Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yemeje umurwayi wa kabiri w’icyorezo cya Coronavirus mu Murwa Mukuru, Kinshasa kuri uyu wa 13 Werurwe 2020.
Nk’uko iyi Minisiteri ibivuga, uyu murwayi afite ubwenegihugu bwa Cameroon, ubu akaba ari kwitabwaho mu bitaro biherereye muri uyu mugi.
Umurwayi wa mbere wa Coronavirus yemejwe muri iki gihugu tariki ya 10 Werurwe 2020. We afite ubwenegihugu bw’Ubufaransa, akomoka muri RD Congo.
Yageze muri iki gihugu tariki ya 8 Werurwe, abahuye na we bagera ku 109, bakaba baramenyekanye, icyakurikiyeho ni ugutegura uburyo bashyirwa mu kato mu gihe kingana n’iminsi 14.


