Umutoza w’Ikipe ya Enugu Rangers yo muri Nigeria, Benedict Ugwu yirukanwe mu mukino rwagati ubwo ikipe ye yakinaga na Akwa Starlet.
Iyi kipe ikina mu kiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru muri Nigeria yakoze amateka kuko bidasanzwe ko umutoza bamwirukana ari mu kibuga ari gutoza.
Umukino iyi kipe yakinaga byari ngombwa ko iwutsinda gusa ntibyakunze kuko yakubiswe ibitego bibiri ku busa.
Mu gihe uyu mukino utari wakarangiye, Ugwu yamenyeshejwe ko yirukanwe.
Umunyamakuru wa Super Sport, Moses Praiz yavuze ko ibi bintu biteye isoni. Ati ” Ibi bintu biteye isoni, bakabaye bategereza uyu mukino nibura ukarangira. Bakareka ibyo guhenaga umukino ukomeje, ngo birukanye umutoza.”
Enungu Rangers yirukanye umutoza mu gihe iri mu bihe bibi kuko ifite amanota ane ikaba ku mwanya wa 19 mu makipe 20.
Kuri ubu umutoza mushya n’uwahoze ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Sylvanus Okpala.


