Rwanda: Abarenga 1200 bakekwaho Coronavirus ni bo bamaze gupimwa

Sangiza iyi nkuru

Dr. Jean Baptiste Mazarati ushinzwe serivisi z’ubuvuzi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) yatangaje ko ibizamini by’abantu barenga 1,200 bakekwaho icyorezo cya Coronavirus bamaze gupimirwa muri laboratwari y’igihugu.

Mu bapimwe, abarwayi 11 ni bo bagaragayeho iki cyorezo nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabyemeje tariki ya 18 Werurwe 2020.

Ibitaro bitandukanye bifata ibizamini by’abakekwaho iki cyorezo, bikabyohereza muri laboratwari y’igihugu. Gupima ibi bizamini bitwara amasaha hagati y’ane, bikemezwa niba umuntu arwaye Coronavirus cyangwa ntayo nk’uko Dr. Mazarati yabisobanuye mu kiganiro yagiranyye na RBA.

Dr. Mazarati yasobanuye ko kuva tariki ya 14 Werurwe, ubwo umurwayi wa mbere yemezwaga mu Rwanda, iyi laboratwari imaze kwakira abantu barenga 150, ku munsi yakira abari hagati ya 20 na 30, muri rusange abapimwe bose ni 1200.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje kuri uyu wa 19 Werurwe mu masaha y’umugoroba ko nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye. Yari inkuru nziza ku Banyarwanda bari bamaze iminsi bumva amatangazo avuga ku bwiyongere bw’abarwayi b’iki cyorezo mu gihugu cyabo.

Abatuye igihugu barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yatanzwe n’inzego zibishinzwe, agamije gukumira iki cyorezo.

Ibimenyetso byacyo nk’umuriro n’inkorora nabyo byaravuzwe, ababifite basabwa guhamagara nimero itishyurwa ya 114 kugira ngo bafashwe cyangwa se bakagana abajyanama b’ubuzima babegereye.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Rwanda: Abarenga 1200 bakekwaho Coronavirus ni bo bamaze gupimwa
    Gusa harikintu maze kuvumbura ebwo hasohokaga inkuru yuko umurwayi wa mbere yabonetse abantu bagize ubwoba bumvishe ko babaye7 bamwe bati byakomeye twirinde bumvise ko babaye 11buri wese yumvise ko noneho nta mikino akaza ingamba zo kwirinda gusa aho bumviye ko ntawurongera kugaragara Hari abatangiye kwirara ngo Icyorezo cya Corona-19 cyasubiye iwabo…nyamara ataribyo… dukurikize inama tugirwa na minisiteri yubuzima.

  2. Rwanda: Abarenga 1200 bakekwaho Coronavirus ni bo bamaze gupimwa
    Gusa harikintu maze kuvumbura ebwo hasohokaga inkuru yuko umurwayi wa mbere yabonetse abantu bagize ubwoba bumvishe ko babaye7 bamwe bati byakomeye twirinde bumvise ko babaye 11buri wese yumvise ko noneho nta mikino akaza ingamba zo kwirinda gusa aho bumviye ko ntawurongera kugaragara Hari abatangiye kwirara ngo Icyorezo cya Corona-19 cyasubiye iwabo…nyamara ataribyo… dukurikize inama tugirwa na minisiteri yubuzima.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *