CHAN: Amavubi yakinaga nk’indwanyi yanganyije na Maroc
Umukino wa kabiri wo mu tsinda C Amavubi yakinagamo n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc muri CHAN ikomeje kubera muri CamĂ©roun, urangiye amakipe yombi aguye miswi 0-0. Igice cya mbere cy’uyu mukino cyaranzwe n’amakosa menshi ku ruhande rw’Amavubi, cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, gusa abasore b’Amavubi bakinnye nk’indwanyi umukino wa Uganda ni na ko bitwaye uyu munsi. […]
Umuhanuzi TB Joshua yandikiwe E-mail nyinshi zimubaza ku rukingo rwa Covid-19
Umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua), yamaze amatsiko abantu benshi bifuzaga kumenya icyo atekereza ku rukingo rw’icyorezo cya Covid-19. Yabasubije tariki ya 20 Mutarama 2021 nk’uko bigaragara ku rubuga rwa YouTube rwa Emmanuel TV rusanzwe rutambutsa ibiganiro bye. TB Joshua yagize ati: “Bijyanye n’ibiri ku Isi, nakiriye ibihumbi bya emails zivuga ku rukingo rwa Covid-19. […]
Byakomeye iby’abanuzi // Ubuhanuzi bwaciye igikuba muri Rubanda buvuga kuri 2021 – Ubusesenguzi
FBI yabonye amakuru ko Rusesabagina adafungiwe i Mageragere
Mu nyandiko ya Me Gatera Gashabana, wunganira Paul Rusesabagina avuga ko umukobwa w’umukiliya we witwa Carine Kanimba hari umuntu umwandikira wiyita ‘Hamiss Mjinya’ uvuga ko arinda Se, wemeza ko adafungiye muri gereza ya Nyarugenge, amakuru yamaze kugwa mu gutwi k’Urwego rushinzwe Iperereza muri Amerika, (FBI). Ibi biri mu ibaruwa Gashabana yandikiye urugereko ruburanisha ibyaha byambukiranya […]
Ingabo za Uganda zivuganye abarwanyi 189 ba Al Shabaab
Umuvugizi wungirije w’igisirikare cya Uganda, Lt. Col. Deo Akiiki kuri uyu wa 22 Mutarama 2021 yatangaje ko ingabo zabo ziri mu butumwa bw’amahoro ziciye abarwanyi 189 b’umutwe wa Al Shabaab mu duce dutandukanye twa Somalia. Col. Akiiki yavuze ko ingabo za Uganda ziciye aba barwanyi mu duce turimo Sigaale, Kayitoy na Adimole, ati: “hapfuyemo abarwanyi […]
Igisirikare cya RDC cyafashe abaheruka kwivugana Col Vita Kitambala
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi bamwe mu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Col Vita Kitambala, uheruka kwicirwa mu rukiko rwo muri Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Uyu musirikare uri ku rwego rwa Ofisiye yishwe mu cyumweru gishize. Amakuru y’ifatwa rya bariya bicanyi yemejejwe na Lt Antony […]
Rubavu: Inkongi y’umuriro yatwitse icumbi ry’abanyeshuri ba GS Mutura rirakongoka

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, inkongi y’umuriro yatwitse icumbi ry’abakobwa mu Rwunge rw’amashuri rwa Mutura I mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu. Amakuru BWIZA ikesha RBA ni uko ibikoresho birimo ibitanda 178, matelas 40, amavalisi, imyambaro byahiye. Aya makuru avuga ko icyateye inkongi kitaramenyekana. Ni uburyamo bwararagamo abakobwa 227 gusa kugeza […]
Burundi: Ntihavugwa rumwe ku waba warishe umuhanzi Thierry Kubwimana
Polisi y’u Burundi iheruka kwereka itangazamakuru abagabo batatu n’umugore umwe, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Thierry Kubwimana uri mu bahanzi bari bakunzwe i Burundi. Mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira iya 25 Ugushyingo Umwaka ushize, ni bwo Kubwimana yiciwe mu cyumba cye mu gace ka Musaga i Bujumbura. Ku wa Gatatu ni bwo […]
Videwo: Yasutse umuriro ugurumana ku maguru y’umwana we, amuhisha munsi y’uburiri ku bwo gushiririza ibishyimbo
Umugore utuye mu gace ka Majengo muri Shinyanga, Zanifa Assoman, yasutse umuriro ku maguru y’umwana we w’umuhungu, amuhisha mu nzu kuko yamusize mu rugo ngo acanire ibishyimbo, bigashirira. Uyu mwana bigaragara ko yagize ibisebe byinshi ku maguru, yabwiye abanyamakuru ko nta kindi nyina yamuryoze kitari ukurangara, ibishyimbo bigashirira ubwo yari hanze. Uyu mwana muto ati […]
Polisi Mpuzamahanga iraburira abahurira ku mbuga z’abakundana
Polisi Mpuzamahanga (Interpol) iraburira abahurira ku mbuga z’abakundana (dating apps) ko hari ibyago byinshi byo kwamburirwaho, igasaba abazikoresha gushishoza. Interpol ivuga ko kuri izi mbuga, bitangira abantu bashaka urukundo (bateretana), mu gihe babiri (umukobwa n’umuhungu, umukobwa ku wundi cyangwa umuhungu ku wundi), batangiye kwizerana, ibikorwa by’ubujura bigatangira. Aho ngaho, ni ho umwe muri aba bakundana […]
Kaminuza ya Cavendish ntivuga rumwe na MINEDUC, HEC ku bayirangijemo bimwe akazi

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Cavendish muri Uganda, Prof. John F. Mugisha, kuri uyu wa 21 Mutarama 2021 yagaragaje ukutavuga rumwe n’inzego nka Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’Inama y’igihugu ishinzwe amashuri makuru na za kaminuza mu Rwanda (HEC), zivuga abarangije amasomo muri iyi kaminuza batemerewe guhabwa akazi. Ni nyuma Minisitiri w’Uburezi n’Umuyobozi Mukuru wa HEC batangaje […]
Ibihugu bifite pasiporo zifite ingufu muri Afurika mu 2021
Ishyirahamwe rya Henley Passport Index buri mezi atatu rishyira hanze urutonde rw’ibihugu byo muri Afurika bifite pasiporo (passport) zifite imbaraga. Kugira imbaraga kwa pasiporo bivuze ubushobozi bwayo bwo kukugeza mu bihugu byinshi, utiriwe usaba viza. BWIZA yifashishije BBC Pidgn yahisemo kubagezaho ibihugu biza imbere muri Afurika mu gutanga pasiporo zifite ubushobozi bwo hejuru ku ngingo […]
VIDEO: N’uburakari bwinshi Ev Gihozo Yikomye abamutuma umugabo we//Ubugambanyi mu Bavugabutumwa// yavuze kuri Mama Vanessa
Centrafrica yashyizeho ibihe bidasanzwe kubera ibitero by’inyeshyamba
Guverinoma ya Centrafrica kuri uyu wa 21 Mutarama 2021 yashyizeho ibihe bidasanzwe by’iminsi 15, bitewe n’ibitero imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugaba mu bice bitandukanye by’igihugu. Nk’uko igitangazamakuru Deutsche Welle cyo mu Budage cyabitangaje, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Albert Yaloke Mokpeme ni we watanze iri tangazo. Mokpeme yagize ati: “Hashyizweho ibihe bidasanzwe by’iminsi 15 mu gihugu, […]
Abagenzi bavuye muri Tanzania na DR Congo ntibemerewe gukandagira mu Bwongereza
Ubwongereza bwatangaje icyemezo cyo gukumira ku butaka bwabwo abagenzi bose bavuye muri Tanzania na DR Congo mu rwego rwo kwirinda Covid-19. Kuri Twitter, Minisitiri w’Ubwikorezi mu Bwongereza, Grant Shapps yavuze ko iyi ngingo igamije kwirinda ikwirakwira ry’ubwoko bushya bw’iyi virus bwo muri South Africa. Yanditse ati: “Abagenzi bose bavuye muri ibyo bihugu, uretse Abongereza n’abandi […]