UEFA CL: FC Barcelona na Bayern Munich ziyongereye mu makipe azakina 1/4 cy’irangiza
Amakipe ya FC Barcelona yo muri Espagne na FC Bayern Munich yo mu Budage, yiyongeye ku makipe azakina imikino ya 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league nyuma y’uko Barcelona isezereye Napoli yo mu Butaliyani ku giteranyo cy’ibitego 4-2, mu gihe Bayern Munich yo yasezereye Chelsea ku giteranyo cy’ibitego 7-1. FC Barcelona yari yakiriye Napoli i […]
Rwanda: Umuntu wa 6 yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Kanama 2020 yatangaje ko umuntu wa gatandatu yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 51 y’amavuko wapfiriye mu Mujyi wa Kigali nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje mu butumwa bwihanganisha umuryango we wasigaye. Abagaragayeho iki cyorezo ni 6 bo mu mujyi wa Kigali gusa, bahuye n’abanduye. Aba babonetse […]
Guverinoma y’u Burundi yasubije impunzi ziri mu Rwanda zayandikiye ziyisaba ubufasha
Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 8 Kanama 2020, yemeye gufasha impunzi z’Abarundi 331 ziri mu nkambi ya Mahama, zifuza gutaha mu gihugu cy’amavuko. Ibi bikubiye mu butumwa bwanditse bw’Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye, bivuga ko bwiteguye kwakira aba Barundi bahunze mu 2015 ubwo igihugu cyabo cyarimo umutekano muke. Guverinoma y’u Burundi […]
Bitwaye iki kuba Museveni yaba ari Umunyarwanda?_Perezida Museveni
Umuhungu wa Yoweri Museveni uyoboye Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse ku butumwa bwa se mu 1986 ubwo yari amaze gufata ubutegetsi, aho yibaza icyo byaba bitwaye aramutse ari Umunyarwanda. Ku butegetsi bwa Milton Obote, Yoweri Museveni washinze umutwe wigometse wa NRA (National Resistance Army) yitwaga Umunyarwanda. Muri iyi videwo, yibajije ati: “Obote buri gihe […]
Bobi Wine abaye Perezida, najya mu buhungiro_Eddy Kenzo
Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda, Edirisa Musuza uzwi nka Eddy Kenzo yatangaje ko mugenzi we, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine abaye Perezida wa Uganda, yava muri Uganda akitwa impunzi. Ibi Eddy Kenzo yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri telefoni, avuga ko Bobi Wine ari mubi kurusha Museveni. Yagize ati: “Reka mbabwire, Bobi Wine […]
Africa CDC iravuga ko imibare y’abanduye COVID-19 muri Afurika ishobora kuba itandukanye n’itangazwa
Ikigo cy’Afurika gishinzwe gukumira indwara, Africa CDC cyatangaje ko hari impungenge z’uko icyorezo cya Covid-19 kizakomeza kugora umugabane w’Afurika guhangana nacyo, bitewe n’uko imibare y’abacyanduye ishobora kuba ari myinshi kuruta itangazwa n’ibihugu bitandukanye. Africa CDC kane w’iki cyumweru, yavuze ko ibihugu byinshi by’Afurika bitajya bifata ibipimo bihagije ku cyorezo cya Coronavirus, bikaba bishobora gutuma n’imibare […]
Polisi yataye muri yombi abajura bafashwe amashusho biba mu rugo rw’umuturage
Polisi y’igihugu kuri uyu wa gatandatu, yatangaje ko yataye muri yombi abagabo babiri bafashwe amashusho biba mu rugo ry’umuturage i Kibagabaga mu karere ka Gasabo. Tariki ya 15 Nyakanga , ni bwo abasore babiri binjiye mu rugo rwa Serwango Renard, bamwiba bimwe mu bikoresho byo mu rugo rwe gusa baza gufatwa amashusho na Camera zicungira […]
Juventus yirukanye umutoza Maurizio Sarri
Ikipe ya Juventus yo mu gihugu cy’u Butaliyani, yirukanye Umutaliyani Maurizio Sarri wari umutoza wayo mukuru, nyuma yo gusezererwa rugikubita mu mikino ya UEFA Champions league. Mu ijoro ryakeye ikipe ya Juve ni bwo yasezerewe muri 1/8 cya UEFA Champions league, nyuma yo gutsinda Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa ibitego 2-1, ariko ntikomeze muri 1/4 […]
The Cat agiye gusohora amashusho y’indirimbo yise ‘Twinyesebura’

The Cat wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga na “YouTube channel” ye ‘The Cat Vevo250’, yatangaje ko agiye gusohora indirimbo afatanyije n’abandi bahanzi yise “Twinyesebura”. Uyu musore wibazwaho na benshi kubera ibyo atangaza bibitse amabanga akomeye akenshi aba azwi na ba nyirayo gusa, ntazwi isura ye n’amazina cyangwa aho atuye mu buryo bweruye. Cyakora cyo byakunze […]
Menya byinshi ku birango n’amapeti by’urwego rwihariye rucunga amagereza

Nyuma y’ubusabe bwa bamwe mu bakurikira bwiza.com basomye inkuru zibamenyesha ibirango n’amapeti y’igisirikare n’ay’igipolisi by’u Rwanda, twateguye n’indi y’abacungagereza, urwego rukumbi rwahawe inshingano zo kurinda umutekano w’imfungwa n’abagororwa. Iteka rya Perezida No. 31/01 ryo ku wa 24/1/2018 ni ryo rishyiraho sitati yihariye y’abacungagereza rikanagena ibirango n’amapeti bihabwa abacungagereza, mu nzego eshanu barimo. Hashingiwe ku mapeti, […]
Tanzania: Kagere yahembwe nka rutahizamu w’umwaka anashyirwa mu kipe ya 11 beza
Rutahizamu Meddie Kagere ukinira ikipe y’igihugu Amavubi, yahembwe nka rutahizamu wahize abandi muri shampiyona ya Tanzania, anashyirwa mu kipe y’abakinnyi 11 beza baranze iyo shampiyona mu mwaka w’imikino ushize. Kagere ni umwe mu bafashije Simba Sports Club kwegukana igikombe cya shampiyona, nyuma yo kuyitsindira ibitego 21 mu mikino ya shampiyona. Igihembo cya rutahizamu w’umwaka yahawe […]
Uko inzego z’ubutasi zari ziteguye gufatira Kabuga mu ishyingurwa ry’umugore we zigaheba
Mbere y’itabwa muri yombi rya Kabuga Félicien wari umwe mu bantu batanu ba mbere bahigwa cyane ku Isi kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yari amaze imyaka isaga 23 yihishahisha abakoraga ibishoboka byose ngo bamute muri yombi ndetse bamwe akagenda abava mu nzara. Muri 2017 Kabuga yari yitezwe kugaragara mu muhango wo gushyingura umugore […]
Ku munsi nkuyu 1945: USSR yashinze Leta ya Koreya ya Ruguru
Uyu munsi ni ku wa Gatandatu tariki ya 8 Kanama1945. Ni umunsi wa 221 mu minsi igize umwaka 2020. Uyu mwaka urabura iminsi 145 ngo ugere ku musozo. Tariki 8 Kanama 1945, Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zashinze igihugu cya Koreya ya Ruguru nk’igihugu kigendera ku mahame ya gikominizime. Amateka ya Koreya ya Ruguru Ubusanzwe Koreya […]
Rutsiro: Abayobozi bahagaritswe ku mirimo baravuga ko bazize amakosa yakozwe n’Akarere
Abakozi b’Akarere ka Rutsiro baheruka guhagarikwa by’agateganyo ku mirimo yabo, baravuga ko ibyo bakorewe ari akarengane, bakemeza ko bazize amakosa yakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere. Ku wa kane tariki ya 6 Nyakanga ni bwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko bwahagaritse by’agateganyo abakozi 16 bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta. Abo bahagaritswe mu gihe kitari munsi y’amezi atandatu […]
Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe
Mu minsi itatu gusa y’iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko ‘atoroshye’ ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n’iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk’ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya]. Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye […]
EAC yageze aho itangaza ingengo y’imari ya 2020/2021
Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EAC watangaje ko wamaze gutegura ingengo y’imari uzakoresha mu mwaka wa 2020/2021, nyuma y’amezi agera kuri abiri ushinjwa kuba warakerewe kuyitegura no kuyitangaza. Mu nama idasanzwe y’Abaminisitiri b’uyu muryango kuwa Mbere w’iki cyumweru hifashishijwe ikoranabuhanga, Abaminisitiri hamwe n’ubunyamabanga bwa EAC bemeje ko agera kuri miliyoni 97.6 z’Amadolari y’Amerika ariyo azakoreshwa mu ngengo […]