Rayon Sports yazanzamukiye kuri AS Kigali, ikura Kiyovu Sports ku mwanya wa mbere

Ikipe ya Rayon Sports yisubije by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0. Gikundiro yari imaze imikino ibiri yikurikiranya idatsinda nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego 2-1 no kugwa miswi na Mukura 2-2, yari yakiriye Abanyamujyi kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo; mu mukino w’umunsi wa 10 […]

Leta y’u Rwanda igiye kurwanyiriza ruswa mu nsengero

Urwego rw'Umuvunyi ni rwo rwateguye ubu bukangurambaga

Leta y’u Rwanda yateguye icyumweru cyihariye cyo kurwanya ruswa kizarangwa n’ubukangurambaga buzakorerwa ahantu hatandukanye harimo mu madini n’amatorero. Iki cyumweru kizabaho mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa uzaba tariki ya 9 Ukuboza 2022, kizatangira tariki ya 26 Ugushyingo ku nsanganyamatsiko “Twimakaze indangagaciro zo kurwanya ruswa, inkingi y’iterambere rirambye.” Iki cyumweru kizatangira, aho […]

Masisi: Haravugwa iyicwa ry’uwari Komanda wa polisi muri Maoma

Ibintu byari bimeze nabi cyane mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 i Bweremana muri Gurupoma ya Mupfuni Shanga, Sheferi ya Bahunde muri Teritwri ya Masisi kubera iyicwa rya Komanda wa Polisi . Uyu mu Komanda wa Polisi muri Maoma, muri Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi, yishwe n’abantu […]

Sam Karenzi yiseguye ku bamwibasiriye bamuhora Salima Mukansanga

Umunyamakuru w’imikino Karenzi Samuel, yiseguye nyuma y’amagambo atarakiriwe neza aheruka gutangaza k’umusifuzi Mukansanga Rhadia Salima. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Mukansanga Salima yanditse amateka yo kuba Umunyafurikakazi wa mbere wari ushoboye gusifura imikino y’Igikombe cy’Isi cy’abagabo. Uyu mukobwa ukomoka mu karere ka Nyamasheke yabigezeho, ubwo yagirwaga umusifuzi wa kane mu mukino Les Bleus […]

Nyamasheke: Mu bigo by’amashuri bahangayikishijwe n’ibiciro bikomeje kuzamuka

Uwihanganye agaragariza ababyeyi ko izamuka rikabije ry'ibiciro by'ibiribwa rikomereye amashuri

Mu gihe abayobozi b’ibigo by’amashuri mu karere ka Nyamasheke batakira ababyeyi mu nama bagirana, babereka impungenge z’icyo abana babo bazarya mu minsi iri imbere igihe ibiciro by’ibiribwa byakomeza gutumbagira, ababyeyi bakavuga ko bitazamuka mu mashuri ngo bisige mu miryango, rukabura gica, ubuyobozi bw’aka karere burasaba aba bayobozi kwishakamo ibindi bisubizo. Inyinshi mu nama zihuza ababyeyi […]

Igikombe cy’Isi: Embolo yafashije u Busuwisi gutsinda CamĂ©roun akomokamo

Ikipe y’igihugu ya CamĂ©roun ‘Les Lions Indomptables’, yatangiye nabi imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 ikomeje kubera muri Qatar nyuma yo gutsindwa n’u Busuwisi igitego 1-0. CamĂ©eoun n’u Busuwisi bari bahuriye mu mukino wo mu itsinda G wabereye kuri Stade ya Al Janoub. Ni umukino wasaga n’uringaniye ku mpande zombi, dore ko amakipe yombi yaremye uburyo […]

Karongi: Umugabo yaboheye abana be mu bwiherero bamara kabiri batarya

img-20221124-wa0051.jpg

Amakuru yizewe BWIZA ifite avuga ko kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Maryohe, Akagari ka Kiniha, Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, umugabo witwa Hakorimana Aloys, yafungiranye abana be babiri mu bwiherero, ababohesheje supaneti, bamara iminsi ibiri batarya, batanywa ku bwo kubashinja kumwiba ihene ebyiri ze bakazigurisha. Iby’aya makuru byamenyekanye ahagana […]

Ba rwiyemezamirimo 1.000 bato mu turere nka Rusizi bagiye gutegurirwa kujya ku isoko ry’umurimo

316530279_2640213686109000_5114474260670174244_n.jpg

Ba rwiyemezamirimo barenga 1.000 bakiri bato bo mu turere twa Rubavu, Rusizi, Muhanga na Nyagatare biteguye guhabwa ubumenyi bubategurira kujya ku isoko ry’umurimo ndetse na gahunda zo kubyihutisha bazahabwa n’ibigo byo guhanga udushya bizwi nka “HANGA Hubs” . Mu rwego rwo gushyigikira uyu mushinga wa HANGA Hub muri Rusizi, Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe amakuru mu […]

Uganda: Hari ubwoba bw’ibitero by’iterabwoba

Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda ziryamiye amajanja, nyuma y’uko zibonyr ibimenyetso by’uko umutwe wa ADF uri gutegura kugaba ibitero by’iterabwoba mu gihugu. Ku itariki ya 11 Nyakanga 2010 ibitero by’iterabwoba byagabwe i Kampala aherekanirwaga umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi wahuzaga Espagne n’u Buholandi, bituma abantu 74 bapfa na ho 85 barakomereka. Mu butumwa Polisi ya […]

Afurika: Hari ibihugu byaba bitishimira kubona u Rwanda rwohereza ingabo mu butumwa bw’amahoro

Ingabo z'u Rwanda zagiye muri Mozambique kuva hagati mu 2021

Bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika byiganjemo ibifite ibisirikare bikomeye biravugwaho kutishimira kubona u Rwanda rwohereza abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro ahantu hatandukanye. Nk’uko ikinyamakuru Foreign Policy cyabisobanuye mu nkuru cyahaye umutwe wa ‘How Rwanda Became Africa’s Policeman?’ (U Rwanda rwahindutse umupolisi wa Afurika rute?), iri shyari rishingira ku butumwa ingabo zarwo zijyamo […]

Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC yagaragaye ari gusoma igitabo n’abana bo muri ‘primaire’

Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu, yasuye abanyeshuri mu ishuri ribanza ryo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, areba uko abana biga. Gaspard Twagirayezu wagiri uruzinduko mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, yatangiriye mu Karere ka Gakenke anabereye imboni muri Guverinoma y’u Rwanda ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo […]

APR FC yaba yirukanye burundu Mohammed Adil Erradi

Ikipe ya APR FC biravugwa ko yamaze kwirukana burundu umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi wari umaze imyaka itatu ari umutoza wayo mukuru. Inkuru y’uko uyu mutoza yaba yirukanwe yatangiye kuvugwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, gusa APR FC ntacyo APR FC irayavugaho. Adil biravugwa ko yirukanwe mu gihe Ku wa 13 Ukwakira ubuyobozi bwa […]

Urwego rw’amagereza rwanze gufunga Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo

Urwego rwa Afurika y’Epfo rushinzwe amagereza rwanze kubahiriza icyemezo cy’urukiko cyo gufunga Jacob Zuma wayoboye iki gihugu, kuko ngo haba harimo akarengane. Tariki ya 21 Ugushyingo 2022 ni bwo urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko Zuma agomba gusubira muri gereza, akarangiza igifungo cy’amezi 15 yakatiwe n’urukiko rushinzwe kurinda Itegekonshinga muri Kamena 2021. Ni mu gihe Zuma yari […]

Umoja Africa baravuga ko FDLR iri gutoza abahoze ari amabandi bagera kuri 400

Umuryango utegamiye kuri Leta witwa Umoja Africa uvuga ko abarwanyi 400 bahoze ari amabandi yayogoje rubanda muri Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo, bari guhabwa imyitozo n’umutwe wa FDLR muri Gurupoma ya Bashali Kaende muri Teritwari ya Masisi. Uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu, watangaje ko uhangayikishijwe n’aba barwanyi bagomba kwinjira mu mutwe wa MaĂŻ-MaĂŻ Nyatura. […]

U Burusiya burashinjwa gutangiza ibitero bigamije kwicisha imbeho Abanya-Ukraine

Nyuma y’amasaha make Inteko ishinga amategeko y’u Burayi itoye kuri uyu wa Gatatu umwanzuro wemeza ko u Burusiya ari ‘“umuterankunga w’iterabwoba,” u Burusiya bwahise burasa urufaya rwa misile ku bikorwaremezo bikomeye bya Ukraine ndetse no ku basivili . Igisirikare cy’u Burusiya cyateye ibisasu mu ivuriro ry’ababyeyi i Vilniansk, umujyi muto wo mu Karere ka Zaporizhzhia, […]

RDC yagize icyo ivuga ku makuru y’uko yaba yitabaje na CODECO mu guhangana na M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahakanye amakuru avuga ko yaba yitabaje abarwanyi bo mu mutwe wa CODECO, ngo bajye gufasha Ingabo zayo guhangana mu mirwano n’inyeshyamba za M23. Amakuru y’uko RDC yaba yitabaje umutwe wa CODECO ushinjwa gukorera ubwicanyi bw’indengakamere muri Teritwari ya Ituri, yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga kuva ejo ku wa Gatatu. Ku […]

Umukinnyi wa Ghana yatangaje ko Neymar atamurusha ubuhanga

Neymar aterana amagambo na Kudus mu mukino wa gicuti wabahuje

Mohammed Kudus ukina hagati mu ikipe y’umupira w’amaguru ya Ghana yatangaje ko rutahizamu wo muri Brazil, Neymar Junior, atamurusha ubuhanga. Kudus w’imyaka 22 y’amavuko mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa The Guardian, yasobanuye ko icyo Neymar amurusha ari ibigwi gusa. Ati: “Ntabwo ari mwiza kundusha. Ni umukinnyi w’ibigwi byinshi gusa.” Aba bakinnyi bombi bahuriye mu mukino […]

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda kuri yu wa Kane

Sosiyete sivile mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 yateguye indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda mu Mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara Kivu y’Amajyaruguru . Ni imyigaragambyo iyi sosiyete sivile ivuga ko iza gusabiramo Umuryango Mpuzamahanga gusaba u Rwanda gukura ingabo zarwo, ngo zaba zihishe mu mutwe […]

Minisitiri Mutua yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya y’Epfo kudataha iwabo kuko ‘bitoroshye’

Minisitiri Mutua ubwo yari muri Koreya y'Epfo

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, Alfred Mutua, yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya y’Epfo kugumayo, kuko ngo nta kazi keza babona mu gihugu cyabo karuta ako bafite. Uyu munyapolitiki yagiye muri Koreya y’Epfo, aherekeje Perezida wa Kenya, Dr William Ruto wagiriyeyo uruzinduko rwari rugamije gushaka imikoranire mu bikorwa bitandukanye birimo iby’iterambere. Mutua yavuze ko nta mpamvu […]

Mohammed Adil Erradi yanze kubonana n’intumwa APR FC yamutumyeho

Umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi kuri ubu ugifatwa nk’umutoza mukuru wa APR FC, yanze kubonana na Mupenzi Eto’o iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu iheruka kumutumaho kugira ngo bakemure ibibazo bafitanye mu mahoro. Ku wa 13 Ukwakira ni bwo ubuyobozi bwa APR FC bwafatiye ibihano umutoza Mohammed Adil Erradi na na Kapiteni Djabel Manishimwe, nyuma y’uko bari batangiye […]

Un violeur en sĂ©rie arrĂȘtĂ© Ă  Nyagatare

Le Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB) a arrĂȘtĂ© Samuel Nsengiyumva, 32 ans, pour avoir prĂ©tendument profanĂ© 11 enfants dans le district de Nyagatare . S’adressant au New Times, le porte-parole de RIB, Thierry Murangira, a dĂ©clarĂ© : « Nsengiyumva a souillĂ© les enfants en utilisant le toilettage. Il les a attirĂ©s avec des cadeaux et […]

Luanda: FDLR yasabwe kuzinga utwangushye igataha mu Rwanda

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda basanzwe bakorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basabwe kuzinga utwangushye bagataha muri iki gihugu bakomokamo. Ubu busabe buri mu byemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2022, yahuje Perezida w’u Burundi, uwa RDC, u […]

EAC orders M23 to withdraw or face fire

The Luanda summit on the security crisis in eastern DR Congo has ordered the FDLR, a terrorist group composed of remnants responsible for the 1994 Genocide against the Tutsi in Rwanda, to disarm immediately and embark on an “unconditional repatriation”. The summit took place in the Angolan capital Luanda on Wednesday, November 23. It was […]