Ushinjwa urupfu rwa AIGP Kaweesi yituye hasi ubwo yari mu rukiko kubera inzara

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bantu umunani bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa AIGP, Andrew Felix Kaweesi ari we Yusuf Nyanzi yituye hasi ubwo yitabaga urukiko ngo aburane ku kuba yaburana ari hanze.

Yusuf  Nyanzi na bagenzi be bamaze imyaka isaga ibiri bafunzwe bakekwaho urupfu rwa Kaweesi.

Uyu mugabo yituye hasi ubwo yari mu rukiko akavuga ko byatewe n’inzara kuko ngo arya nabi nk’uko inkuru dukesha Chimpreports ibitangaza. Avuga ko arya nabi bikaba byaratumye atangira kubabara mu gifu.

Umucamanza Justice Lydia Mugambe yahise asubika iby’uru rubanza ndetse asaba ubuyobozi bwa gereza kwita ku baregwa bakazagaruka mu rukiko bameze neza.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Nyanzi na bagenzi be bashinjwa kwica Felix Andrew Kaweesi, umurinzi we, Kenneth Erau n’umushoferi we, Godfrey Wambewa kuwa 17 Werurwe 2017 ahitwa Kulaambilo mu Mujyi wa Kampala.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *