Paul Makonda, umuyobozi w’Umujyi wa Dar es Salaam uruta iyindi yo muri Tanzania mu bunini, yahamagariye abaturage ba Tanzania kwigabiza imihanda bishimira irangira ry’icyorezo cya Covid-19.
Uyu mutegetsi yasabye amaduka kugabanya ibiciro kugeza kuri 80%, mu rwego rwo korohereza abifuza kugura imyenda myiza yo guserukana mu birori byo kwishimira irangira rya Covid-19.
Gusa n’ubwo Makonda yatangaje ko nta Covid-19 ikirangwa muri Tanzania, abaturage b’iki gihugu baganiriye n’umunyamakuru wa BBC bamubwiye ko bafite impungenge ku magambo yavuzwe na Makonda, kuko ngo muri uwo munsi mukuru abaturage batazatekereza guhana intera hagati yabo, bigatuma benshi bashobora kwandura.
Magingo aya uretse Makonda, nta wundi mutegetsi wa Tanzania cyangwa umuryango runaka uremeza ko Coronavirus itakirangwa muri iki gihugu.
Cyakora cyo Perezida John Pombe Magufuli aherutse gutangaza ko ibikorwa rusange bitandukanye birimo n’iby’imikino bisubukurwa muri Tanzania.
Imibare yerekana ko muri Tanzania abantu 509 banduye icyorezo cya Covid-19, muri bo 21 bakaba barahitanwe na cyo.
Ni imibare iki gihugu giheruka gushyira ahagaragara mu kwezi gushize, ibyatumye amahanga ashinja abategetsi bacyo kudatanga amakuru y’ukuri kuri Coronavirus.
Ambassade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Tanzania iherutse gutangaza ko ibitaro byinshi bibarizwa mu mujyi wa Dar es Salaam birimo abarwayi benshi, ku buryo bamwe babuze aho babaryamisha. Ni ibinyuranyije n’ibitangazwa na Perezida John Pombe Magufuli uvuga ko atemera ibitangazwa ku cyorezo cya Covid-19.


