Umuyobozi w’ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga, Dr. Nteziryayo Philippe avuga ko bashyize mu kato abantu batatu bakekwaho icyorezo cya Coronavirus, umwe arasezererwa nyuma yo gusanga arwaye ibicurane (grippe).
Dr. Nteziryayo mu nkuru ya Umuseke avuga ko uyu muntu wa kabiri ukekwa ngo yamaze gupimwa, ibizamini bye bijyanwa mu bupimiro (Laboratoire) bw’igihugu i Kigali.
Uwa gatatu wageze muri ibi bitaro kuri uyu wa wa 19 Werurwe ngo yasuzumwaga muri uyu mugoroba. Ngo yageze ku bitaro akeka ko abanyamahanga bakorana barimo Abashinwa bamwanduje.
Abantu bamaze kwemezwaho ubwandu bwa Coronavirus mu Rwanda ni 11 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 18 Werurwe. Hashizweho ingamba zigamije gukumira iki cyorezo, zigenda ziyongera ku bw’umutekano w’abaturage.
Amashuri, guteranira mu nsengero byarahagaritswe, by’umwihariko mu Karere ka Muhanga nk’uko byemejwe na Meya w’aka karere, Kayitare Jacqueline, mu rwego rwo kwirinda amakoraniro y’abantu benshi; umukwe, umugeni ndetse n’umufotozi ni bo bemerewe kwitabira umuhango wo gusezerana, ku bashaka gushinga urugo. Ibi



2 Responses
Kabgayi: Batatu bashyizwe mu kato, umwe basanga arwaye ibicurane
Wasac itange amazi hose ariko dore ko hari uduce tumara umunsi wose nta mazi. Abantu bakaraba iki? Nibadakaraba biragenda bite?
Kabgayi: Batatu bashyizwe mu kato, umwe basanga arwaye ibicurane
Wasac itange amazi hose ariko dore ko hari uduce tumara umunsi wose nta mazi. Abantu bakaraba iki? Nibadakaraba biragenda bite?