Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ibizamini by’akazi bibaye bihagaritswe uhereye kuri uyu wa 17 Werurwe 2020 kuko na byo bihuza abantu benshi. MIFOTRA yatangaje ko hazatangazwa igihe bizasubukurirwa. Ibi ngo ni mu rwego rwo gukaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Ibigo bya Leta n’ibyabikorera byasabwe kugabanya umubare w’abakozi bakorera mu biro bamwe bakoherezwa gukorera mu ngo za bo bitewe n’imiterere y’akazi bakoraga. Yibukije abakozi bazasigara ku biro n’abazoherezwa gukorera mu rugo gukorana umurava birinda ko hari serivusi batangaga zishobora kudindira bikitirirwa izi mpinduka. Izi mpinduka zije ziyongera ku zindi zagiye zifatwa mbere zirimo gusubika inama, gufunga amashuri n’insengero,guhindura uburyo bwari busanzwe bukoreshwa mu bwikorezi bw’abantu ndetse n’ibindi bikorwa bishobora kuvaho intandaro yo gukwirakwiza virusi ya Covid-19.


