screenshot_2024-11-01_073135.jpg

Minisitiri w’ubuzima wungirije wa Uganda yaje kwiga uko u Rwanda rwarwanyije Marburg

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Kane, itariki ya 31 Ukwakira 2024, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima muri Uganda ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Margaret Muhanga Mugisa, yasuye ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya icyorezo cya Marburg, aho yahuye n’amakipe ayoboye urugamba rwo kurwanya virusi ya Marburg.

Yahuye kandi n’ikipe y’Abagande muri iki gihe bari mu Rwanda aho baje gufasha mu rugamba rwo kurwanya Marburg.

Muhanga yavuze ko yishimiye uko u Rwanda rwitwaye mu kurwanya iki cyorezo ndetse bakakibuza gukwira mu bindi bihugu, ndetse anashima ikorabuhanga rikoreshwa mu gutanga amakuru no mu gupima.

screenshot_2024-11-01_073135.jpg

Minisitiri w’ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mbere yavuze ko virusi ya Marburg yateje icyorezo ku itariki ya 27 Nzeri yavuye mu buvumo bukorerwamo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ubushakashatsi bwakozwe bwa mbere bwerekana ko virusi yanduzwa binyuze mu matembabuzi, yavuye ku nyamaswa ikajya ku muntu, itanyuze mu bantu benshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *