Rwanda: Abantu 45 banduye Covid-19, undi mugabo w’imyaka 32 yapfuye

endct_mxyamw0c-.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 45 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 2541 byafashwe. Iki cyorezo kandi cyiciye umuntu wa 47 i Kigali, akaba ari umugabo w’imyaka 32 y’amavuko. Abanduye barimo 21 babonetse muri Kigali, 9 babonetse muri Rwamagana, 8 babonetse muri Nyanza, 3 babonetse muri […]

Rusizi: Bamwe mu babyeyi ntiborohewe no kubona ibikoresho by’ishuri by’abana babo

Bamwe mu babyeyi bo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi baravuga ko kuba icyorezo cya COVID- 19 cyarashegeshe by’umwihariko umurenge wabo kubera abacyanduye benshi bawugaragayemo bikaba intandaro yo gutinza akarere kose mu kato, hakaniyongeraho ifungwa ry’imipaka ya Rusizi ya 1 n’iya 2 ibahuza na RDC, ubukene bwahakabije bigatuma n’ibikoresho by’ishuri bibona umugabo bigasiba […]

Zambia: Polisi irashakisha umukirisitu wahondaguriye Pasiteri kuri alitari

Polisi yo muri Zambia iri gushakisha umukirisitu wasengeraga mu rusengero rwa Angilikani rwa Kalingalinga mu mujyi wa Lusaka wa Zambia, kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020, wasanze Pasiteri kuri alitari, akamutera amakofe mu isura. Umuvugizi wa Polisi, Esther Katongo, yasobanuye ko ubwo Pasiteri yigishirizaga imbere y’abakirisitu, byageze mu masaa yine umugabo witwa Mwale arahamusanga, amusaba […]

Bimwe mu byo TB Joshua yemeza ko yahanuye bigasohora

Umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua) washinze itorero rya Synagogue Church Of All Nations (SCOAN) yibutsa abakunzi be n’abandi bamukurikira, bimwe mu byo yahanuye mu bihe bitandukanye, bikaba. Ibi bigaragara ku mbuga nkoranyambaga z’uyu muvugabutumwa, aho ibyinshi yabitangaje kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020. Ni ibikurikira: TB Joshua yavuze ko tariki ya 6 Kamena 2020 […]

Cameroon: Mugisha Moïse yegukanye irushanwa rya GP Chantal Biya

Umunyarwanda Mugisha Moïse amaze kwegukana irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya ryo muri Cameroon rimaze iminsi itanu riri kuba. Muri aka gace ka nyuma, Mugisha Moïse yaje ku mwanya wa 21, nyuma y’igihe cy’amasaha 4, iminota 5 n’amasegonda 18. Yakoresheje ibihe bimwe na Paul Daumont waje ku mwanya wa 1. Areruya Joseph yaje ku mwanya […]

U Bushinwa bwakoresheje intwaro y’ibanga yatumye ingabo z’u Buhinde zita umupaka nta sasu rivuze

Ingabo z’u Buhinde zashyizwe ku mupaka utavugwaho rumwe w’u Buhinde n’u Bushinwa mu misozi ya Himalaya ziherutse gufatwa n’indwara y’amayobera yaziciye intege mu kanya nk’ako guhumbya bikaba ngombwa ko zimwe zita umupaka, none hamenyekanye intwaro y’ibanga u Bushinwa bwakoresheje mu guca intege aba basirikare. Biravugwa ko izi ngabo z’u Buhinde zumvaga zimeze neza, ziri maso […]

GP Chantal Biya: Iby’ingenzi byaranze Team Rwanda kuva irushanwa ryatangira

enmwwtoxiacq8ld.jpg

Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, Team Rwanda, ni imwe mu yitabiriye irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Cameroon kuva tariki ya 18 Ugushyingo, rirarangira uyu munsi tariki ya 22 Ugushyingo 2020 nyuma yo kurangiza agace ka gatanu (Etape 5). Ku munsi irushanwa ryatangiriyeho, inkuru nziza yatashye mu Rwanda, icyo gihe Mugisha Moise […]

Koffi Olomide na Diamond Platnumz baba bagiye gukorana indirimbo

vlcsnap-2020-11-22-13h04m17s206.jpg

Umuhanzi Koffi Olomide yaba agiye gukorana indirimbo n’umuhanzi Diamond Platnumz ishobora kuzagaragara kuri Album yiswe Légende » Koffi yitegura gushyira hanze mu mwaka utaha wa 2021. Koffi Olomide amaze umwaka atangaza abantu bashobora kuzafatanya nawe muri uyu mushinga we barimo Davido, Tiwa Savage, Damso, Ninho, Charlotte Dipanda, Fally Ipupa, Hiro le Coq, Gaz Mawete, Naza […]

Burera: Umwe mu barasiwe ku mupaka yatorotse ivuriro ryamwakiriye muri Uganda

Rusizi Rwamayanje, umwe mu Banyarwanda barasiwe hagati y’umupaka w’u Rwanda na Uganda kuwa Gatanu bagerageza kwinjiza mu gihugu Kanyanga biravugwa ko yatorotse Ikigo Nderabuzima cya Rubaya muri Uganda aho yari yagiye kuvurirwa. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Independent, Rusizi yari umwe mu gatsiko k’Abanyarwanda 10 bari baturutse muri Uganda ubwo baraswagaho n’abashinzwe umutekano b’u Rwanda. Umwe […]

Burundi: Amnesty iratabariza Germain Rukuki wakatiwe imyaka isaga 30 y’igifungo

Ubwo yatangizaga ubukangurambaga ngarukamwaka bw’uburenganzira bwa muntu kuri uyu wa Gatanu ushize, Amnesty International yasabye abayobozi b’u Burundi guhindura igihano cyahawe impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Germain Rukuki, no guhita afungurwa nta yandi mananiza. “Germain Rukuki amaze imyaka irenga itatu afunzwe by’agateganyo ashinjwa ibinyoma. Muri kiriya gihe, ntabwo yabonye umuryango we cyangwa ngo afate umuhungu we […]

Nyuma yo gufungurwa, Bobi Wine yagiye gusenga

Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wiyamamariza kuba Umukuru w’Igihugu cya Uganda, kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020 yitabiriye amasengesho, nyuma y’iminsi 2 afunguwe. Bobi Wine wari kumwe n’umugore we Barbara Bobi Itungo, bagaragaye muri kiliziya Katedarali ya Rubaga iherereye mu mujyi wa Kampala. Ifungwa ry’uyu munyapolitiki akaba n’umuhanzi ryabaye tariki ya 18 Ugushyingo 2020, mu […]

Intasi y’Umuyahudi yafunzwe imyaka igera kuri 30 yemerewe kuva muri Amerika

Kuri uyu wa Gatandatu Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yashimye icyemezo cyo guhagarika kubuza uburenganzira bwo kugenda Umunyamerika w’Umuyahudi ufungiye muri Amerika kuva mu 1985 azira kunekera Leta ya Israel. Kuwa Gatanu, nibwo minisiteri y’ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yakuyeho ibyo yari yasabye Jonathan kubahiriza igihe yarekurwaga. Uyu wahoze ari […]

Rubavu: Yafatanywe udupfunyika 1,000 tw’urumogi yambaye umwambaro w’ishuri

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Gihonga yafashe Umulisa Josiane w’imyaka 25. Abapolisi bamufashe kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo, bamufashe yambaye umwambaro w’ishuri ndetse afite igikapu kirimo ibitabo n’udupfunyika 1000 tw’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure […]

Umucamanza wa Pennsylvania yateye utwatsi ubusabe bwa Perezida Trump

Umucamanza Matthew Brann wo muri Leta ya Pennsylvania yateye utwatsi ibirego by’abashyigikiye Donald Trump bifuza ko amamiliyoni y’amajwi y’abatoye bakoresheje iposita yagirwa impfabusa, ashimangira ko ibi birego nta shingiro bifite. Iki cyemezo cy’urukiko kikaba cyahaye uburenganzira Leta ya Pennsylvania bwo kuzemeza intsinzi ya Joe Biden mu cyumweru gitaha, aho arusha Trump amajwi 80,000. Umucamanza Brann […]

Intambara ya Ethiopia-TPLF; ishobora kuba icyasha kuri Abiy wahawe igihembo cya Nobel

Intambara irarimbanyije muri Ethiopia, hagati ya leta n’abarwanyi b’umutwe wa TPLF (Tigray People’s Liberation Front) baharanira ubwigenge bw’agace ka Tigray. Intandaro y’iyi ntambara ni igitero cy’ubushotoranyi aba barwanyi ba TPLF bagabye ku birindiro by’ingabo za Ethiopia tariki ya 4 Ugushyingo 2020, ikaba kandi ijambo rya Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yavuze uwo munsi, ategeka ingabo z’igihugu […]

RYAF yemeye ikosa yakoze mu gutanga amanota ku bakoze ibizamini by’akazi

Ihuriro nyarwanda ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi (RYAF) kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2020 ryemeye amakosa ryakoze mu gutanga amanota ku bakoze ibizamini by’akazi. Ni nyuma y’aho RYAF ishyiriye hanze urutonde rugaragaza uko aba bakandida bagize amanota mu turere dutandukanye tw’igihugu, rugakwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, bitewe n’amakosa arimo. Kuri uru rutonde, umukandida wakoreye ikizamini mu […]

La liga: Bwa mbere mu mateka Atletico Madrid ya Simeone yatsinze FC Barcelona

Ikipe ya Atletico Madrid yaraye itsinze FC Barcelona igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona ya Espagne, iba incuro ya mbere Simeone atsinze iriya kipe muri shampiyona ya Espagne mu kuva bahura bwa mbere mu myaka 10 ishize. FC Barcelona yari yasuye Atletico Madrid ku kibuga Wanda Metropolitano, gusa idafite abarimo Ansu Fati […]