Ingabo za Congo-Kinshasa (FARDC) zibarizwa muri SOKOLA II, na Hibou Special Force zerekanye imbunda nini yo mu bwoko bwa 122 ndetse n’izindi mbunda n’amasasu menshi zasanze mu bubiko bw’inyeshyamba za RUD-URUNANA, zayoborwaga na Brig. Gen. Afrika Jean Michel uherutse kwicwa. FARDC ku bufatanye n’abaturage kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Ugushyingo, yavumbuye ububiko bune bw’intwaro muri Gurupoma ya Binza mu bice bya Makoka,Katanga mu birindiro bikuru bya RUD URUNANA ahitwa Giseguro. Imbunda yo mu bwoko bwa 122 iri mu zasanzwe mu bubiko bwa RUD-URUNANA Mu byobo byari hafi aho, hasanzwemo amasasu,imbunda nini,imbunda zikururwa n’imodoka z’amapine abiri nk’uko Rwandatribune yavuganye n’Umuvugizi wa FARDC Muri Kivu ya Ruguru, Maj. Eric Ndjike ibitangaza. Maj. Ndjike yavuze ko bakomeje gushegesha RUD-URUNANA ku buryo bamwe mu barwanyi bayo bamaze kuyamanika. Ati ” Tukimara kugera ku ntego yacu yo guhitana uwari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA Gen.Jean Michel, abarwanyi benshi bahise bamanika amaboko,rero izo mbaraga ni zo turigukoresha,murabona ko biri gutanga umusaruro.” Ububiko bw’intwaro za RUD-URUNANA buguye mu maboko ya FARDC nyuma y’aho izi nyeshyamba zari ziherutse kugaba igitero mu Karere ka Musanze mu Mirenge ya Kinigi na Musanze, zikica abagera kuri 14. Amafoto: Rwandatribune


Zimwe mu ntwaro zasanzwe mu byobo

Ahari ububiko bw’amasasu


