0x0

USAID ni agatsiko k’abagizi ba nabi – Elon Musk

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi bakuru b’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, USAID, bashyizwe mu kiruhuko nyuma yo kugerageza kubuza Ikigo gishya gishinzwe gukurikirana imikorere ya guverinoma, DOGE (Department of Government Efficiency) kwinjira muri sisitemu yayo.

Umuherwe Elon Musk ukuriye DOGE, we adaciye ku ruhande yagize ati: “USAID ni agatsiko k’abagizi ba nabi.”

Screenshot 2025 02 03 084046

Abayobozi babiri ba USAID, John Voorhees n’umwungirije, basabwe kuba bagiye mu kiruhuko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu nyuma yo kwanga kwemerera abakozi ba DOGE kwinjira muri sisitemu ya USAID.

Abakozi ba DOGE bakangishije guhamagara abapolisi nyuma yo kwangirwa kwinjira. Bageragezaga kugera ku madosiye y’umutekano n’abakozi.

Nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Amerika, abakozi bakuru ba leta bafite impungenge ko Trump arimo kugerageza guhindura USAID imwe muri department za leta mu rwego rwo guca ruswa ya guverinoma.

USAID ikoresha hafi abantu 10,000, hatarimo abo igirana nabo amasezerano y’igihe gito, 2/3 muri bo bakorera mu mahanga. Abakozi bagera kuri 60 ba USAID bari bamaze gushyirwa mu kiruhuko mu cyumweru gishize nyuma yo kugerageza kurenga ku cyemezo cya Perezida Trump cyo guhagarika inkunga zigenewe amahanga.

Umwe mu bakoreye USAID abinyujije kuri X yagize ati: “Mfite uburambe mu gukorana na USAID. Sisitemu yarangiritse kandi USAID ikoreshwa nk’igikoresho cyo guha ruswa abanyagitugu mu bihugu biri mu nzira y’iterambere ku Isi nka Pakisitan ndetse n’ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika.”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *