WhatsApp Image 2025-01-25 at 16.44.55_1737819919

Omah Lay ahamya ko atanywa itabi ritari urumogi

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi w’Umunya-Nijeriya, Stanley Didia uzwi ku izina rya Omah Lay yatangaje ko anywa urumogi gusa.

Omah Lay uri i Paris mu Bufaransa aho yitabiriye ibirori bya Paris Fashion Show, yagaragaye afite itabi.

Umunyamakuru umwe wari uhari yahise amwegera amubaza niba akeneye ikibiriti ngo aricane.

Mu gusubiza, Omah Lay yagize ati: “Ntabwo nkeneye ikibiriti. Sinywa itabi, nywa urumogi gusa. Iri tabi ni umutako.”

Aya magambo ya Omah Lay yakomeje gukurura ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi batanga ibitekerezo bitandukanye ku mwanzuro we wo kwifatira ku rumogi aho kunywa itabi risanzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *