Nyagatare: Umunyamakuru wa Flash FM yakubiswe na mudugudu n’insoresore ze ajya ku bitaro

Umunyamakuru wa Radiyo Flash FM, Charles Ntirenyanya, aravuga ko yakubiswe n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Rubona, Akagari ka Rwisirabo mu Murenge wa Karangazi, BWIZA yamenye ko yitwa Sam Kalisa, wari kumwe n’abasore batatu bitwaje inkoni, bituma ajya kwa muganga. Ntirenganya uri kuvuga ijwi riri hasi cyane kubera inkoni avuga ko yakubiswe na Mudugudu Sam, mu gatuza, yatangarije […]

Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yasubiye mu rugo yambaye akarindamasasu

Umugore wa nyakwigendera Jovenel Moïse wari Perezida wa Haïti mbere y’uko yicwa tariki ya 7, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021 yasubiye iwe mu rugo yambaye agakote kamurinda amasasu. Uyu mugore, Martine Moïse, ni ubwa bwa mbere yageze mu rugo, nyuma yo kurokoka igitero we n’umugabo we bagabweho. Yari avuye mu bitaro byo muri Leta […]

Gen. Ndima agiye kwimurira ibiro muri Beni

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Lt. Gen. Ndima Constant yatangaje ko agiye kwimurira ibiro bye mu mujyi wa Beni, avuye mu wa Goma. Gen. Ndima yabimenyesheje itangazamakuru kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021, asobanura ko agiye kubikora kugira ngo yongerere imbaraga operasiyo y’ingabo za Leta ku mutwe witwaje […]

Ethiopia: TPLF yarekuye bamwe mu basirikare yari yarafashe, abandi izababuranisha

Umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bwa Leta ya Tigray uvuga ko warekuye abasirikare1000 ba Leta ya Ethiopia mu babarirwa mu 6000 wari warafashe mpiri. Byatangajwe n’umuyobozi w’ishyaka rya TPLF, Debretsion Gebremichael mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021. Gebremichael yavuze ko abasirikare bafite amapeti mato ari bo […]

Al Ahly yatsinze Kaizer Chiefs, yegukana CAF Champions league ya 10 mu mateka

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yegukanye igikombe cya 10 cy’irushanwa rya CAF Champions league mu mateka yayo itsinze ku mukino wa nyuma Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo ibitego 3-0. Ni nyuma y’umukino wa nyuma wa ririya rushanwa wabereye mu gihugu cya Maroc. Mohamed Sherif ni we wafunguriye Al Ahly amazamu […]

Joseph Kabila yarangije amasomo y’icyiciro cya nyuma cya kaminuza

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 16 Nyakanga 2021 yarangije amasomo y’icyiciro cya nyuma (PhD) muri Kaminuza ya Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Ni nyuma y’imyaka ikabakaba ine amaze yiga mu ishami rya politiki n’umubano mpuzamahanga (Political Science and International Relations) riri muri iyi kaminuza, yifashisha iyakure. […]

Minisitiri Busingye ‘yaremeye’ uwamusabiye agafuka k’umuceri kuri Twitter

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa ya Leta, Busingye Johnson kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021 yoherereje amafaranga uwamusabye agafuka k’umuceri uzamubeshaho muri iki gihe cya Guma mu Rugo. Saa mbiri n’umunota umwe z’igitondo cy’uyu munsi ni bwo Minisitiri Busingye nk’uko asanzwe abigenza, yageneye abakoresha Twitter ubutumwa bwo kwitwararika bakirinda icyorezo cya Covid-19. Yagize ati: “Mwaramutse #RwOT […]