Gisagara: Gitifu wakubise umwana w’imyaka 15 bikamuviramo urupfu yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwamaze guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukindo w’akarere ka Gisagara, Tumusifu JĂ©rĂ´me ukurikiranweho gukubita umuntu bikamuviramo urupfu. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ukuboza BWIZA yari yabagejejeho inkuru y’uko umwana w’imyaka 15 y’amavuko witwa Etienne Musabyamahoro wo mu Mudugudu wa Nyagafumberi, Akagari ka […]

Umuntu wa 75 yishwe na COVID-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Mbere yatangaje ko umugabo wo mu mujyi wa Kigali yahitanwe n’icyorezo cya COVID-19, bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu Rwanda bagera kuri 75. Uwitabye Imana uyu munsi yari afite imyaka 77 y’amavuko. Uretse uwitabye Imana, hanabonetse abantu 51 banduye kiriya cyorezo, bituma abamaze kucyandura bagera kuri 8,021 barimo abakize 6,339 […]

Nyamasheke: Barashinja Compassion kubasenyesha amazu ivuga ko igiye kububakira none barara banyagiranwa n’abana babo

Uyu muryango uvuga ko ubayeho nabi cyane nyamara wari ufite aho uba mbere.

Imiryango 14 irimo iyo mu mirenge ya Karengera na Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, irashinja umushinga Compassion international ukorera muri ADEPR paruwasi ya Bigutu kubasenyesha amazu yabo babagamo ibizeza kububakira, amezi ashize ari menshi barara banyagiranwa n’abana badafite aho babashyira, bagasaba ubuyobozi bw’aka karere kubatabara. Baganira na Bwiza.com, bavuze ko ibyo bakorewe biteye isoni no […]

Igisirikare cy’u Rwanda cyabonye umuvugizi mushya

img_20201228_185844.jpg

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Mbere, bwagize Lt Col Ronald Rwivanga Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye kuri uwo mwanya Lt Col Innocent Munyengango wari uwumazeho imyaka itatu. Lt Col Munyengango yari yarahawe ziriya nshingano asimbuye Maj Gen Safari Ferdinand. Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda, yari asanzwe ari Umuhuzabikorwa Ushinzwe amasomo mu […]

Patrick Amuriat uri mu biyamamariza kuyobora Uganda yakorewe ibya mfura mbi (Amafoto)

amuriat5-650x433.jpg

Umukandida uhagarariye Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Patrick Oboi Amuriat, yajyanwe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kuminjwaho ibyuka biryana mu maso na Polisi. Byabereye ahitwa Muwayo, ku muhanda Bugiri-Tororo. Umuyobozi w’ishyaka FDC, Wasswa Birigwa, yavuze ko Amuriat yahuye na ririya sanganya ubwo yamanuraga ikirahure cy’imodoka ye kugira ngo […]

Gisagara: Umwana w’imyaka 15 yapfuye nyuma yo gukubitwa na gitifu n’abapolisi

aho_yakubitiwe_aho_umurenge_wa_muganza_uhurira_numurenge_wa_mukindo.jpg

Umwana w’imyaka 15 y’amavuko witwa Etienne Musabyamahoro wari utuye mu Mudugudu wa Nyagafumberi, Akagari ka Saga mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara biravugwa ko yapfuye nyuma y’iminsi ibiri akubiswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukindo, Tumusifu wafatanyije n’abapolisi bamukubise imigeri n’ibibuno by’imbunda, bamufunze nyuma bakamujyana kwa muganga, akekwaho kuba umwe mu bana bato bateye […]

Covid-19: Les centres de santé effectuent gratuitement les tests

Les centres de santĂ© (CS) de diffĂ©rentes rĂ©gions du pays commenceront Ă  effectuer des tests Covid-19, a confirmĂ© le Centre BiomĂ©dical du Rwanda (RBC). Selon le Dr Sabin Nsanzimana, directeur gĂ©nĂ©ral du Centre BiomĂ©dical du Rwanda (RBC), depuis la semaine dernière, son institution a commencĂ© Ă  distribuer des tests de diagnostic rapide aux centres de […]

Goma: Inkongi y’umuriro yibasiye agace ka Birere yahitanye abantu bane

Amakuru aturuka i Goma mu murwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko abantu bane batakarije ubuzima mu nkongi y’umuriro hataramenyekana icyayiteye yibasiye agace ka Birere mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukuboza. Iyi nkuru dukesha Kivutimes iravuga ko byari amarira muri aka gace nyuma y’urupfu rw’abo bantu bane bo […]

Ubuzima bw’icyamamare mu butasi cyakoreye ibihugu 2 bihanganye

George Blake yavutse ku itariki 11 ugushyingo 1922 amazina yahawe n’ababyeyi ni George Behar avukira mu Mujyi wa Rotterdams mu Buholandi akorera ubutasi bw’u Bwongereza n’ubutasi bw’u Burusiya mbere yo gufatwa agakatirwa agatoroka gereza agahungira i Moscow. Nyina umubyara yari Umuporotesitanti w’Umudage, naho se akaba yari Umuyahudi ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza. Ise umubyara, Albert Behar, […]

Yikase igitsina ngo umugore yanze kumusura

Umugabo umwe wo muri Espagne yanzuye kwikata igitsina bitewe n’uko umugore we yanze kumusura aho yari ari muri gereza nk’uko bagenzi be byagiye bibagendekera. Amakuru y’uko uyu mugabo yikase igitsina, yatanzwe n’indi mfungwa yabonye uyu mugabo avirirana. Ngo mbere yo gukora ibi, yagize ati ” Igituma nitwa umugabo ni iki, none niba umugore wanjye ansuzugura, […]

Igisirikare cya Uganda ntikivuga rumwe na Bobi Wine ku rupfu rw’uwari umurinzi we

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyahakanye ibyatangajwe na Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri mu biyamamariza kuyobora Uganda wagishinje kwica uwari umurinzi we, kivuga ko uriya musore yahanutse ku modoka yihutaga. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 27 Ukuboza, Bobi Wine ni bwo yatangaje ko Francis Senteza wari umwe mu barinzi be yishwe […]

Nyungwe National Park employees vow to sue RDB

Some of Nyungwe National park employees say they might seek court intervention when Rwanda Development Board fails to respect their requests for payment of delayed salaries. They say it has been pending since long as unpaid salaries they didn’t get when they were from ORTPN to RDB. Besides, unpaid salaries, they are also some who […]

Hazel Hill: Umukobwa w’imyaka 13 wahesheje intsinzi u Bwongereza mu Ntambara ya II y’Isi

aero-legends-website-design-42-1.jpg

Ku itariki ya 10 Nyakanga 2020, u Bwongereza bwizihije imyaka 80 yari ishize hatangiye Urugamba rw’u Bwongereza (Battle of Britain), mu Ntambara ya II y’Isi yose, rwahuje igisirikare cyo mu Kirere cy’u Bwongereza (RAF) n’Igisirikare cyo mu kirere cy’Abanazi, aho umwana w’umukobwa w’imyaka 13, Hazel Hill tugiye kugarukaho yagize uruhare mu gutegura indege z’intambara zakoreshejwe […]

Diane Rwigara aravuga ko hari umwuzukuruza w’Umwami Musinga washimuswe

capture-36.png

Diane Rwigara wigeze gushaka kwiyamamariza kuba Perezida w’ u Rwanda, avuga ko mu myaka ine ishize hari umwuzukuruza w’Umwami w’ u Rwanda, Yuhi V Musinga witwa Thadee Fidele Muyenzi washimuswe n’abo yita “abakozi ba Leta.” Musinga yimye ingoma nyuma y’imvururu zo ku Rucunshu mu Kuboza 1889, atwara kugeza mu 1931. Diane Rwigara avuga ko uyu […]

Nta gahunda mfite yo kujya gushyingura Buyoya – Domitien Ndayizeye

Uwahoze ari Perezida w’u Burundi, Domitien Ndayizeye, aravuga ko adateganya kwerekeza i Bamako mu mihango yo gushyingura mugenzi we wahoze ari perezida, Pierre Buyoya, iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Ukuboza 2020 i Bamako. Avugana n’ikinyamakuru Iwacu-Burundi, Domitien Ndayizeye yavuze ko nta wamusabye kujya muri Mali, kubw’ibyo nta gahunda afite. Ati “Mvugishije ukuri, nashakaga […]

Rusizi: Abitwaje intwaro bateye mu rugo rw’umuturage, bamwicira umugore

Abagizi ba nabi bitwaje intwaro saa tatu z’ijoro ryo ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza, bateye mu rugo rw’uwitwa Bavugamenshi Fidèle basiga bamuziritse, naho umugore we witwa Mukandayisenga Olive baramurasa nyuma aza gupfa. iby’iki gitero byabereye mu mudugudu wa Mpongora, akagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi. Amakuru BWIZA yahawe n’umwe […]

USA: Urukiko rwahamagaje ibikomangoma 2 bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati

https___d1e00ek4ebabms.cloudfront.net_production_3f53e8be-3fb4-4838-be3b-49db67848d6e.jpg

Urukiko rwo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahamagaje Igikomangoma cy’Ikamba cya Arabia Saoudite, Mohammed bin Salman (MbS)ndetse n’Igikomangoma cy’Ikamba cya Abu Dhabi, Mohammed bin Zayed (MbZ) mu rubanza baregwamo ibikorwa byo kwinjira mu makuru y’abandi nta burenganzira (hacking). Umunyamakuru wa Al Jazeera muri Liban, Ghada Oueiss niwe washyize ahagaragara ifoto […]

Ese koko ibi hari aho bihuriye n’itabwa muri yombi ry’umunyemari Paul Muvunyi?

Mu iperereza ryacyo ryimbitse, ikinyamakuru Taarifa cyandikirwa mu Rwanda kiravuga ko umunyemari Paul Muvunyi, ufunzwe kuva ku itariki 24 Ukuboza 2020 yaba arimo kuzira ubutaka yaguze mu 2013, kiri hafi y’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi, mu gihe ubugenzacyaha bwavuze ko bwamufashe bumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano. Ni ubutaka bivugwa ko yaguze miliyoni […]

Rusheshangoga Michel yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 26

Myugariro w’iburyo, Rusheshangoga Michel wakiniraga ikipe ya AS Kigali, yasezeye gukina umupira w’amaguru yerekeza muri Leta zunze Ubumwe za Amerika aho yagiye gutangira ubuzima bushya bwo kubaka umuryango. Rusheshangoga yahamije ko yasezeye ku mupira asezera kuri bagenzi be bakinanaga muri AS Kigali. Ati: “Benshi babyumvaga ariko ukuri ni uko ngiye kuva aha. Muri aka kanya, […]

Messi yavuze igihe azafatira umwanzuro ku hazaza he, n’amakipe abiri adashobora gukinira

Kapiteni wa FC Barcelona, Lionel Messi, yahishuye ko azafata umwanzuro ku hazaza he muri FC Barcelona mu mpeshyi y’umwaka utaha, mu gihe hari amakuru menshi akomeje kumusohora muri iriya kipe y’i Catalunya. Ni nyuma y’uko mu mpeshyi ishize uyu munya-Argentine yari yasabye gutandukana n’iriya kipe, gusa akaza kuyigumamo mu buryo butunguranye nyuma y’uko Josep Maria […]

Kampala: Abanyarwanda babiri batwawe n’abataramenyekana mu modoka yijimye

Abanyarwanda babiri; Mathew Nsabimana na George Bazatoha bafashwe n’abantu bambaye gisiviri bataramenyekana, babatwara mu modoka zijimye. Ibinyamakuru birimo Virunga Post byagarutse kuri iyi nkuru bivuga ko aba bafashwe kuwa Kabiri aho Nsabimana ari mu kazi aho yari asanzwe afite akabari kazwi nka Bahamas bar and rounges gaherereye mu gace ka Rubaraga maze bamutegeka kurira Imoda […]

Igihugu cya mbere muri Afurika cyujuje miliyoni y’abanduye COVID-19

Afurika y’Epfo yabaye igihugu cya mbere ku Mugabane wa Afurika cyageze ku bantu barenga miliyoni imwe banduye icyorezo cya Covid-19. Ni nyuma y’ako abategetsi baho bemeje ko hari ubwoko bushya, bwandura vuba cyane, bwa coronavirus bwahabonetse. Ibitaro bimwe n’amavuriro byatangaje ko biri kwakira abarwayi benshi ubushobozi bwabyo bukaba buri hafi kurengerwa. Biteganyijwe ko Perezida Cyril […]

Perezida Touadéra yashimiye Kagame wamwoherereje abasirikare bo kumucungira umutekano

img_20201228_073423.jpg

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, Faustin-Archange TouadĂ©ra, yashimiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’ingabo yamwoherereje kugira ngo zicunge umutekano mu matorara y’umukuru w’igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye ejo ku Cyumweru. Ni amatora yabaye hari ubwoba bw’uko hashoboraga kuvuka imvururu ziturutse ku bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye François BozizĂ© wahoze ayobora kiriya gihugu, imaze […]