Kigali yabonetsemo abantu 22 banduye Covid-19 muri 41 babonetse mu gihugu hose

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 41 banduye Covid-19 mu bipimo 3333 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 22 barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi itsinda ry’abantu 8 bafungiwe muri za kasho mu Karere ka Nyabihu. Akarere ka Nyamasheke kabonetsemo abantu 6 banduye Covid-19, mu […]
Ibihugu 2 by’Afurika mu 10 bya mbere bishyira mu bikorwa igihano cy’urupfu
Kuri uyu wa Mbere saa 11:47 z’amanwa ni bwo Daniel Lewis Lee yahawe igihano cyo gupfa yakatiwe n’Urukiko Rukuru rwa Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ni nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica ashinyaguriye umuryango w’abantu batatu, abaziza ko ari abirabura. Reka turebere hamwe ibihugu 10 bya mbere ku Isi bigikoresha iki gihano, […]
UNESCO yatangaje ko miliyoni 10 z’abana bashobora guta ishuri bitewe na Covid-19
Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi n’umuco, UNESCO, ku bufatanye n’umuryango wa Save the Children, igaragaza ko miliyoni 10 z’abana ku Isi bashobora kudasubira ku mashuri igihe azaba yongeye gufungura imiryango. Iyi raporo ikomeza ivuga ko bimwe mu bizatera uyu mubare w’abana kureka ishuri , byose bifitanye isano na Covid 19. Imibare y’ubu bushakashatsi […]
Perezida Magufuli yakiriye Diamond na Ali Kiba mu biro bye

Perezida John Pombe Magufuli yatumiye mu biro bye abahanzi b’ibyamamare mu muziki wa Tanzania, Diamond na Ali Kiba, mu busabane bwatumiwemo abitabiriye inama nkuru ya ‘Chama Cha Mapinduzi’ iherutse kuba ku wa 11 Nyakanga 2020. Nk’uko igitangazamakuru Tuko cyabitangaje, Perezida Magufuli yashimiye aba bahanzi bombi ku kuba baremeye kwirengagiza amakimbirane bari bafitanye, bakemera kunga imbaraga […]
Sugira Ernest ntari muri gahunda y’umutoza wa APR_Colonel Sekaramba
Colonel Sekaramba Sylivestre, Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya APR FC, yatangaje ko rutahizamu Sugira Ernest atari muri gahunda y’abakinnyi umutoza wa APR FC yifuza gukoresha mu mwaka w’imikino utaha, ahishura ko bakwemera kumugurisha mu gihe haba habonetse ikipe izemera kugura amasezerano ye. Sugira Ernest wageze muri APR FC muri 2017 avuye muri AS Vita Club yo […]
Huye: Abahinga umuceri bashinja ubuyobozi bwa koperative kubasiga mu bihombo batazivanamo
Abahinga umuceri mu gishanga cya Rwasave giherereye mu Karere ka Huye barataka igihombo batewe n’ubwari ubuyobozi bw’amakoperative ya COAIRWA ndetse na Twongere Umusaruro bumaze imyaka igera kuri ibiri buvuye muri izi nshingano, bavuga ko batazashobora kucyikuramo. Aba bahinzi bavuga ko bamaze imyaka itatu bahingira kwishyura amadeni bafatiwe n’ubuyobozi bw’aya makoperative, butakibarizwa muri izi nshingano kuko […]
Afurika y’Epfo: Umukobwa wa Nelson Mandela yapfuye
Zindzi Mandela-Hlongwane umukobwa w’impirimbanyi y’uburenganzira bw’abirabura muri Afurika y’Epfo, Nelson Mandela na Winnie Mandela yapfuye. Amakuru y’urupfu rwa Zindzi Mandela yatangajwe n’umuryango Nelson Mandela Foundation, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere. Igitangazamakuru cya leta ya Afurika y’Epfo, SABC cyatangaje ko Zindzi yaguye mu bitaro bya Johannesburg. Kugeza ubu nta makuru arambuye aratangazwa ku rupfu […]
Perezida wa Zambia yemereye MRCD kuyifasha guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda-Maj. Sankara

Nsabimana Callixte uzwi nka Major Sankara kuri uyu wa 13 Nyakanga 2020 amaze guhishura ko Perezida wa Zambia, Edgar Lungu mu 2017 yemereye umuyobozi w’ihuriro mpuzamashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rya MRCD, Paul Rusesabagina guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni mu rubanza Maj. Sankara yaburaniye mu Rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha byo ku rwego mpuzamahanga […]
Manchester City yakuriweho ibihano byo kudakina UEFA Champions league yari yarafatiwe
Ikipe ya Manchester City yemerewe gukina imikino ya UEFA Champions league mu myaka iri imbere, nyuma yo gukurirwaho n’urukiko rwa Siporo rwa CAS igihano cy’imyaka ibiri cyo kudakina amarushanwa yo ku mugabane w’Uburayi yari yarafatiwe mu ntangiriro z’uyu mwaka. Muri Gashyantare ni bwo Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi [UEFA], yari yahagaritse Manchester City mu […]
Covid-19 ntiyabujije ubukwe bwa mushiki wa Perezida Museveni kuba-Amafoto

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2020 yatashye ubukwe bwa mushiki we, Phiona Akoragye n’umugabo we Herbert Kihanda bwabereye muri Entebbe muri Kampala, hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Perezida Museveni asobanura ko nyakwigendera Eriya Riisi wari se wa Phiona yari umuvandimwe wa se, Amos […]
Madagascar: Umudepite n’umusenateri baraye bishwe na Covid-19
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, ku cyumweru Tariki ya 12 Nyakanga yatangaje ko babiri mu bagize Inteko Ishinga amategeko y’Igihugu cye barimo umudepite n’umusenateri bapfuye nyuma yo kwandura icyorezo cya Covid-19. Perezida Rajoelina kandi yatangaje ko uretse abapfuye hari n’abandi badepite 11 n’abasenateri 14 ba Madagascar banduye kiriya cyorezo gihangayikishije Isi. Muri rusange Madagascar irabarura […]