Abarwanyi barenga 40 bo mu mutwe witwaje intwaro wa kisilamu wa al Shabaab biciwe mu gikorwa cya gisirikare cy’Ingabo z’igihugu cya Somaliya muri iyi weekend.
Ni igikorwa Ingabo z’igihugu cya Somaliya zakoranye n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ku Cyumweru mu gace ka Biya Cadde muri leta ya Hirshabelle, nk’uko Televiziyo y’igihugu ya Somaliya yabitangaje mu nyandiko yanyujije kuri X.
SNTV yagize iti: “Ingabo z’igihugu, abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ndetse n’abenegihugu bakomeje kuba maso baracyakomeza ibikorwa.”


