Hari abakomeje kwitwaza amatora bagatekera imitwe abaturage

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yanyomoje amakuru yavugaga ko hari urubuga ruri kwifashishwa mu kwinjiza abantu mu kazi bazakoreshwa mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu gitondo cyo kuru uyu wa Kabiri tariki 04 Kamena 2024, yanyujije ubutumwa ku rukuta rwayo rwa X bwamagana uru rubuga rwayiyitiriye. Bugira buti […]

RDC: Ubushinjacyaha buri guhata ibibazo abagera kuri 40 bashatse guhirika ubutegetsi

Hashize icyumweru, Ubushinjacyaha Bukuru bwa FARDC buhata ibibazo abantu bagera kuri mirongo ine bivugwa ko bagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi i Kinshasa. Iri bazwa rirabera muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, komini ya Barumbu (Kinshasa). Ubu bushinjacyaha bwa gisirikare kandi buri guhata ibibazo abasirikare bo mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya […]

Lucas Paqueta yaba agiye guhagarikwa mu mupira ubuzima bwe bwose

Umukinnyi wo mu kibuga hagati wa West Ham, Lucas Paqueta ashobora kwisanga yahagaritswe muri ruhago ubuzima bwe bwose nyuma y’uko ari gushinjwa ibirego byo gutega mu mikino y’amahirwe ibi bizwi nka Bet. Bitangazwa ko FA yo mu Bwongereza ishaka guhagarika Lucas Paqueta muri ruhago ubuzima bwe bwose kubera ibirego byo gukora Bet. Uyu mukinnyi ukomoka […]

Buri mwaka u Rwanda rutakaza ubutaka bufite agaciro ka Miliyari zirenga 800 FRW

Buri mwaka u Rwanda rutakaza toni miliyoni 27 z’ubutaka, ni ukuvuga hafi amakamyo 1 350 000 y’ubutaka isuri iba igiye kujugunya mu bindi bihugu. Ubu butaka bukaba bufite agaciro ka miliyari 810Frw.” Byagarutsweho na Minisitiri w’ibidukikije Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc kuri uyu wa Kabiri taliki 04 Kamena 2024 mu kiganiro waramutse Rwanda. Avuga ko hatagize […]

Kagame asanga hari byinshi Afurika yakwigira kuri Koreya y’Epfo byayifasha gutera imbere

gpnpjoswgaaduam.jpg

Perezida Kagame yagaragaje ko hari byinshi Afurika yagakwiye kwigira kuri Koreya y’Epfo, kandi ibyo asanga byayifasha gutera imbere binyuze mu rubyiruko rwayo nk’imbaraga yihariye. Ibi yabitangarije kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 4 Kamena 2024, mu Nama ya mbere yahuje Koreya y’Epfo n’Umugabane wa Afurika (Korea-Africa Summit). Umukuru w’igihugu yavuze ko Koreya y’Epfo hari byinshi […]

Perezida Museveni yongeye kwikoma abatinganyi

Perezida Museveni wagarutse muri Namugongo nyuma y’imyaka ine hibukwa umunsi w’abamaritiri(Abihaye Imana) ba Uganda , yihanangirije kwirinda kujya impaka ku bujiji n’imyifatire y’abaryamana bahuje igitsina. Mu ijambo rye yagejeje ku bari bateraniye muri ako gace ku gicamunsi cy’ejo hashize kuwa mbere ku rusengero rw’Abagatolika, perezida Museveni , yavuze ko Uganda ari igihugu cy’abamaritiri, aburira abantu […]

Burundi: Inshoreke 900 zirukanwe mu ngo abagabo bahatirwa gusubirana n’abagore babo

Mu Burundi, abayobozi batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ubuharike bafata nk’icyaha kibuza igihugu gutera imbere. Iki cyemezo ngo cyakurikijwe mu ntara nyinshi. I Ngozi, mu majyaruguru y’igihugu, guhiga inshoreke mu ngo byatangiye kuva umwaka watangira. Guverineri w’iyi ntara yatangaje ibyavuye muri iki gikorwa mu mpera z’icyumweru. DĂ©sirĂ© Minani avuga ko inshoreke 900 zirukanwe kugeza mu mpera […]

Uganda: Abanyarwanda 2 bafunzwe bakekwaho kwica umusaza bakoreraga

Polisi ya Uganda yataye muri yombi Abanyarwanda babiri ikekaho kwica umukambwe w’imyaka 83 y’amavuko bakoreraga nk’ababumbyi. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu karere ka Kigezi, Elly Maate, yatangaje ko abatawe muri yombi ari Kwizera DesirĂ© n’umugore we witwa Uwingabire. Bakekwaho kwica Geoffrey Twinomujuni Ntegyire wari utuye mu kagari ka Karujabura, umurenge wa Kitumba ho mu […]

Umuvugizi wa MONUSCO yemeje ko bari kumwe na FARDC i Kanyabayonga

20231106220100588462_monusco.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 3 Kamena, imirwano hagati y’Ingabo za Congo n’abafatanyabikorwa bayo n’inyeshyamba za M23 yarakomeje, hafi y’umujyi wa Kanyabayonga, muri Teritwari ya Lubero (Kivu y’Amajyaruguru). MONUSCO yemeje amakuru avuga ko iri gufasha FARDC kurengera abaturage baho. Iyi mirwano yabereye cyane cyane ku murongo wa Kilambo-Bulindi, mu burengerazuba bw’umujyi, muri Teritwari ya […]

Santos wendaga kurangizanya na APR FC yahamagawe na Kaizer Chiefs na CS Sfaxien

Umunya-Portugal, Alexendre Santos wahaye Petro de Louanda igikombe uyu mwaka, aravugwa muri APR FC nubwo Kaizer Chiefs na CS Sfaxien zirimo kumuganiriza. Nyuma y’uko APR FC itangaje ko itazongerera amasezerano umutoza Thierry Froger hari amakuru akomeje kuzenguruka ayihuza n’umutoza w’umunya-Portugal, Alexendre Santos wahaye Petro de Louanda igikombe cya Shampiyona uyu mwaka. Bivugwa ko APR FC […]

RDC yashyize Amerika mu gihirahiro

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko iri mu gihirahiro nyuma yo kwimwa amakuru na Leta ya RDC yerekeye abanyamerika bashinjwa kugira uruhare mu cyiswe coup d’Ă©tat iheruka kugeragezwa muri iki gihugu. Mu kwezi gushize ni bwo Leta ya RDC yatangaje ko muri iki gihugu hageragejwe coup […]

U Bwongereza: Umunyamategeko wa Guverinoma yatangaje igihe ntarengwa abimukira bazazira mu Rwanda

Ubwongereza bwatangaje ko bitarenze taliki 24 Nyakanga 2024 abimukira n’abasaba ubuhungiro baba muri iki gihugu aribwo bazoherezwa mu Rwanda. Byatangajwe na Edward Brown usanzwe ari umuvugizi wa Guverinoma kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Rishi Sunak atangaje ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa nyuma y’amatora ateganyijwe tariki 04 z’ukwezi gutaha […]

Abanyamakuru b’imikino bagiye kujya bahemberwa hamwe n’abakinnyi

gpkxvtvxoaawccj.jpg

Mu Rwanda hatangijwe ibihembo bishya bizajya bitangwa na Rwanda Premier League itegura shampiyona y’icyiciro cya mbere aho hazajya hahembwa abakinnyi n’abanyamakuru bahize abandi mu gihe cy’umwaka wa Shampiyona. Ibi bihembo biratangira gutangwa ku bantu bose bahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 aho bizatangwa tariki ya 15 Kamena 2024 muri Serena Hotel. Ku mugoroba wo […]

Somalia irateganya kwirukana Ingabo za Ethiopia zayifashaga kubera Somaliland

Umuyobozi mukuru muri Somalia yavuze ko mu mpera z’umwaka bazirukana ibihumbi by’ingabo za Ethiopia ziherereye muri iki gihugu zoherejwe gufasha kugarura amahoro keretse Addis Ababa niyemera kuva mu masezerano yagiranye n’akarere ka Somaliland kiyomoye kuri Somalia. Impuguke mu bijyanye n’umutekano n’abadipolomate b’abanyamahanga bavuze ko iki cyemezo gishobora guteza umutekano muke Somalia kubera ko ingabo zayo […]

Imbamutima za Cristiano Ronaldo kuri Mbappé wagiye muri Madrid

1717476635056-9570711717476906.jpg

Cristiano Ronaldo yatangaje ko azishimira kubona Kylian MbappĂ© i Santiago Bernabeu nyuma yuko asinye muri Real Madrid. Ku munsi w’ejo hashize nibwo abakunzi b’umupira w’amaguru bumvishe ko MbappĂ© yamaze gusinya muri Real Madrid amasezerano y’imyaka 5. Ku mugoroba nibwo Madrid yasohoye itangazo ivuga ko bumvikanye na MbappĂ© ko azayikinira guhera mu mwaka utaha w’imikino kuzageza […]

Koreya ya Ruguru yageneye iy’Epfo ‘impano’ y’amabyi

Koreya ya Ruguru mu cyumweru gishize yohereje muri Koreya y’Epfo za ’emballage’ zuzuye amazirantoki n’indi myanda, nk’impano kuri uyu muturanyi wayo basanzwe batajya imbizi. Aya mashashi abarirwa mu magana yari apakiyemo umwanda yoherejwe muri Koreya y’Epfo hakoreshejwe ibipurizo binini (air balloon). Amashusho yashyizwe hanze n’Igisirikare cya Koreya y’Epfo yerekana ibyo bipurizo bihambiriyeho amashashi manini y’umweru […]

Ushinjwa kwiba telephone ya The Ben yasabiwe imyaka 2 y’igifungo

Mu rubanza rw’ubujurire ubushinjacyaha buregamo Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer rwabaye kuri uyu wa mbere tariki 3 Kanama 2024 bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri ku cyaha akurikiranyweho cyo kwiba Telefoni y’umuhanzi The Ben ubwo bari mu gitaramo mu gihugu cy’u Burundi. Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwarekuye Eric Ndagijimana by’agateganyo ku itariki 24 Ukuboza […]

Nyabihu: Aratabaza ubuyobozi nyuma yo gutemerwa imyaka n’abantu atazi

Mu Kagari Ruheshi, Umurenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, umubyeyi Gatama Samuel, aratabaza ubuyobozi nyuma yo gutemerwa imyaka n’abantu atazi. Hari ku Cyumweru mu gitondo, itariki ya 2 Kamena, ubwo uyu mubyeyi yatunguwe no gusanga ibigori yahinze mu isambu ye iri munsi y’urugo, no mu yindi mirima ye. Avuga ko ubuzima bwe buri mu kaga […]

RDC: Hatangajwe igihe guverinoma nshya izarahirira

Umuhango wo gutangiza guverinoma nshya ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) uzaba hagati y’itariki ya 10 na 11 Kamena, nyuma y’amezi arenga atanu Perezida FĂ©lix Tshisekedi arahiriye manda ya kabiri, nkuko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe yatangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 3 Kamena 2024. Ibi yabivuze mu nama yagiranye n’umukuru w’igihugu FĂ©lix […]

Nigeria: Amamiliyoni y’abaturage akomeje kwigaragambya kubera ikiguzi cy’ubuzima kizamuka umusubirizo

Miliyoni z’Abanya Nijeriya bari mu myigaragambyo y’ubugira kane mu gihugu kuva Bola Tinubu abaye perezida umwaka ushize. Amamiliyoni y’Abanyanijeriya nta mashanyarazi afite nyuma yuko umuyoboro w’igihugu uhagaritswe mu rwego rwo guhagarika imyigaragambyo rusange bitewe n’izamuka ry’ubuzima. Igihugu cyari mu icuraburindi nyuma gato ya saa mbiri za mugitondo ku isaha yaho (01:00 GMT) kuva ku Cyumweru.Indege […]

Biden yubuye ingingo yo guhagarika abimukira banyura ku mupaka wa Mexique agamije guhangana na Trump

Kuri uyu wa Kabiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko ashyiraho ingingo zikarishye zikumira abimukira binjira ku butaka bwa Amerika banyuze muri Mexique. Ingingo Biden ashobora gutangaza, zirimwo itegeko ritanga uburenganzira bwo gusubiza inyuma abimukira bose binjiye muri Amerika baciye ku ruhande rwa Mexike mbere y’uko banasobanura igituma bahungiye muri Amerika. Bitegekanijwe […]

Uruganda rw’isukari rwa Kabuye rwongeye gufungura nyuma y’amezi atatu rufunze imiryango

Uruganda rw’isukari rwa Kabuye rwongeye gufungura imiryango nyuma yo kumara amezi agera kuri atatu rutangaje ko rwabaye ruhagaritse ibikorwa byarwo. Ubwo rwahagarikaga ibikorwa byarwo, ubuyobozi bw’uru ruganda bwari bwatangaje ko intandaro yaturutse ku biza byatewe n’imvura yaguye mu minsi ishize bikibasira ibishanga bihingwamo ibisheke. Kuri uyu wa Mbere rero nibwo hirya no hino abahinzi b’ibisheke […]