1673450228422

Uganda: Ebola imaze guhitana babiri barimo umuforomo

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko ku wa Kabiri ushize, Uganda yemeje ko imaze kwandika abantu icumi banduye virusi ya Ebola yo mu bwoko bwo muri Sudani, babiri barimo umuforomo wo mu Bitaro by’igihugu bya Mulago, bamaze gupfa.

Uwa kabiri uhuzwa n’itsinda rya mbere, umwana w’umuhungu w’imyaka ine n’igice, Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 1 Werurwe, hamenyekanye ko nawe yapfuye nk’uko abayobozi babivuga.

Iki ni icyorezo cya gatandatu cya Ebola cyibasiye Uganda. Abantu bagera kuri 300 bashyizwe mu kato “kugira ngo bakurikiranwe” mu bitaro byinshi byo mu murwa mukuru wa Uganda no mu mujyi wa Mbale.

Bose bari barabonanye n’umuforomo wapfuye mu mpera za Mutarama nkuko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.

Urupfu rw’umwana wanduye virusi ya Ebola rwaje nyuma y’uko abayobozi ba Uganda batangaje ku itariki ya 19 Gashyantare ko icyorezo gishya “bagihagaritse”.

Itangazo ryakurikiranye no gukira kw’abantu umunani bari banduye.

Hagati aho kigerageza inkingo zirwanya Ebola-Sudani nabyo byatangiye mu ntangiriro za Gashyantare muri Uganda, inzira yashyizwe mu bikorwa “mu gihe cyagenwe”, nkuko byemezwa na OMS.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *