Uzivana mu kato, azahanishwa itegeko rya gisirikare: Perezida Kim

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yarahiye avuga ko umuntu wese uzica ibwiriza ryo kuba mu kato bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, azahanishwa itegeko rya gisirikare.

Uyu Mukuru w’Igihugu aherutse gutangaza aya magambo nyuma yo kunyongwa k’umwe mu bayobozi bo muri iki gihugu wavuye mu Bushinwa, akava mu kato yari yashyizwemo, ajya mu baturage.

Uyu muyobozi yari mu bashinzwe ubucuruzi. Amaze kwica iri tegeko yahise atabwa muri yombi, abasirikare bahita bamurasa arapfa.

Perezida Kim yagize ati: “Umuntu uzava mu kato atabiherewe uburenganzira, tuzifashisha itegeko rya gisirikare.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje atya mu gihe hari amakuru avuga ko badatangaza imibare ku bantu banduye icyorezo cya Coronavirus cyangwa abishwe nacyo. Habayeho gukeka ko ingabo z’iki gihugu zaba zirasa abarwayi bagaragaye kugira ngo batanduza abandi.

Impamvu ishingirwaho mu kuvuga ko iki gihugu gishobora kuba cyugarijwe n’iki cyorezo ni uko hari gufatwa ingamba zitandukanye zo kukirwanya ndetse hari na gahunda yo kubaka ibitaro byihariye by’abarwayi ba Coronavirus. Ikindi ni uko Koreya y’Epfo nk’igihugu bituranye kiri mu bifite abarwayi benshi b’iki cyorezo ku Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *