Bamwe mu baturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane abo muri Uviri, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bavuga ko bamaze kurambirwa imirwano ibahoza ku nkeke iba irimo Abarundi n’Abanyarwanda.
Aba baturage bavuga ko bamaze igihe kirenga umwaka bataryama ngo basinzire kubera imirwano rimwe na rimwe ihuza inyeshyamba ngo zaturutse i Burundi no mu Rwanda, ziba zirwana n’abashyigikiye Leta y’u Burundi.
BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko inyeshyamba zivugwa cyane ari iza Red Tabara zigizwe n’abarwanyi b’Abarundi bavuga ko barwanya ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza, ugatana mu mitwe n’abaje kuwuhiga bavuye mu Burundi.
Mu byumweru bibiri bishize imirwano yabereye mu turere twa Kiryama muri Groupement ya Bijombo, abaturage benshi ngo bateshwa ibyabo.
BBC yavuganye n’umwe mu baturage bo muri Uvira, Enoc Ruberangabo, akaba yari no mu itsinda ryagiye gutabaza i Kinshasa muri Minisiteri y’Ingabo. Yagize ati”Ntitwumva icyo Abarundi n’Abanyarwanda bashaka kutwicira. Abantu bagera ku bihumbi mirongo itatu bamaze guteshwa ibyabo.”
Abajijwe niba azi koko ko ari abo baharwanira yasubije agira ati “Hari Red Tabara igizwe n’abarwanyi baje bava mu Rwanda. Turabazi, barabyivugira, bakarwana n’abava mu Burundi.”
Ruberangabo yakomeje avuga ko iryo tana mu mitwe rimaze igihe kingana n’umwaka umwe ngo kandi Leta ya Congo irabizi.
Ruberangabo yibaza ko igituma ntacyo Leta ya Congo ikora, ari uko ibikorwa by’amatora bishobora kuba byarayitwaye umwanya.


