Musanze: Haravugwa imbogo yarumye abaturage babiri
Hari amakuru yatanzwe n’Umuturage wo mu Murenge wa Gataraga ko imbogo yacitse mu Birunga yarumye abagabo babiri muri ako gace. Umuturage wahamagaye kuri RC Musanze yavuze ko ibi byabaye kuri uyu wa 25 Ukuboza. Birasanzwe ko inyamasawa zirimo imbogo zisohoka mu Birunga gusa ubuyobozi nabwo ntibuhwema gufata ingamba mu guhangana n’iki kibazo. Amakuru arambuye BWIZA […]
Uko abakinnyi bakomeye muri ruhago bizihije Noheli (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatanu w’itariki ya 25 Ukuboza, abakristu bo hirya no hino ku Isi bizihije umunsi Mukuru wa Noheli winukirwaho ivuka rya Yezu Kristu. Ni umunsi wizigijwe n’ingeri z’abakristu bose, kugeza ku bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru bifatanyije n’imiryango yabo. Abarimo Lionel Messi, Cristiano Ronaldo, Mohamed Salah, Thiago Alcântara, Yaya TourĂ© n’abandi benshi, bizihije Noheli […]
Nyagatare: Batatu bakurikiranweho kwiba isima yubakishwa ishuri
Abantu batatu bakekwaho kwiba imifuka 14 ya sima yubakishwaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Hunga (GS Hunga), ishuri riherereye mu Mudugudu wa Rutete, Akagari ka Gatete mu Murenge wa Mukama Akarere ka Nyagatare, batawe muri yombi na Polisi ikorera muri aka karere. Abatawe muri yombi ni; Hagenimana Laurien w’imyaka 41, Kobizaba Juvens w’imyaka 28 na Mukundiyukuri […]
Uganda: Prophet Mbonye arashaka guhura n’abakandida bose akabahanurira uzavamo perezida
Umuyobozi w’Itorero Zoe Ministries, Elvis Mbonye, ukunze guhanura ibintu bizaba, arifuza guhura n’abakandida 11 bifuza guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda ngo abahanurire uzavamo umukuru w’igihugu nyuma y’amatora ateganyijwe muri Mutarama 2021. “Abantu bamwe bifuza ko mpanura ku byerekeye amatora yo muri 2021, kugirango nkore ibyo, ndashaka ko abakandida bose baza imbere yanjye, bakabaza ko […]
La cour d’appel confirme la rĂ©clusion Ă perpĂ©tuitĂ© pour Uwinkindi
Jean Uwinkindi continuera de purger sa peine Ă perpĂ©tuitĂ© après que la Cour d’appel, jeudi 24 dĂ©cembre, n’ait trouvĂ© aucun motif raisonnable pour son appel. Uwinkindi, 69 ans, a Ă©tĂ© condamnĂ© en 2015 pour gĂ©nocide et extermination en tant que crime contre l’humanitĂ© par la Haute Cour. L’homme de 69 ans qui Ă©tait pasteur dans […]
Umutoza wa Musanze FC yatawe muri yombi
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Ukuboza 2020, Umutoza wa Musanze FC, Seninga Innocent, yatawe muri yombi kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, akarenza amasaha yo kugera mu rugo. Biravugwa ko yanabanje kuruhanya n’abashinzwe umutekano. Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Guverinoma y’ u Rwanda yashyizeho ingamba zirmo […]
Padiri Ubald urembeye mu bitaro yageneye Abakristu ubutumwa bwa Noheli
Padiri Ubald Rugirangoga kuri ubu urembeye mu bitaro nyuma yo kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona, yageneye ubutumwa Abakristu abifuriza Noheli Nziza. Tariki ya 21 Ukwakira ni bwo byamenyekanye ko Ubald wamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima no gusengera abarwayi bagakira yanduye icyorezo cya COVID-19. Kuva icyo gihe uyu mupadiri ntabwo arakira ndetse anageze ku rwego […]
Beni: Hitezwe ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira insengero kuri uyu munsi wa Noheli
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaburiye abaturage bazo zibasaba kwirinda kwerekeza mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko kuri uyu munsi wa Noheli hashobora kugabwa igitero gikaze cy’iterabwoba. Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kinshasa mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo, ivuga ko aya makuru yakuye ahantu hizewe, avuga ko […]
Muhanga: Mudugudu na Gitifu barashinjwa kwaka abaturage ruswa ngo babahindurire icyiciro
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 23 Ukuboza, bwashyikirijwe dosiye iregwamo umuyobozi w’Umudugudu ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umudugudu, bakekwaho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa kugira ngo bahindurire icyiciro cy’ubudehe abaturage. Aba bayobozi bombi bakaba bakurikiranyweho kuba barakusanyaga amafaranga y’abaturage batari barishimiye icyiciro cy’ubudehe bashyizwemo cya B, bakababwira ko nibatanga amafaranga […]
Burundi: Haravugwa kwibasira inzibutso z’ubwicanyi bwakorewe Abanyamurenge n’abanyeshuri
Amagambo yari ku rwibutso rw’impunzi z’Abanyamurenge ziciwe i Gatumba mu 2004 biravugwa ko yahanaguwe mu minsi yashize. Kuri ibyo hiyongereyeho ubujura bw’umusaraba wari ku mva y’abanyeshuri b’Abatutsi batwitswe ari bazima i Kibimba mu 1993. Ubujura bwakozwe mu kwezi k’Ukuboza. Uruzitiro ruzengurutse imva yashyinguwemo impunzi 166 z’Abanyamurenge, zishwe ku ya 16 Kanama 2004, ruherereye muri zone […]
Uruhare rw’umugore ni ingenzi mu kurwanya icyorezo cya Covid-19
Bamwe mu bagore bo mu turere twa Muhanga na Nyanza , mu Ntara y’Amajyepfo basanga abagore bafite uruhare runini mu kurwanya no kwirinda icyorezo cya covid-19, kuko basanzwe ari ba mutima w’urugo ndetse bakaba baba mu miryango kurusha abagabo. Mujawamariya Drocelle utuye mu Kagari ka Nyamagana, mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza , […]
Beni: Abaturage bigabije ibirindiro 3 bya gisirikare barabitwika
Kuri uyu wa Kane, itariki 24 Ukuboza, abaturage bo muri Komini Lume, Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, batwitse ibirindiro bitatu bya gisirikare mu rwego rwo kwamagana ibitero bakomeje kugabwaho n’inyeshyamba za ADF, mu Murenge wa Ruwenzori, ndetse banatwika ibiro by’ubuyobozi. Hari habanje kugaragara ubwumvikane bucye hagati y’abaturage n’abasirikare nyuma y’amasasu yumvikanye arashwe n’abantu batamenyekanye. […]
Iyi beef ifata intera hagati ya Eminem na Snoop ntizarangira nk’iya Tupac na Biggie?

Ibintu bikomeje kuba bibi hagati y’Abaraperi 2 bari mu ba mbere b’ibihangange babayeho ku Isi kandi bari basanzwe bakorana bya hafi ari bo; Eminem na Snoop Dogg, aho bakomeje guterana amagambo basebanya ku mbuga nkoranyambaga kugeza no mu ndirimbo ziri gusohoka. Duhereye kuri Eminem, wiyita “imana ya Rap” (Rap god), aherutse gusohora version nshya ya […]
Abasirikare ba RDF bari bari muri Sudani y’Epfo na bo boherejwe muri Centrafrique
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bwatangaje ko bwakiriye abasirikare b’u Rwanda bari bamaze igihe mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bagiye gutera ingabo mu bitugu bagenzi babo. Abasirikare 300 ni bo baraye bageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrica baturutse i Juba muri Sudani y’Epfo. Ubutumwa […]
Kirehe iyoboye uturere 11 twatunzwe agatoki mu kurigisa ifumbire y’abahinzi
Raporo yakozwe n’inzego za Leta zirimo n’iz’ubugenzacyaha yagaragaje ko hari uturere 11 twahawe na Minisiteri y’ubuhinzi ifumbire kugira ngo tuyihe abahinzi kandi dukurikirane uko izashyurwa ariko ifite agaciro gasaga miliyari ikaba yararigishijwe. Nyuma abayobozi muri two bagize uruhare mu kuyitanga ntibagaragaje inyandiko zisobanura uko yatanzwe, abayihawe, ingano y’iyo bahawe, uko yishyuwe n’itarishyuwe uko ingana. Iriya […]
Mu gihe cya Noheli Abanyarwanda bagakwiriye kwiraba ivu – Opinion
Itariki ya 25 Ukuboza ni itariki abantu benshi by’umwihariko Abakristo baba bizihiza umunsi mukuru wa Noheli bavuga ko ariwo Yezu yavutseho gusa nubwo bimeze bityo siko byari bikwiriye kugenda ku Banyarwanda nubwo nabo biganjemo umubare mwinshi w’abayobotse Ubukristu ariko dukwiriye kwibuka ko turi Abanyarwanda dufite umuco wacu kuko n’iyi minsi mikuru twizihiza nayo ifite imizi […]
Rubavu: Abakongomani bishyura akayabo ngo babakune
Umuganga gakondo avuga ko hari abakobwa bava muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bakaza mu Mujyi wa Rubavu baje gushaka serivisi yo gukuna aho batanga $100 ayinga Frw 100,000. Gukuna ni igikorwa cyo mu muco nyarwanda, aho umukobwa akurura imyanya ye y’ibanga ikaba miremire. Ibi hari abemeza ko byongera ubushake bw’imibonano mpuzabitsina. Kuri ubu gukuna […]
Ubuhanga bwafashije umugabo kuryamana n’abagore 121 mu minsi 15 gusa
Umwami umwe wo mu Bushinwa mu buhanga bw’imibare, yaryamanye n’abagore 121 mu minsi 15 hagendewe uko yari yapanze indangaminsi. Mu Bushinwa bwa kera, imibare cyari ikintu cy’ingenzi cyane kuva yavumburwa n’abo muri Egiputa, Mezopotamia n’Ubugiriki. Uyu mwami yari afite abagore bakurikira: Umwamikazi, inshoreke ze nkuru 3, abagore icyenda, abagore bato 27, abagore b’abacakara 81 kandi […]