Amavubi atsinzwe na Guinée Conakry asezererwa muri CHAN 2020

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ isezerewe muri CHAN yaberaga mu gihugu cya CamĂ©roun, nyuma yo gutsindwa na GuinĂ©e-Conakry igitego 1-0. Hari mu mukino wa 1/4 cy’irangiza waberaga kuri Stade ya LimbĂ©. Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, n’ubwo Abanya-GuinĂ©e ari bo bagerageje uburyo bwinshi bw’ibitego. Ni igice cyaranzwe n’amakosa menshi (11) ku ruhande rw’ikipe […]

Uwari Mudugudu yarumye ugutwi k’umugore we bapfa inshoreke

Kwitonda Antoine w’imyaka 40 wahoze ari Umukuru w’Umudugudu wa Ntumba, Akagari ka Shara mu Murenge wa Kagano w’Akarere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gukubita no gukomeretsa umugore we Nyiransabimana Françoise w’imyaka 38 amurumye urutoki n’ugutwi. Amakuru umwe mu baturanyi b’uyu muryango yahaye BWIZA, avuga ko amakimbirane awumazemo igihe nyuma y’uko uyu Kwitonda Antoine […]

Ngoma: Bahangayikishijwe no kohereza abana kwiga bakabura abarimu

Ababyeyi bo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma bafite abana biga ku Kigo cy’Amashuri Abanza cya Fukwe giherereye mu Kagari k’Umukamba barinubira abarimu batigisha abana babo Kandi bahembwa na Leta. Abo babyeyi barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma gukemura ikibazo cy’abarimu bigisha mu mwaka wa gatanu n’umwaka wa Gatandatu . Umwe mu babyeyi waganiriye […]

Rutangarwamaboko yaterekeye, abona intsinzi y’Amavubi

Umupfumu Rugangarwamaboko yatangaje ko yaterekereye ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi), ayabonera intsinzi kuri Guinea mu mukino uraba kuri uyu wa 31 Mutarama 2021. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter, Rugangarwamaboko yagize ati: “Amatega menshi ntakibuza u Rwanda kwigobotora. Abazimu Bacu Batazima bahagurukanye Imizi n’Imiganda Ibihangange mu #Amavubi ni Indahangarwa. Abahonotse ntimumbere intati mu muterekero […]

Ingabo z’u Rwanda zabaga muri Sudani y’Epfo, muri Centrafrica (Amafoto)

rdf1.jpg

Ubuyobozi bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (UN) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zivuga ko ingabo z’u Rwanda zabaga mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo zoherejwe muri iki gihugu (Centrafrica). Ni mu rwego rwo kunganira ingabo MINUSCA mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi, ikomeje guhungabanya umutekano mu bice bitandukanye by’ibihugu. MINUSCA […]

Jane Mugo, umugore wa mbere utinyitse muri Kenya ufatwa nk’Umwamikazi w’Ubutasi

p094v086.png

Umugore witwa Jane Mugo wo mu gihugu cya Kenya ukora akazi k’iperereza wigenga (Private Detective) amaze kubaka izina muri iki gihugu kubera ibirego bitandukanye akemura biba byarananiye n’inzego z’umutekano zabigize umwuga ariko uburyo akoramo butuma bamwe bamwita umunyabyaha abandi bakamufata nk’intwari, mu gihe hari abemeza ko ari we mugore wa mbere utinyitse mu gihugu ku […]

Qatar Airways igiye guhagarika kwakira abaturuka mu Rwanda

Ikigo cy’ubutwazi bwo mu kirere cya Qatar Airways cyatangaje ko guhera tariki ya 5 Gashyantare 2021, gizahagarika kwakira abagenzi baturuka mu bihugu bitatu birimo u Rwanda. Qatar Airways yabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 29 Mutarama 2021, isobanura ko yabitewe n’impungenge Guverinoma y’u Bwongereza yari imaze kugaragaza. Abandi bagenzi iki kigo kitazemera kwakira […]

Suede: Yatekeye umutwe igisirikare arinda agera ku ipeti rya major ntawurarabukwa

Umugabo wo mu gihugu cya Suede yazamutse mu ntera mu gisirikare mu gihe cy’imyaka hafi 20 nta muntu n’umwe wigeze amenya ko yakoresheje ibyangombwa by’ibihimbano. Uyu mugabo, umwirondoro we utaramenyekana, mu 1999 yiyandikishije mu shuri rya gisirikare rizwi nka Enköping Officer College, hafi ya Stockholm. Abigisha be bamenye ko yabeshye amanota ye arirukanwa. Ntiyacitse intege […]

Diamond aravuga ko atiteguye kubabarira Harmonize

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania no mu karere, Naseeb Juma, uzwi nka Diamond Platnumz yatangaje ko atiteguye kubabarira no kwibagirwa ubwumvikane bucye hagati ye na mugenzi we yazamuye, Harmonize. Ibi Diamond yabitangaje ubwo yakomozaga ku mbabazi Harmonize aherutse kumusaba, we avuga ko yashakaga gukomeza kwiyamamaza atasabye imbabazi abikuye ku mutima. Diamond yongeyeho ko yabashije kumva icyo […]

Amateka, ibikorwa, n’intego za Special Forces ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika

us-sof-1.jpg

Bitewe n’igihugu, ingabo zidasanzwe (Special Forces)zishobora gukora imirimo irimo ibikorwa byo mu kirere, kurwanya inyeshyamba, kurwanya iterabwoba, kurinda umutekano w’imbere mu gihugu, ibikorwa by’ibanga, kubohoza imbohe, n’ibindi bikorwa bidasanzwe bifitanye isano n’intambara. Ingabo zidasanzwe (Special Forces) za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziba zishinzwe cyangwa zifite ubutumwa butanu bw’ingenzi burimo: Gushyigikira abigometse kuri leta y’ikindi […]

CHAN: Abanya-Guinée bikanze ko Amavubi akinisha abasirikare

Itangazamakuru ryo muri GuinĂ©e Conakry, ryatangaje ko muri kiriya gihugu hari icyoba cy’uko ikipe yabo ishobora gusezererwa n’Amavubi y’u Rwanda, mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN amakipe yombi ahuriramo ku mugoroba w’iki cyumweru. Abanya-GuinĂ©e bavuga ko n’ubwo ikipe yabo yageze muri 1/4 cy’irangiza yemwe inayoboye itsinda yarimo, itigeze ikina umukino uryoheye ijisho. Urubuga Sports […]

USA: Itsinda ry’abanyamategeko batanu bunganira Donald Trump ryeguye

Abanyamategeko batanu bagombaga kunganira Donald Trump ku rubanza rumutegereje rw’imyitwarire yagaragaje ubwo yari umuyobozi w’igihugu (impeachment), bose beguye nk’uko amakuru agera kuri ABC News avuga. Iri tsinda ry’abanyamategeko riyobowe n’umunyamategeko wo muri Carolina y’Amajyepfo, Butch Bowers, beguye ahanini bitewe no kutumvikana ku kuntu bazategura uko bazarengera umukiriya wabo. Aba banyamategeko bari bateguye kugaragaza ishingiro ryo […]

Urutonde rw’abashakishwa bashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza

niyomb.jpg

Leta y’u Burundi irashakisha abantu 34 ishinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza tariki ya 13 Gicurasi 2015, kugira ngo ubutabera bwayo bubakurikirane. Nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga mu Burundi rwo ku wa 2 Gashyantare 2016, aba barimo abahoze ari abasirikare, barangajwe imbere na Maj. Gen. Godefroid Niyombare wari uyoboye iki gikorwa […]

Kamonyi: Gitifu ushinjwa guhohotera abatera akabariro yaba yarabeshyewe

Amakuru aturuka mu Karere ka Kamonyi avuga ko Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabuga, mu Murenge wa Ngamba, Mbonyubwayo Emmanuel, yaba yarabeshyewe n’abaturage bamushinja gukubita abo asanze batera akabariro bambaye ubusa. Inkuru ya Gitifu Mbonyubwayo yasakaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, nyuma y’aho umugore witwa Nyirantegerejimana Pascasie utuye mu Mudugudu wa Musenyi yabwiye umunyamakuru wa TV1 ko […]

Centrafrica: Icyoba ni cyose mu gihe inyeshyamba zikomeje kugota umurwa mukuru

Icyoba ni cyose muri Centrafrica mu gihe inyeshyamba zikomeje kugota umurwa mukuru, Bangui, nk’uko byatangajwe n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Martin ZiguĂ©lĂ©. Martin ZiguĂ©lĂ© aravuga ko umunsi ku wundi humvikana imirwano hirya no hino mu gihugu kandi adashobora kwibeshya ngo asohoke mu murwa mukuru, Bangui adafite abarinzi bafite imbunda. Umuryango w’Abibumbye uravuga ko abaturage […]

Myugariro wa Uganda yakuyeho agahigo ka Cristiano Ronaldo

ronald.jpg

Myugariro w’ikipe ya Motherwell FC muri Scotland ukomoka muri Uganda, Bevis Mugabi, yaciye agahigo kari karashyizweho na rutahizamu Cristiano Ronaldo ukinira Juventus mu Butaliyani. Aka gahigo Cristiano yari yaragashyizeho ubwo Juventus yakinaga na Sampdoria mu mwaka w’imikino wa 2019/2020. Icyo gihe uyu rutahizamu yatsindishije igitego umutwe, asimbutse santimetero (cm) 256 harimo cm 71 kuva hasi […]

Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD ntazongera kuvuga Igifaransa

Umunyamabanga Mukuru mushya w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Hon. RĂ©verien Ndikuriyo, yasobanuye impamvu yafashe icyemezo cyo kutongera gukoresha ururimi rw’Igifaransa. Uyu muyobozi usigaye avuga ururimi rw’Ikirundi gusa mu gihe avuga imbwirwaruhame, yasobanuye ko uru “rurimi rw’Abazungu” iyo umuntu arukoresheje, bamwumva nabi, amwe mu magambo ahagabwa ikindi gisobanuro. Hon. Ndikuriyo yatanze urugero rw’ijambo ‘Travaillez’ […]