Cristiano Ronaldo yasabye Manchester United ko batandukana

Rutahizamu Cristiano Ronaldo yamaze gusaba ikipe ya Manchester United ko batandukana akerekeza ahandi, mu gihe haba habonetse ikipe yifuza kumutangaho amafaranga ahagije. Ni nyuma y’umwaka umwe wonyine ayigarutsemo, dore ko yayigezemo mu mpeshyi ya 2021 avuye muri Juventus yo mu Butaliyani. Mu mwaka umwe yari amaze muri iyi kipe, yashoboye kuyitsindira ibitego 24 mu marushanwa […]

RDC: Col. Cikapa yavuze ku myenda ya gisirikare bivugwa ko yatumwe na François Beya mu Bubiligi

Urubanza rwa François Beya wahoze ari “umujyanama wa perezida mu by’umutekano” rwasubukuwe ku wa gatanu muri gereza nkuru ya Makala, hatangira kwitaba abaregwa. Abacamanza barimo kugerageza kumva ibirego bishinjwa François Beya ukurikiranyweho by’umwihariko “umugambi mubisha” wo kugirira nabi Perezida FĂ©lix Tshisekedi, ndetse n’abo bareganwa 4 barimo ‘assistant’ we, abakoloneli babiri ba FARDC ndetse na komiseri […]

Umugande ukomoka mu Rwanda utakwerekana igisekuru cye kuva mu 1926 afatwa nk’umunyamahanga

Abagande bafite inkomoko mu Rwanda ngo baba bakomeje gukorerwa ivangura kugeza uyu munsi nubwo bimwe mu yatumye Museveni afata intwaro akajya kurwanya ubutegetsi bwa Idi Amin hari harimo n’ivangura nk’uko byagarutsweho n’Umunyamakuru Andrew Mwenda mu gitekerezo cye yatambukije ku kinyamakuru cye The Independent, atanga urugero rw’Abagande bimwa za passport cyangwa ibindi byangombwa kubera kunanirwa kwerekana […]

Papa yageneye ubutumwa bukomeye ibihugu byo muri Afurika atashoboye gusura

Kuri uyu wa Gatandatu, Papa Francis yasabye abaturage n’abayobozi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo “guhindura page” no gushyiraho inzira nshya z’ubwiyunge, amahoro n’iterambere. Umushumba wa Kiliziya Gaturika yasohoye ubutumwa bwa videwo ku munsi yateganyaga gutangira urugendo rw’icyumweru, yasubitse, mu bihugu byombi byo muri Afurika. Yahagaritse urugendo mu kwezi gushize kubera ububabare […]

Perezida Erogan yiyemeje gushyira Igisirikare cya Turkiya ku mwanya wa mbere ku Isi

Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yiyemeje gushyira igisirikare cy’igihugu cye “ku mwanya wa mbere” ku Isi, avuga ko kimaze kugera ku bikorwa “bitangaje” ndetse n’iterambere rikomeye mu bijyanye n’imyitozo muri iyi myaka ishize. Ku wa Gatanu, Perezida Erdogan mu muhango wo gutanga impamyabumenyi muri kaminuza nkuru y’ingabo z’igihugu cya Turkiya i Istanbul, yashimye igisirikare […]

Muri miliyari 1907.1 Frw y’imisoro yari yasabwe gukusanya RRA yarengejeho miliyari 75,8 Frw

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kiratangaza ko mu mwaka w’isoresha wa 2021-2022 wasoje kuwa Gatanu ushize, icyo kigo cyashoboye gukusanya Miliyali 1907.1 Frw. Ubuyobozi bw’iki kigo bugaragaza ko bwiteguye kuzuza inshingano bahabwa zo gukusanya hejuru ya 45.8% by’ingengo y’imari nshya. Mu mwaka wasojwe kuwa Gatanu, RRA yari yarasabwe gukusanya amafaranga agera kuri miliyali 1831.3 ariko kugeza […]

M23 yerekanye umurundo w’intwaro yambuye FARDC (Amafoto)

20220702_120531.jpg

Umutwe wa M23 werekanye intwaro z’amoko atandukanye uheruka kwambura Ingabo za Congo Kinshasa bamaze igihe bahanganye mu mirwano. Igikorwa cyo kwerekana izi ntwaro cyayobowe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Major Willy Ngoma. Mu mashusho uyu mutwe wanyujije ku rubuga rwawo rwa Twitter, hagaragaramo intwaro nyinshi z’amoko atandukanye zatawe n’Ingabo za FARDC ubwo zari zisumbirijwe zigakizwa n’amaguru. Intwaro […]

Kenya: William Ruto yiyemeje kuzakurikirana Uhuru Kenyatta naramuka atsinze amatora

Visi Perezida wa Kenya, Wlliam Ruto, yiyemeje kuzashinga itsinda ry’abacamanza rigomba kuzakora iperereza ku bikorwa na politiki bya Perezida Uhuru Kenyatta naramuka atsinze amatora yo kuwa 09 Kanama, kandi ko azahindura politiki zitandukanye za Kenyatta, ndetse atazatinya kumukurikirana naramuka avuye ku butegetsi. Muri manifesto ya Klenya Kwanza yatangijwe mu ijoro ry kuwa Kane ushize, Ruto […]

Perezida Putin aremeza ko u Burusiya na Belarus bishobora kuba igihugu kimwe vuba

Perezida Vladimir Putin yavuze ko “igitutu cya politiki n’imibereho bitigeze bibaho” bituruka mu Burengerazuba, ndetse n’ibihano byafashwe nyuma yo gutera Ukraine, biri gusunikira Belarus n’u Burusiya kwishyira hamwe bikaba igihugu kimwe byihuse kurushaho. Ku wa Gatanu, umuyobozi w’u Burusiya w’imyaka 69 yabwiye inama ko igitutu “kidusunikira kwihutisha inzira yo kwishyira hamwe”. Ati: “Ibyo byakorwa kugira […]

M23 ku bivugwa ko abarwanyi bayo 27 baguye mu mirwano na FARDC

Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma yahakanye amakuru avuga ko Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyishe abarwanyi 27 b’uyu mutwe mu mirwano yabereye ahitwa ntamugenga, muri Teritwari ya Rutshuru, gifata ibikoresho n’imiti byabo. Amakuru aturuka ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru avuga ko muri iyi mirwano yabereye mu gace ka […]

Libya: Abigaragambya bigabye mu nyubako y’inteko ishingamategeko barayitwika

Abigaragambya biraye mu nyubako y’inteko ishingamategeko ya Libya mu mujyi wa Tobruk mu burasirazuba ndetse bitangazwa ko batwitse igice kimwe cy’iyi nyubako. Amafoto yatangajwe ku mbuga za internet yerekana umwotsi, mu gihe abigaragambya batwikaga imipine hanze y’iyi nyubako. Hashize igihe haba imyigaragambyo mu yindi mijyi yo muri Libya mu kwamagana ibura ry’umuriro w’amashanyarazi, izamuka ry’ibiciro […]

KDF yivuganye ibyihebe bitari bike bya Al Shabaab nyuma yo kubigwa gitumo

Igisirikare cya Kenya (KDF), cyatangaje ko cyivuganye ibyihebe 10 by’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab, nyuma yo kubigabaho igitero gitunguranye. Operasiyo yo guhiga ibi byihebe Ingabo za Kenya zayikoreye mu ishyamba ryitwa Boni, mu duce twa Sarira na Kolbio. KDF mu itangazo yasohoye yavuze ko biriya byihebe byari byapanze kugaba ibitero mu muhora wa Lamu Port-South […]

U Burusiya burashinjwa gukoresha ibisasu bitemewe ku basivili ku kirwa cya Ukraine

2022-05-13t025432z_1984536564_rc2t5u9ffbr1_rtrmadp_3_ukraine-crisis-satellite-1.jpg

Igisirikare cya Ukraine cyashinje icy’u Burusiya kugaba ibitero gikoresheje ibisasu bitwika bikoze mu kinyabutabire cya phosphorus ku Kirwa cya Snake, nyuma y’umunsi umwe Moscow ikuye ingabo zayo kuri iki kirwa kiri mu Nyanja y’Umukara. Indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa Su-30 nizo zajugunye ibibombe bya phosphorus ubwo zanyuraga hejuru y’ik kirwa ziturutse muri Crimea […]

Perezida Evariste Ndayishimiye yikomye u Bubiligi

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yikomye igihugu cy’u Bubiligi agishinja kuba nyirabayazana w’ibibazo birimo amacakubiri yatumye u Burundi buyogozwa n’intambara mu bihe bitandukanye. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Gicurasi, ubwo yari ayoboye ibirori byo kwizihiza imyaka 60 u Burundi bumaze buhawe ubwigenge n’abakoloni b’Ababiligi. Yavuze ko ingaruka z’ubukoloni ari zo […]

Umunyamakuru Cyuma Hassan ‘agiye gusohora igitabo’

Amakuru akomeje gucicikana ni avuga ko Umunyamakuru Niyonsenga DieudonnĂ© uzwi nka Cyuma Hassan, kuwa 31 Kanama 2022 azashyira hanze igitabo kizasohoka mu rurimi rw’Icyongereza. Cyuma washinze cano (channel) ya YouTube yitwa ISHEMA TV afungiwe muri Gereza ya Mageragere i Kigali. Nyir’ubwite ntacyo aravuga kuri aya makuru n’ibizaba bigikubiyemo niba koko yaracyanditse. Mu Gushyingo 2021, Urukiko […]

Dr Biruta yashyikirije Perezida Ndayishimiye ubutumwa ‘bwihariye’ bwa mugenzi we Kagame (Amafoto)

fwmxzqvwaak7onf.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ari kumwe na Brig Gen Vincent Nyakarundi uyobora ubutasi bwa gisirikare, bakiriwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye nyuma y’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, amugezaho ubutumwa bwihariye bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Itariki ya 1 Nyakanga buri mwaka ni yo […]

USA: Umuhungu wa Bazivamo Christophe yasanzwe yapfuye

christophe-bazivamo-the-deputy-secretary-general-of-east-african-community-delivers-remarks-during-the-meeting-in-kigali-on-february-16.-all-photo-by-craish-bahizi.jpg

Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Arkansas, iri gukora iperereza ku rupfu rw’umuhungu w’umunyepolitiki w’Umunyarwanda, Christopher Bazivamo witwa Hirwa Nshuti Bruce, wasanzwe hafi y’inyubako abanyeshuri ba Kaminuza ya Arkansas babamo yapfuye. Amakuru ari gucicikana avuga ko mu ijoro ryo ku wa 28 Kamena, Hirwa yari kumwe n’abandi bagenzi be bari […]