Bisi y’Idini y’itorero pantekote mu Mujyi wa Voi muri Kenya bayisatse bayisangana ibifunyika by’urumogi.
Uru rumogi rwafashwe kuri uyu wa 15 Ukwakira uyu mwaka ubwo polisi yari mu mukwabu wo guhashya ibiyobyabwenge.
Polisi ivuga ko yasanzemo udupfunyika 230 dufite agaciro ka miliyoni imwe n’igice z’amashilingi ya Kenya (Frw miliyoni zisaga umunani).
Umwe mu bayobozi ba bapolisi bo muri ako gace, Bernastein Shali, yabwiye The Star ko iyi bisi yari itwaye abantu bavuye mu Mujyi wa Kilifi bagiye gushyingura ahitwa Homa Bay ariko ngo mu kugaruka iza irimo urumogi.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Uyu muyobozi wa polisi avuga ko iyi bisi yafatiwe ku muhanda Nairobi-Mombasa.


