifashishwa mu gupima Covid-19. Mu minsi yashize […]

Umuherwe w’Umufaransa yigambye uburyo yinjiriye telefone ya Mitterrand wabaye Perezida

Umuherwe w’Umufaransa, Xavier Niel kuri uyu wa 23 Gicurasi 2020 yamennye ibanga, asobanura ukuntu yinjiriye telefone ya François Mitterrand wabaye Perezida w’iki gihugu kuva mu 1981 kugeza mu 1995. Niel uri mu ba nyir’igitangazamakuru Le Monde [wanashinze ikigo gitanga serivisi za interineti cya Iliad] yavuze ko yakoze ubu bujura ubwo yari umusore mu 1986, icyo […]

Eid al-Fitr yo mu miryango kuva i Macca kugera i Kigali

Sheikh Hitimana yayoboye isengesho kuri RTV

Hashize iminsi 30 abayoboke b’idini ya Isilamu bari mu gisibo cyaranzwe no kwiyiriza. Muri iyi minsi yose biteguraga Umunsi wa Eid al Fitr cyangwa Ilayidi. Ni umunsi urangwa n’amasengesho akorerwa ku misigiti itandukanye ku Isi yose kuva i Macca muri Arabia Saoudite kugeza i Kigali mu Rwanda, byaba byiza bagasali bari hanze mu gihe ikirere […]

Peter O’Neill wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Guinee yatawe muri yombi

Peter O’Neill wahoze ari minisitiri w’intebe w’igihugu cya Papouasie nouvelle Guinee guhera mu 2011 kugeza 2019 yatawe muri yombi kuwa Gatandatu kubera ibyaha bya ruswa no gusesagura umutungo w’igihugu yari akurikiranyweho, akaba yarabikoze ubwo yari kuri izi nshingano. Peter O’Neill , w’imyaka 55 yatawe muri yombi na polisi y’iki gihugu afatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga […]

Tanzania: Umuyobozi wa Dar es Salaam yahamagariye abaturage kwishimira irangira rya Covid-19

Paul Makonda, umuyobozi w’Umujyi wa Dar es Salaam uruta iyindi yo muri Tanzania mu bunini, yahamagariye abaturage ba Tanzania kwigabiza imihanda bishimira irangira ry’icyorezo cya Covid-19. Uyu mutegetsi yasabye amaduka kugabanya ibiciro kugeza kuri 80%, mu rwego rwo korohereza abifuza kugura imyenda myiza yo guserukana mu birori byo kwishimira irangira rya Covid-19. Gusa n’ubwo Makonda […]