Ku itariki ya 1 Werurwe 2025, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yashyizeho Anthony Ngororano wo mu Rwanda nk’Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abibumbye muri Madagascar, nkuko byemejwe na Guverinoma yamwakiriye.
Anthony Ngororano afite uburambe bw’imyaka irenga 20 mu iterambere rirambye mu nshingano z’ubuyobozi muri gahunda y’Umuryango w’Abibumbye kandi mbere y’ibi yabaga mu bikorera.
Vuba aha, yabaye uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere (UNDP) mu gihugu cya Kenya. Mbere yaho, yabaye uhagarariye UNDP utuye muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania.
Mbere y’imirimo ye muri Mauritania, Ngororano yabaye Umuyobozi w’ishami ry’Inama Nyobozi mu Biro by’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe Abaturage (UNFPA) i New York kandi yari afite imyanya myinshi mu ishami rishinzwe abagore mu Muryango w’Abibumbye (UN Women) harimo kurihagararira muri Haiti no kuba Umuyobozi w’ishami rya Afurika i New York.
Yabaye kandi Umujyanama Mukuru mu by’ubukungu muri Minisiteri y’Intebe y’u Rwanda ari Umunyamabanga uhoraho kandi mbere yaho yagiye akorana mu myanya itandukanye na UNDP harimo kuba umujyanama mu biro bishinzwe Afurika i New York, ndetse no muri politiki zitandukanye, igenamigambi ndetse na gahunda muri Nigeria, Zambia, n’u Rwanda.
Yakoze kandi nk’ushinzwe ishoramari mu mabanki akorana na Citigroup N.A muri Kenya na Tanzaniya nyuma yo gutangira umwuga we mu by’ubukungu muri Minisiteri y’imari, igenamigambi n’iterambere ry’ubukungu muri Uganda.
Anthony Ngororano afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu iterambere ry’ubukungu n’imibanire mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza y’Uburasirazuba bwa Anglia na Kaminuza ya Sussex. Afite kandi impamyabumenyi ya MA (Icyubahiro) mu by’ubukungu yakuye muri kaminuza ya Edinburgh.


