Ingabo z’u Burundi zikanze igitero gikaze ziva muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare b’u Burundi n’Imbonerakure bari baroherejwe muri Congo kurwanya n’inyeshyamba zirwanya Leta [y’u Burundi’, ngo basubiye mu gihugu.

Izi ndwanyi ngo zasubiye mu gihugu ku wa Gatandatu tariki ya 2 Gashyantare 2019, ngo bakaba bari bamaze ibyumweru bitatu muri Congo.

Abaturage bahaye ikinyamakuru RPA amakuru ari nacyo dukesha iyi nkuru, bavuga ko ahagana saa moya z’igitondo aribwo Imbonerakure n’abasirikare ba Leta bageze ku butaka bw’u Burundi.

Batangaza ko bageze ku butaka bw’igihugu binjiriye mu Ntara ya Cibitoke. Amakuru atangazwa na bamwe mu gisirikare avuga ko bari bamaze iminsi 20 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuyobozi wa Batayo ya 212 mu gisirikare cy’u Burundi, Major Aron Ndayishimiye, ngo niwe wari uyoboye izi ngabo z’u Burundi zarwanaga na zimwe mu nyeshyamba.

Bitangazwa kandi ko uwitwa Joseph Niyonzima uzwi ku izina rya Ndombolo, ushinzwe iperereza muri Congo, afite misiyo yo gutoranya Imbonerakure zishoboye zo kwinjizwa mu nyeshyamba za  Maà¯-Ma௠ zikorana bya hafi na Leta y’u Burundi ndetse n’abo bise Interahamwe.

Izi nyeshyamba ngo zifatanya n’abasirikare b’u Burundi mu kugaba ibitero cyane cyane ku nyeshyamba za Red Tabara ziterwa inkunga n’abatavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Perezida Nkurunziza.

Sosiyeti Sivile muri Teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, iherutse gutangaza ko imirwano yahuje izi nyeshyamba z’i Burundi ku butaka bwa Congo, yapfiriyemo abarwanyi benshi mu gihe igisirikare cy’u Burundi cyo cyahakaniye VOA ko nta musirikare wacyo cyohereje muri Congo.

Andi makuru agera kuri RPA, avuga ko Leta y’u Burundi yasabye izi ngabo zayo gutaha mu gihe ngo yari imaze kumenya amakuru y’uko ingabo za Monusco zigiye kuzigabaho ibitero bikomeye.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *