Minisiteri y’ubukerarugendo muri Uganda yongereye abagore bafite amabuno manini n’abateye neza ku rutonde rw’ibicuruzwa bigomba kurushaho gukurura ba mukerarugendo muri iki gihugu, ibintu bitakiriwe kimwe n’abantu batandukanye barimo abasanga ari ugutesha agaciro abagore.
Ubwo yatangazaga uyu mugambi I Kampala kuri uyu wa kabiri, umunyamabanga wa leta ushinzwe ubukerarugendo, Godfrey Kiwanda, yatangaje ko hagiye kuba irushanwa ryiswe Miss Curvy Uganda rizatoranyirizwamo abagore bibitseho, abazagera mu cyiciro cya nyuma bakazatoranywa muri kamena.

Uyu mugabo yavuze ko muri Uganda bafite abagore bagaragara neza ku buryo bishimishije kubareba. Ati: “ Kuki tutakoresha aba nk’ingamba yo guteza imbere uruganda rwacu rw’ubukerarugendo ?” Ibi ngo Kiwanda akaba yabivugaga mu kiganiro n’itangazamakuru atanga ingero kuri bamwe mu bagore bari bari aho nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.
Biravugwa ko abashaka guhatana muri iri rushanwa ry’abagore bahiga abandi ikibuno bari barimo kwiyereka kuri piscine ya Mestil Hotel bifotozanya n’abateguye iki gikorwa barimo na Kiwanda ubwe.
Urwego rw’ubukerarugendo muri Uganda bivugwa ko ari rwo rwinjiriza igihugu amafaranga menshi y’amahanga nk’aho mu mwaka ushize rwinjije miliyari 1,4 y’Amadolari.

Benshi muri ba mukerarugendo basura Uganda basura inyamanswa zitandukanye muri za pariki nk’ingagi, inyoni n’izindi, bakanasura cyane Uruzi rwa Nil, ibiyaga n’imisozi.
Abagore b’amabuno manini rero nk’igicuruzwa, ni ubundi buryo minisiteri y’ubukerarugendo ishaka kwifashisha mu gukurura ba mukerarugendo nubwo hari bamwe babinenze.
Umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore ukora mu kitwa Bernic Woman yavuze ko ibi ari ukugira abagore nk’ibikoresho kandi ariko bazajya bafatwa.


