Tour du Rwanda: Agace 'Nyamata-Kigali' kegukanwe n’umunya —à‰rythrée 

Sangiza iyi nkuru

Agace ka Karindwi k’isiganwa ku magare ririmo kubera mu Rwanda (Tour du Rwanda 2019) kegukanwe n’umunya Erthree, Debesay Yakob w’imyaka 19 y’amavuko, mu rugendo rw’ibilometero 84.1, bakoze guturuka i Nyamata mu karere ka Bugesera bakarusoreza mu mujyi wa Kigali, ku Muhima, mu karere ka Nyarugenge.

Abakinnyi bahagurutse i Nyamata saa Tanu zo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2019, bazengurutse mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, basoreza ku Muhima ahahoze Etoo-Muhima, ubu hari inyubako za MIC.

Umunya-Erthree, Debesay Yakob w’imyaka 19, akaba yamaze ibilometero bigera kuri 50 yanikiye abandi, agera kuri Hotel Okapi ari wenyine, azamuka agahanda k’amabuye agera mu muhanda wa Kaburimbo kuri MIC, aho bagomba gusoreza nta mukinnyi umusatira n’umwe. Nyuma y’umunota n’amasegonda nibwo haje igikundi cy’abakinnyi kitarimo umunyarwanda n’umwe.

Debesay yavutse ku wa 28 Nyakanga 1999. Yavukiye i Asmara muri à‰rythrée, bitangazwa ko avuka mu muryango uzwi cyane ku mugabane wa Afurika w’abatwazi b’amagare.

Merhawi Kudus  wari ufite umwenda w’umuhondo yakoze impanuka muri metero 500 zabuga ngo asoze aka gace, bimuviramo gutakaza amasegonda 7 muri 17 yarushaga TAARAMà„E Rein wa Direct Energi, ariko agumanye uyu mwambaro mu gihe akimurusha amasegonda 10.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *