Umugabo wifuje kurarana na Dj Ira

Uvanga imiziki uzwi nka Dj Ira yongeye kuvuga ku bibazo bamwe mu bakobwa bakorera mu myidagaduro bahura na byo, cyane cyane uburyo hari abagabo babafata nk’abakobwa bicuruza kubera akazi bakora. Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Dj Ira yavuze ko hari umugabo wigeze kumwegera amusaba ko batahana nyuma yo kuba bari basangiye ahantu yakoreraga. Ngo uwo […]

Rayon Sports yagaruye abakinnyi 4

Ikipe ya Rayon Sports F.C. yongerewe icyizere mbere y’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro izahuramo na APR FC nyuma y’uko abakinnyi bane b’ingenzi bagarutse mu myitozo yuzuye. Ku wa Kabiri, aba bakinnyi bagaragaye mu myitozo yabereye ku kibuga cya Nzonve aho iyi kipe iri gukomeza imy preparations yo kwitegura umukino wa nyuma uteganyijwe ku wa Gatandatu […]

Ebola si icyorezo cyihutirwa: WHO

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda, aho hamaze kubarurwa abantu bagera kuri 600 bakekwaho kuyandura ndetse 139 bakekwaho guhitanwa na yo. Umuyobozi Mukuru wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko kugeza ubu muri RDC hamaze kwemezwa abantu 33 […]

Ese koko Botswana yatanze ikiruhuko kubera ko Arsenal yatwaye igikombe?

Mu gihe abakunzi ba Arsenal ku isi bari mu byishimo nyuma yo kwegukana igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22, Guverinoma ya Botswana yahakanye amakuru yavugaga ko yatanze umunsi w’ikiruhuko ku bafana b’iyo kipe kugira ngo bishimire iyo ntsinzi. Itangazo ryari ryacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, ryitiriwe Perezida wa Botswana, Duma Boko, ryavugaga ko ku wa […]

Gen. Pascal Ianni wo mu ngabo z’u Bufaransa ari mu Rwanda

Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zishinzwe imikoranire n’ibihugu bya Afurika, Pascal Ianni, ari mu Rwanda aho amaze iminsi mu ruzinduko rw’akazi. Ianni ari mu Rwanda kuva ku wa 18 kugeza ku wa 20 Gicurasi 2026. Ku wa 19 Gicurasi 2026, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Mubarakh Muganga uzwi […]

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko imipaka na RDC idafunze isaba kwigengesera

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) idafunze, bityo abambuka bagomba kwigengesera ndetse bagapimwa, kandi bakabanza kubimenyesha ubuyobozi bitewe n’uko icyo gihugu cyagaragayemo icyorezo cya Ebola giterwa na virusi ya Bundibugyo. Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice kuri uyu wa Gatatu yatangaje kuri […]

RDC: Ibitero by’ingabo za leta byakomeje kwibasira ibice bituwe cyane i Minembwe

Kuva ku wa Kabiri, itariki 19 Gicurasi 2026, saa moya n’igice z’ijoro kugeza kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Gicurasi 2026, saa yine n’igice za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije umurego mu bitero by’indege byibasiye uturere dutuwe cyane twa Kalingi, Bidegu, na Gakenke, bakoresheje indege zitagira abadereva za KT-6 na kamikaze. Itangazo […]

RDC yarakariye u Rwanda rwafunze imipaka ibahuzaĀ 

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarakariye u Rwanda, nyuma yo gufunga imipaka ihuza ibihugu byombi kubera icyorezo cya Ebola. Muri iki cyumweru ni bwo u Rwanda rwafunze imipaka iruhuza na Congo Kinshasa mu turere twa Rubavu na Rusizi, nk’ingamba yo kwirinda ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Congo cyagera mu Rwanda. Imibare itangwa n’inzego z’ubuzima […]

Igirikare cya Amerika na Nigeria cyahitanye intagondwa 175

Kuri uyu wa kabiri, icyicaro gikuru cy’ingabo cyatangaje ko ingabo za Nigeria, zikorana n’iza Amerika, zishe abarwanyi ba Leta ya Kisilamu 175 mu bitero by’indege no ku butaka mu minsi ishize mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu. Igisirikare cyavuze ko ibikorwa byakozwe ku bufatanye n’Ubuyobozi bwa gisirikare bushinzwe Afurika (U.S. Africa Command) byasenye za bariyeri, ububiko bw’intwaro, […]

Perezida Kagame yakiriye abayobozi batandukanye bitabiriye inama ya NEISA 2026

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yabonanye na Sama Bilbao y León, Umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe World Nuclear Association Sylvie Bermann; Perezida wa World Nuclear Exhibition; Serge Ekue, Perezida wa West African Development Bank; Daniel Poneman, wo muri Council on Foreign Relations; na Ian Farnan, umuyobozi mukuru wa Cambridge Atom Works, bitabiriye inama […]

Tariki ya 17 Gicurasi 1997: Umunsi Mobutu yahirimye, Congo igahindura isura y’amateka

Ku wa 17 Gicurasi 1997, umwe mu bayobozi bari bamaze igihe kirekire ku butegetsi muri Afurika, Mobutu Sese Seko, yahungiye hanze y’igihugu cye cya ZaĆÆre nyuma y’igihe kinini igihugu kiri mu ntambara. Uwo munsi ni bwo umutwe wa Alliance des Forces DĆ©mocratiques pour la LibĆ©ration du Congo-ZaĆÆre wari uyobowe na Laurent-DĆ©sirĆ© Kabila winjiye i Kinshasa […]

Perezida Putin yasuye u Bushinwa nyuma y’iminsi Trump avuyeyo

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yahuriye mu nama i Beijing na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, nyuma y’iminsi Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahakoreye uruzinduko. Putin yakiriwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege i Beijing ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri. Ni rwo […]

Ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’ubuzima u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

U Rwanda n’u Burusiya ku wa Kabiri tariki ya 19 Gashyantare byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane agamije guteza imbere ubufatanye mu rwego rw’ubuzima. Igikorwa cyo gusinya aya masezerano cyabereye iruhande rw’Inteko Rusange y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima. Ku ruhande rw’u Burusiya amasezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima wa kiriya gihugu, Mikhail Murashko, mu gihe […]

Perezida Kagame yashimiye Arsenal yatwaye Premier LeagueĀ 

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal, nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona y’Abongereza yaherukaga mu myaka 22 ishize. Arsenal bizwi ko ari yo kipe Perezida Paul Kagame afana, ikindi imaze imyaka umunani ikorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Iyi kipe y’i Londres yegukanye Premier League yaherukaga mu mwaka w’imikino wa 2003/2004, […]