Abahoze bayobora Rayon Sports bayisuye, bayiha intego yo guhuhura Kiyovu Sports

Abahoze ari abayobozi ba Rayon Sports nyuma yo kwiyunga, kuri uyu wa Gatanu bayisuye mu myitozo baha abakinnyi bayo intego yo kuzatsinda Kiyovu Sports. Abasuye Murera mu Nzove bari barangajwe imbere na Muvunyi Paul na Munyakazi Sadate batakunze gucana uwaka, Thadée Twagirayezu, Dr Emile Rwagacondo, Ngoga Roger n’abandi. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Rayon […]

Karongi:Abantu 13 nibo bakomerekeye mu mpanuka

img-20241101-wa0037.jpg

Mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, habereye impanuka y’ikamyo yagonganye na Coaster yari itwaye abagenzi, hakomereka abantu 13 bari muri iyo Coaster. Iyo mpanuka yabereye ku muhanda uturuka ku Rutare rwa Ndaba werekeza i Rubengera, aho mu bagenzi 13 bakomeretse, bane muri bo bakomeretse bikomeye bagejwejwe mu bitaro, abandi bajyanywe mu Kigo Nderabuzima cya […]

Israel: Capt. Zakay wa IDF yishwe n’ibikomere yakuye mu mirwano muri Gaza

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 1 Ugushyingo 2024, ko Captain Yarden Zakay yapfuye azize ibikomere yakuye mirwano muri Gaza ku itariki 17 Nzeri 2024. Capt. Zakay, wari ufite imyaka 21, ukomoka i Hadera, yari umuyobozi wa platatoon yo muri Batayo ya Shaked, Brigade ya Givati. Nyuma y’urupfu […]

Manchester United yaguze umutoza mushya

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza kuri uyu wa Gatanu yemeje umunya-Portugal, Ruben Amorim nk’umutoza wayo mushya. Amorim w’imyaka 39 y’amavuko, yasinye amasezerano yo gutoza United kugeza muri 2027, nk’uko iyi kipe yabyemeje biciye mu itangazo yasohoye ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Uyu mugabo wasimbuye Umuholandi Erik Ten Hag, yari asanzwe ari umutoza mukuru […]

Muhanga: Akurikiranyweho gutema umugore we akamwica

Kuwa Gatatu, itariki 30 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwakiriye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 56 ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we. Icyaha akurikiranyweho yagikoreye mu Mudugudu wa Nyarushishi, Akagari ka Rwoga, Umurenge wa Kabagali, mu Karere ka Ruhango ku itariki ya 28/10/2024. Mu ijoro ryo kuri uwo munsi, ubwo yari atashye, yatonganye […]

Perezida Masisi yemeye intsinzwi

Perezida Mokgweetsi Masisi (uri kumwe na Perezida Kagame ku ifoto) wa Botswana yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, nyuma y’uko amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yerekanye ko ishyaka rye ryatsinzwe bikabije. Mu gihe amajwi menshi amaze kubarurwa, ishyaka Umbrella for Democratic Change (UDC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi ni ryo riri imbere mu […]

Karongi: Ba gitifu babanje gufungirwa mu karere mbere y’uko bandika basezera

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, nibwo mu karere ka Karongi havuzwe inkuru ku gusezera akazi kwa Gitifu w’umurenge wa Murundi, Ntakirutimana Gaspard ari kumwe n’aba Gitifu b’utugari 3 nyuma yo gufungirwa mu biro by’akarere, hakurikiyeho iyeguzwa ry’abandi bakozi batatu bose byavuzwe ko basezeye ku mpamvu zabo bwite. Nyuma y’iyi nkundura, BWIZA yamenye impamvu muzi yateye aba […]

Ibihugu bya COMESA,Perezida Evariste Ndayishimiye yabikuriyeho VISA

Perezida Evaliste Ndayishimiye wemejwe nk’umuyobozi mukuru w’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo [COMESA], yatangaje ko yakuriyeho Visa abaturage bo mu bihugu bigize uwo muryango. Inama ya 23 ya COMESA yabereye i Burundi kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, Perezida Ndayishimiye yahawe inshingano nk’umuyobozi mushya wa COMESA, anaboneraho gutangaza ko u Burundi bukuriyeho viza abaturage […]

Uganda na RD Congo birateganya gutangira gukorana imyitozo ya gisirikare

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ko habaho imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati y’Ingabo za Uganda n’iza Congo . Iyi gahunda, yaganiriweho mu nama yabaye kuri uyu wa Kane, itariki 31 Ukwakira 2024 hagati y’Umugaba Mukuru wa FARDC, Gen Christian Tshiwewe Songesa, n’Umugaba Mukuru wa UPDF ije ikurikira intambwe ishimishije imaze guterwa […]

Zambia: Umuryango w’abantu 6 bapfuye bagwiriwe n’ikirombe

Mu gihugu cya Zambia hakomeje gusakara amakuru y’urupfu rw’abantu umunani, barimo batandatu bo mu muryango umwe bapfuye nyuma yo kugwirwa n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2024, Polisi yo muri iki gihugu yemeje aya makuru. Ivuga ko abapfuye nta ruhushya bari bafite rubemerera kujya mu kirombe bacukuragamo umuringa. […]

Gen. Kainerugaba na Gen. Songesa wa DRC baganiriye ku mutekano w’akarere

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yabonanye na mugenzi we Gen. Christian Tshiwewe Songesa, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), mu rwego rwo gushimangira ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’ihungabanya ry’umutekano rusange . Iyi nama yabereye ku cyicaro gikuru cy’ubutasi n’umutekano i Mbuya, i Kampala, kuri uyu wa Kane, itariki […]

Minisitiri w’ubuzima wungirije wa Uganda yaje kwiga uko u Rwanda rwarwanyije Marburg

screenshot_2024-11-01_073135.jpg

Ku wa Kane, itariki ya 31 Ukwakira 2024, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima muri Uganda ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Margaret Muhanga Mugisa, yasuye ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya icyorezo cya Marburg, aho yahuye n’amakipe ayoboye urugamba rwo kurwanya virusi ya Marburg. Yahuye kandi n’ikipe y’Abagande muri iki gihe bari mu Rwanda aho baje gufasha mu rugamba […]

Imanza 2199 zarangiriye mu buhuza mu mwaka w’ubucamanza usojwe

Mu mwaka w’ubucamanza usojwe, imanza 2,199, eshanu muri zo zari zifite agaciro ka miliyoni zirenga 45 frw zarangiriye mu buhuza hagati y’uwakoze icyaha n’uwagikorewe nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Harrison Mutabazi. Mutabazi avuga ko muri rusange hakiri ikibazo cy’ubucucike bw’imanza zaregewe inkiko zitegereje kuburanishwa muri zo 70% zikaba ari imanza nshinjabyaha. Mu rwego rwo […]

Urugendo rwa Gachagua nka Visi-Perezida wa Kenya rwageze ku iherezo

Icyizere cya Rigathi Gachagua cyo gukomeza kuba Visi-Perezida wa Kenya cyamaze kuyoyoka burundu, nyuma y’uko Urukiko Rukuru muri iki gihugu ku wa Kane rwakuyeho icyemezo ruvanyeho icyemezo rwari rwarafashe cyo gukumira irahira rya Prof. Kithure Kindiki ugomba kumusimbura. Ku wa 17 Ukwakira ni bwo Sena ya Kenya yahaye umugisha icyemezo cyo kweguza Gachagua cyaherukaga gufatwa […]

Amashuri 650 akora nta byangombwa yavumbuwe

Urwego rw’igihugu rushinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, rwatangaje ko mu mashuri ari mu gihugu harimo arenga 650 akora atagira ibyangombwa, ndetse ngo mu bihe biri imbere bazatangira kuyasura bareba ayujuje ibisabwa yemererwe gukora, andi ahagarikwe. Hashize iminsi hakorwa ubugenzuzi ku mashuri hirya no hino mu gihugu, harebwa niba yubahiriza ibisabwa bituma atanga uburezi bufite ireme. […]

Fatakumavuta ntabwo yiteguye kuburana

Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024, yabwiye urukiko ko atiteguye kuburana kuko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranwaho. Urubanza rwe rwahise rusubikwa nyuma y’uko umwunganira yagaragaje ko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranyweho, bagaragaza ko batiteguye kuburana. Umunyamategeko yasabye urukiko ko rwabaha umwanya wo […]