20250115_153807

M23 ikomeje gusatira Goma yisubije Nditi

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama, wisubije agasozi k’ingenzi ka Nditi ko muri Teritwari ya Nyiragongo, ukirukanyeho ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama ni bwo FARDC n’abambari bayo bari bigaruriye aka gace gaherereye muri Parike ya Virunga.

Nditi ni agasozi gaherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’Umujyi wa Goma.

M23 yakisubije mu gihe hari ubwoba bw’uko ziriya nyeshyamba zishobora kwigarurira uriya mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *