Icyororezo cya Coronavirus nshya cyadutse mu Bushinwa kimaze gufata abavuzi barenga 1700 mu gihe 6 muri bo bamaze gupfa. Aba biyongera ku bihumbi by’abaturage byatangajwe ko cyabafashe, abandi barenga 1000 bakaba barapfuye.
Inkuru kuri iki cyorezo zatangiye kumvikana muri Mutarama 2020 mu mugi wa Wuhan uherereye mu Ntara ya Hubei, kikaba ari ho kimaze kwibasira cyane. Cyafungiye amayira abakora ingendo muri uyu mugi biciye mu kirere, ibikorwa bimwe birahagarara ndetse bigire ingaruka ku buzima bw’igihugu, abaturage bacyo, amahanga n’ibigo bikorana na Repubulika y’Ubushinwa.
Komisiyo y’igihugu yita ku buzima (NHC) yatangaje ko abaganga 1716 ari bo amaze kugaragaraho ubu bwandu, muri bo 90% bakaba baturuka mu mugi wa Wuhan kuko ngo bonyine ni 1102, mu gihe kandi mu tundi duce tw’intara ya Hubei, abavuzi 400 ari bob amaze kwandura, abandi ni abo mu bindi bice by’igihugu.
Kuri uyu wa 13, amakuru y’ibiro ntaramakuru by’igihugu, Xinua yavugaga ko indege ya gisirikare ari yo yifashishijwe mu gutwara abaganga b’abasirikare boherejwe muri Wuhan kugira ngo bafashe abandi kwita ku barwayi ba Coronavirus.
Uko icyorezo gifata indi ntera ni ko iki gihugu kigerageza gufata ingamba zo guhangana na cyo. Inkuru ya CBS News ivuga ko kuba abaganga na bo bari gukomeza gufatwa n’iki cyorezo biri guterwa n’ibikoresha bw’ubwirinzi bahawe bidahagije ku buryo bashobora kubihinduranya mu gihe runaka ndetse n’umutekano wabyo ukaba ukemangwa.
Imibare yaturukaga mu Bushinwa kuri uyu wa 13 Gashyantare yavugaga ko abarenga 48,000 bamaze kwandura Coronavirus, mu gihe abari bamaze kwicwa nayo barengaga 1300. Ni mu gihe kandi ku isi yose, abarenga 60,000 bamaze kwandura.
Byibuze mu mezi 18 ngo ni bwo iyi ndwara yazaba imaze kubonerwa urukingo nk’uko byatangajwe na Dr. Tedros Adhanom uyoboye WHO, ibi bikagaragaza ko nta cyizere cy’uko ingaruka za Coronavirus zizagabanyuka mbere y’iki gihe.


